• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Dr Ngabitsinze yatorewe kuyobora PAC, Frank Habineza atorwa muri komisiyo y’Imibereho y’Abaturage

Editorial 10 Oct 2018 POLITIKI

Abadepite batoye abayobozi ba za Komisiyo zihoraho, ari nazo zinyuzwamo ibikorwa bya buri munsi by’umutwe w’abadepite nk’imishinga imwe n’imwe y’amategeko cyangwa ibibazo bikeneye gusuzumwa.

Kuri uyu wa Kabiri hakozwe amatora kuva saa cyenda kugeza saa moya n’igice z’umugoroba, umudepite wiyamamaje agahabwa umwanya akavuga ubushobozi bwe n’umusaruro bagenzi be bamwitegaho baramutse bamutoye.

Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, yasomye kandidatire z’abiyamamaje kuri buri mwanya, uwa Perezida na Visi Perezida wa Komisiyo, bigaragara ko buri mwanya wiyamamajeho umudepite umwe, uretse komisiyo imwe.

Yasobanuye ko uwegukana itsinzi ari uza kugira amajwi ari hejuru ya 40 mu badepite 79 bitabiriye inteko rusange.

Muri Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta (PAC), yayoborwaga muri manda ishize na Nkusi Juvenal wagiye mu kiruhuko, abadepite batoye Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome nawe ukomoka muri PSD, yungirizwa na Depite Mukarugwiza Annonciata.

PAC yakunze kuvugwa cyane kubera gutumiza abayobozi bakisobanura ku micungire mibi y’umutungo ikigaragara mu bigo bitandukanye bya leta na za minisiteri.

Dr Ngabitsinze ufite impamyabumenyi y’ikirenga mu bukungu, yijeje Abadepite ko ijisho rye rizaba riri maso mu kugenzura imikoreshereze y’umutungo “kuko igihugu kitatera imbere imari n’umutungo bidakoreshejwe uko bigomba.”

Ati “Ubusanzwe mu bukungu twiga ubuhanga bwo kubyaza bikeya byinshi, ibyo bike byacu rero tugomba kubirinda mu gusesengura uko bikoreshwa, aho ho mbijeje ko nta mpuhwe nagira hagize ubyangiza.”

Mu zindi komisiyo, Depite Muhongayire Christine yatorewe kuba Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage, yungirizwa na Dr Frank Habineza.

Uyu mugabo ukomoka mu Ishyaka Green Party ryinjiye bwa mbere mu Nteko, aheruka gutsindwa na Sheikh Musa Fazil Harerimana ku mwanya wa Visi Perezida w’Inteko ushinzwe Imari n’Abakozi.

Depite Rwigamba Fidèle ukuze mu myaka y’amavuko (68) kuruta abandi badepite ni we watorewe kuyobora Komisiyo y’Ububanyi n’amahanga, Ubutwererane n’Umutekano; Visi Perezida aba Mukandera Iphigenie.

Depite Kanyamashuri Kameya Janvier yatorewe kuyobora Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n‘Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu iterambere ry‘Igihugu, yungirizwa na Mukabikino Jeanne Henriette.

Muri Komisiyo y‘Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, niho hari abakandida babiri; Munyaneza Omar na Mukabunani Christine ariko ku munota wa nyuma uyu mugore uyobora PS Imberakuri akuramo kandidatire, avuga ko yiyamaje ari umugore agatorwa nka Visi Perezida baba baryamiye umugabo wiyamamaje.

Abadepite bose bahise batora Depite Munyaneza kuba Perezida w’iyi komisiyo naho Visi aba Perezida Tengera Twikirize Fransesca.

Muri Komisiyo y’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, Perezida yabaye Nyirarukundo Ignatienne yungirizwa na Nyirahirwa Veneranda.

Inteko Rusange yanatoye Depite Nyabyenda Damien kuyobora Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco n’Urubyiruko hatowe, yungirizwa na Depite Ndangiza Madina.

Komisiyo y’Ubukungu n‘Ubucuruzi izayoborwa na Munyangeyo Théogène naho Visi Perezida aba Uwamariya Odette.

Muri Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside, abadepite batoye Mukamana Elisabeth naho Visi Perezida ni Depite Karemera Francis.

Muri iyi manda y’Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille ukomoka muri PL ni we Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yungirijwe na Visi Perezida ushinzwe Imari n’Abakozi, Musa Fazil Harerimana (PDI) na Visi Perezida ushinzwe amategeko no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma, Mukabagwiza Edda (FPR Inkotanyi).

2018-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2018
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023
Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Editorial 20 Sep 2023
Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Editorial 14 Nov 2019
RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2018
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023
Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Editorial 20 Sep 2023
Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Editorial 14 Nov 2019
RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

RGB yasohoye icyegeranyo cy’ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2018
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Editorial 10 Sep 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru