• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

RDC: Fayulu yemejwe nk’uzahagararira abatavuga rumwe na leta mu matora ya Perezida

Editorial 12 Nov 2018 ITOHOZA

Amashyaka arindwi atavuga rumwe na leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko Martin Fayulu ari we mukandida rukumbi uzayahararira mu matora ya Perezida.

Fayulu usanzwe ari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC azahangana na Emmanuel Ramazani Shadary watanzwe na Perezida Joseph Kabila.

Uyu mukandida watunguranye cyane ugereranyije n’ibikomerezwa nka Félix Tshisekedi na Vital Kamerhe bari muri ariya mashyaka, yemejwe nyuma y’ibiganiro by’iminsi itatu byayobowe n’Umuryango witiriwe Kofi Annan.

Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI ivuga ko nubwo Fayulu w’imyaka 61 asa n’uwatunguranye, yagiye agaragara kenshi mu bikorwa bigaragaza kudashyigikira Kabila birimo imyigaragambyo yabaye mu 2015 na 2016.

Ubwo amakuru yamaraga gusakara ko ariwe uzahangana na Shadary, bamwe mu bayoboke b’ishyaka UDPS rya Tshisekedi na UNC ya Kamerhe ntibiyumvishaga uburyo yabashije kubahigika.

Jean Pierre Bemba wigeze kuba Visi Perezida wa RDC, yavuze ko bamuhisemo babona abikwiye bityo abayobozi b’amashyaka bafite inshingano yo kubyumvisha abarwanashyaka babo.

Tshisekedi nawe yavuze ko nubwo bizagorana kubyumvisha abayoboke ba UDPS, kuba Fayulu yatoranyijwe ari ibyo kwishimira kuko aribwo bwa mbere abatavuga rumwe na leta bateye intambwe bakunga ubumwe.
Ku ruhande rwe, Fayulu yavuze ko ashimira Imana n’abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na leta bamugiriye icyizere.

Ati “Njye ndi umuvugizi, umuvugizi w’urugamba rwacu rwo guharanira ubwigenge. Abaturage ba Congo bakeneye abayobozi bazitorera bo ubwabo.”

Nyuma yo kwemeza umukandida umwe, abatavuga rumwe na leta bahamya ko ari itangiriro y’urugamba rugamije kugera ku matora akozwe mu mahoro no mu mucyo, hatabayeho gukoresha imashini zibara amajwi zikomeje kwamaganwa.

Amatora ya Perezida muri RDC ateganyijwe ku wa 23 Ukuboza 2018.

2018-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Urukiko rwo muri Espagne rwakatiye Lionel Messi igifungo cy’amezi 21

Editorial 06 Jul 2016
Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Burundi: Nkurunziza mu mayira abiri, ninde ukekwa kuzamusimbura mu matora ya 2020?

Editorial 08 Sep 2019
Karamaga wahishe umurambo wa Uwiringiyimana Agathe yatangiye kurindirwa umutekano

Karamaga wahishe umurambo wa Uwiringiyimana Agathe yatangiye kurindirwa umutekano

Editorial 21 Apr 2017
Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat,  yapfubye hafatiwe  ibikoresho bya gisirikare

Ikinamico : Mu rugo rw’umusirikare ufunze ukekwaho uruhare muri Coup d’Etat, yapfubye hafatiwe ibikoresho bya gisirikare

Editorial 13 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu
Amakuru

Perezida Museveni yasibye tweet ihamagarira ibiganiro mu gihugu cya Ethiopia, yigize umuhuza ibyo icyo gihugu cyahakanye ku manywa y’ihangu

Editorial 16 Nov 2020
Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.
Amakuru

Ngo uwamuha ubushobozi yazitsemba: Ndayishimiye akomeje kwikoma impunzi ziri munkambi ya Mahama.

Editorial 08 Feb 2024
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye Amavubi kwimana u Rwanda mu mukino bafite n’ikipe y’igihugu ya Nigeria
Amakuru

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yasabye Amavubi kwimana u Rwanda mu mukino bafite n’ikipe y’igihugu ya Nigeria

Editorial 21 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru