• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro

Rayon Sports yatsinze AS Kigali, isanga APR FC ku mukino wa nyuma mu irushanwa ry’Agaciro

Editorial 29 Sep 2018 IMIKINO

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze AS Kigali ibitego 3-1 mu irushanwa Agaciro, mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatanu.

Umukino watangiye usa n’ushaka guhira AS Kigali, kuko ku munota wa 10 umunyazamu Bashunga Abouba wa Rayon Sports yakoreye ikosa kuri rutahizamu w’umurundi Ndarusanze Jean Claude mu rubuga rw’amahina.

Umusifuzi yahise yemeza penaliti ya AS Kigali, yinjizwa neza n’uyu Ndarusanze bita Lamba Lamba.

Rayon Sports itacitse intege yabonye igitego cyo kwishyura ku munota wa 42 ubwo Rutanga Eric yacomekeraga umupira Bimenyimana Bonfils Caleb atsindira Rayon Sports igitego cya mbere, kiba icye cya gatanu mu mikino itandatu iheruka.

Ku munota wa 79 Bimenyimana Bonfils Caleb yatsindiye Rayon igitego cya kabiri ku mupira yahawe na myugariro wo ku ruhande rw’iburyo Iradukunda Eric, wahuraga na AS Kigali yakiniriga mu mwaka ushize w’imikino.

Ku munota wa 90, ku ikosa ryakorewe rutahizamu mushya wa Rayon Sports, Michael Sarpong bita Balloteli, habonetse Coup Franc yinjizwa neza na Nova Bayama wari winjiye mu kibuga asimbuye.

Umukino warangiye Rayon sports ivuye inyuma itsinda AS Kigali ibitego 3-1.

Umukino wa nyuma w’igikombe cy’Agaciro uzahuza APR FC yatsinze Etincelles ibitego 3-0, na Rayon sports ku Cyumweru saa 15:30

Abakinnyi 11 babanje mu kibuga

AS Kigali: Alphonse Nizeyimana, Niyomugabo Jean Claude, Ngandu Omar, Katina Soter (c), Rashid Leo Hakizimana, Ntamuhanga Tumaine Tity, Nsabimana Eric Zidane, Niyonzima Ally, Javier Benedata, Ndarusanze Jean Claude na Kevin Ishimwe.
Umutoza: Eric Nshimiyimana

Rayon Sports: Bashunga Abouba, Rwatubyaye Abdul, Radu Iradukunda Eric, Rutanga Eric, Manzi Thirty (c), Sefu Niyonzima Olivier, Prosper Donkor Kuka, Kevin Muhire, Caleb Bimenyimana Bonfils, Christ Mbondi na Mugisha Gilbert.
Umutoza: Roberto Oliveira.

2018-09-29
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Amavubi yakoreye imyitozo ya mbere kuri Sitade ya Huye, yitegura gukina na Ethiopie mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Amafoto – Amavubi yakoreye imyitozo ya mbere kuri Sitade ya Huye, yitegura gukina na Ethiopie mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Editorial 29 Aug 2022
Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Minisitiri Aurore Mimosa n’umujyi wa Kigali bashimiye AS Kigali yageze mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederations Cup, APR FC yo yasezerewe na US Monastir itsinzwe 3-0

Editorial 19 Sep 2022
Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Guha APR FC igikombe bishobora guhuzwa no kumurikira Perezida Kagame CECAFA

Editorial 24 Aug 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Editorial 26 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye
POLITIKI

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Editorial 25 Feb 2019
Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 12 Apr 2016
Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN
IMIKINO

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Editorial 18 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru