• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali

Imyaka 55 y’umubano w’u Rwanda n’u Burusiya bwahagarariwe bwa mbere i Kigali

Ubwanditsi 25 Oct 2018 POLITIKI

Ku wa 30 Kamena 1962, Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete (URSS) zohereje i Kigali ubutumwa bw’ishimwe bunakomoza ku kugirana umubano n’u Rwanda mbere y’umunsi umwe ngo rubone ubwigenge.

URSS yabaye igihugu cya mbere cyafunguye Ambasade i Kigali, ku wa 17 Ukwakira 1963.

Nyuma y’isenyuka rya URSS, Ambasade yayo yakomeje kuba iy’u Burusiya mu Rwanda. Imyaka 55 irashize, ibihugu byombi bibanye kandi neza.

Umubano umaze gushinga imizi wubakiye kuri dipolomasi, igisirikare, guteza imbere uburezi n’ikoranabuhanga mu Rwanda.

Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ambasade y’u Rwanda i Moscow yahagaritse imirimo yayo.

Nyuma yo kubaka inzego n’ubushobozi bw’abazikoreramo, mu 2013 u Rwanda rwongeye kuyifungura. Yari ifite icyicaro mu Budage aho yakoreraga kuva mu 2007.

Rwohereje abadipolomate baruhagararira ari bo Ambasaderi Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc; Colonel Gashaija Emmanuel ushinzwe umubano mu bya Gisirikare n’Umunyamabanga wa mbere, Karagire Francis.

Mu myaka itanu imaze ifunguwe yarushijeho kunoza umubano w’ibihugu byombi mu bya dipolomasi, ubuhahirane, uburezi n’ibindi.

Dipolomasi yaragutse!

Umubano w’ibihugu byombi wagukiye mu ngendo zihuza abayobozi bakuru b’impande zombi.

Mushikiwabo Louise wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yatumiwe na mugenzi we w’u Burusiya i Moscow mu 2015 baganira ku kunoza no kubyaza umusaruro umubano uhuriweho.

Banaganiriye ku myitwarire y’Umucamanza, Theodor Meron, waranzwe no kugabanyiriza ibihano no kurekura abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batarangije ibihano.

Imbere y’abagize Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye, u Rwanda rwanenze imikorere y’Urukiko rushinzwe gusoza imirimo yasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa Arusha (MICT).

U Rwanda rwitabaje u Burusiya nka kimwe mu bihugu biri mu Kanama k’Umutekano ka Loni hamwe n’u Bushinwa, u Bufaransa, u Bwongereza na Amerika.

Muri Kamena 2018, Minisitiri Sergueï Lavrov yasuye u rwa Gasabo, yakirwa na Perezida Paul Kagame i Kigali muri Village Urugwiro.

Umukuru w’Igihugu ku butumire bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yitabiriye umukino wafunguye Igikombe cy’Isi wabereye Luzhniki Stadium i Moscow, wahuje u Burusiya na Arabie Saoudite.

Yakiriwe na Vladimir Vladimirovich Putin w’u Burusiya baganira ku kunoza umubano mu buhahirane, ikoranabuhanga, guteza imbere ishoramari n’ubukerarugendo.

Perezida Kagame aherutse kwakirwa na mugenzi we w’u Burusiya, Vladmir Putin

Ubuhahirane buri ku ntambwe nziza!

Mu bijyanye n’ubuhahirane ibihugu byombi bigira ibiganiro bigamije kubwagura bwangu.

Ambasaderi Mujawamariya n’abadiplomate bafatanya bahura n’abari mu nzego z’ubuyobozi n’iz’abikorera mu Burusiya mu kureshya iri shoramari.

Mu ntangiriro za Ukwakira 2018, Ambassaderi Mujawamariya yahuye na Guverineri w’Intara ya Voronezh, Alexander Gusev baganira ku gushyiraho imikoranire mu ishoramari ry’ubuhinzi bwagutse (agro-industry).

Ibi bizafungura imiryango ku masosiyete akora ibyo bikorwa agashobora kubyagurira mu Rwanda, abahinzi bagasangira ubunararibonye.

Guverineri Gusev yasabye ko hatangira ikusanyamakuru ku bakora mu buhinzi mu ntara ayoboye, agatangira guhererekanywa n’akorera mu Rwanda.

Ibi biganiro byanashibutsemo inzira izafasha u Rwanda kohereza ikawa n’icyayi muri Voronezh na yo ikaruha amavuta y’ibihwagari, isukari n’ibindi.

Ambasaderi Mujawamariya yanashyizwe mu batanze ibiganiro mu Nama igamije ishoramari hagati y’u Burusiya na Afurika (African Business Initiative). Yavuze ko Afurika n’u Rwanda by’umwihariko ariho hari ahazaza h’ishoramari ry’Isi.

Icyo gihe yahamagariye ba rwiyemezamirimo kuhashora imari. Yatangaje ko u Rwanda rworohereje abifuza kurushoramo imari baturutse ahandi.

Minisitiri Lavrov yatangaje ko yaba ibihugu bya Afurika n’u Burusiya bigomba kungukira mu mishinga y’ishoramari hagati y’impande zombi.

Umubano unashingiye ku burezi n’umuco

Ibiganiro byabereye mu Mujyi wa Voronezh byanakomoje ku guteza imbere uburezi n’umuco mu Rwanda.

U Burusiya buri mu bihugu bitanga amahirwe yo kwiga cyane ku banyeshuri kuko uburezi bwateye imbere.

Imibare ya Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya igaragaza ko higa Abanyarwanda bagera ku 120, barimo 75, bigira kuri buruse za Leta n’abiyishyurira.

Uretse umwe ukorera Impamyabumenyi ya PhD, mu bijyanye n’Imibanire, abandi biga amasomo y’Ubuvuzi, Amategeko, Ikoranabuhanga, Ubumenyi bw’Ingufu zitangwa na gaz na peteroli, Ububanyi n’Amahanga, Ubumenyamuntu na Engineering.

U Rwanda rwasabye kongererwa buruse zikagera kuri 70 cyangwa 100 mu mwaka utaha.

Ubwo yashyikirizaga impapuro ze Umukuru w’Igihugu ku wa 2 Kamena 2018, Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karen Chalyan, yahize guteza imbere umubano w’ibihugu byombi no kuwubyaza umusaruro.

Ati “Tuzibanda mu guhugura abantu mu bintu bitandukanye, urugero natanga, uretse buruse dusanzwe dutanga, tugiye kongera uwo mubare duhereye umwaka utaha, twongere umubare w’Abanyarwanda biga mu Burusiya. Dufitanye kandi umubano mu bijyanye n’igisirikare, ubuvuzi na politiki.”

Ambasade y’u Rwanda yanaganiriye n’abari mu nzego z’uburezi cyane zibanda ku bushakashatsi mu bijyanye n’ikoranabuhanga, gukora imiti nkenerwa kwa muganga, ibitaro no kubaka umubano hagati ya Kaminuza zaho n’iy’u Rwanda (UR).

Umubano ushingiye ku burezi uteye imbere kuko hari abashakashatsi mu by’ibinyabuzima bo muri Kaminuza z’u Burusiya baza gukora ubushakashatsi mu ishyamba rya Nyungwe, kuko hari ibimera n’indabo bisigaye gusa mu Rwanda. Bamaze kuza inshuro eshatu.

Ambasaderi Mujawamariya na Colonel Gashaija banasuye Urwego ruhuza Ibigo bikora Ubushakashatsi mu bijyanye n’Ingufu za Nucléaire (Joint Institute for Nuclear Reasearch — JINR).

Bagaragaje ko u Rwanda rwifuza imikoranire binyuze mu mahugurwa n’ubushakashatsi buhuriweho n’inzobere. Mu mpera za 2018 hari Abanyarwanda bazahugurwa.

Mu 2015, Itorero Inganzo Ngali ryitabiriye imurika mpuzamahanga ry’umuco ryabereye i Moscow. Ryasusurukije abaryitabiriye ndetse bifuza ko rihagira igicumbi cyaryo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, aherutse mu Rwanda aho yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame

Ambasaderi Mujawamariya na Colonel Gashaija ubwo basuraga Urwego ruhuza Ibigo bikora Ubushakashatsi mu bijyanye n’Ingufu za Nucléaire

2018-10-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Aya nda Ataye Ku Gasi Igisambo ruharwa Ndagijimana JMV wiyemeje Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi akaba agiye kuzagwa Igihugu igicuri

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026
Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Ubwanditsi 12 Jul 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Major Ernest Nimubona wari umujyanama wambere w’umugaba w’ingabo yaburiwe irengero

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?
Amakuru

Nitutamagana abantu nka Charles Kambanda na Thomas Nahimana, ababacumbikiye ntibazakeka ko twese dutekereza macuri?

Ubwanditsi 13 Jun 2023
Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we
ITOHOZA

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Ubwanditsi 04 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru