• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

BK Group PLC yungutse miliyari 19.7Frw mu mezi icyenda ya 2018

Ubwanditsi 01 Dec 2018 UBUKUNGU

BK Group PLC yatangaje ko kugeza ku wa 30 Nzeri 2018, yari imaze kubona inyungu ya miliyari 19.7 Frw, yiyongereyeho 11.1% ugereranyije n’igihe nk’iki mu mwaka ushize.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu ubwo iki kigo cyamurikaga uko ubukungu bwacyo bwari buhagaze mu bihembwe bitatu bya mbere bya 2018.

Kumurika uko ubukungu bwa BK Group Plc buhagaze byahuriranye no kuba yakiriwe ku Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi. Nicyo kigo cya mbere cyo mu Rwanda gitangiye gucuruza imigabane kuri iri soko ryagutse rya Kenya.

Umuyobozi ushinzwe Imari, Nshimiyimana Samuel, yavuze ko uku kwiyongera kw’inyungu kwaturutse ku kwiyongera kw’amafaranga yabikijwe n’inguzanyo zatanzwe.

Ati “Habayeho kwiyongera kw’inguzanyo duha abakiliya bacu ziyongereyeho 10.6% ugereranyije n’igihe nk’iki umwaka ushize, zigera kuri miliyari 500.7Frw. Amafaranga yabikijwe muri Banki nayo yiyongereyeho 3.1% agera kuri miliyari 492.3Frw.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubucuruzi muri BK Group, Gatete Vincent, yavuze ko mu byatumye inguzanyo n’amafaranga yabikijwe byiyongera, harimo kuba bararushijeho kwegera abakiliya baciriritse ndetse n’imbaraga zashyizwe mu koroshya kubona serivisi hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Yakomeje avuga ko nyuma yo gushyiraho uburyo buzwi nka BKQuick, abakiliya bitabiriye gusaba inguzanyo nto bakoresheje telefoni igendanwa kandi bakazibona mu gihe gito.

BK Group Plc ibumbiye hamwe ibigo birimo Banki ya Kigali, BK General Insurance itanga ubwishingizi, BK TecHouse itanga serivisi z’ikoranabuhanga na BK Capital itanga serivisi z’isoko ry’imari n’imigabane.

Umubare w’abakoresha ikoranabuhanga rifasha abahinzi kubona inyongeramusaruro ritangwa na BK TecHouse rizwi nka ‘Smart Nkunganire’ wageze kuri miliyoni 1.5 uvuye kuri miliyoni 1.2 wariho mu mezi atandatu ya mbere ya 2018.

Ni mu gihe ikoranabuhanga ‘Urubuto Education system’ ryifashishwa mu gukurikirana imyitwarire y’umwana ku ishuri ryo rikoreshwa n’abagera ku bihumbi 160.

Kuri BK General Insurance, amafaranga yinjiye mu bafata ubwishingizi yageze kuri miliyari 4.9Frw, bingana n’izamuka rya 66% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Hitezwe inyungu ku gucuruza imigabane i Nairobi

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibikorwa muri BK Group Plc, Rumanyika Désire, yavuze ko uretse kuba bishimira inyungu iki kigo cyabonye, banashimishijwe no kuba bagiye kungukira ku isoko ryagutse rya Kenya.

Yanagaragaje ko intego bari bihaye yo kuzamura imari shingiro ya BK Group PLc haherewe ku isoko ry’imari n’imigabane ry’imbere mu gihugu yagezweho, kuko imigabane yagenewe abasanzwe ari abanyamigabane yose yaguzwe, abayisabye bakarengaho hafi 8% ku migabane ihari.

Ati “Imigabane irenga miliyoni 200 twari twashyize ku isoko yose yaraguzwe, binarengaho; Amafaranga twifuzaga kubona miliyari 60Frw yose yarabonetse. Ibi bigaragaza ko abashoye imari muri BK bayifitiye icyizere, kandi gahunda dufite yo kuzamura BK bayishyigikiye.”

Uretse inyungu yazamutse, umutungo mbumbe wa BK Group Plc wageze kuri miliyari 763.5Frw, iyi akaba ari inyongera ya 5% ugereranyije n’umwaka washize.

Icyicaro gikuru cya BK Group Plc mu Mujyi wa Kigali

2018-12-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Perezida Kagame na Nyusi batanze icyizere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano atanu yasinywe

Ubwanditsi 20 Jul 2018
BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

BNR yemereye amabanki korohereza abayafitiye inguzanyo, inakuraho igiciro cyo guhererekanya amafaranga

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Banki zungutse miliyari 23Frw, ibigo by’imari iciriritse byivana mu bihombo byasigiwe na 2017

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Intsinzi ngari eshanu za Kagame mu by’ubukungu

Ubwanditsi 09 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe
HIRYA NO HINO

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Perezida  VLADIMIR PUTIN  yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri  HILLARY CLINTON.
ITOHOZA

Perezida VLADIMIR PUTIN yagize uruhare mu byavuye mu matora y’Amerika yihimura kuri HILLARY CLINTON.

Ubwanditsi 16 Dec 2016
Ibya RNC bikomeje kuba  agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”
INKURU NYAMUKURU

Ibya RNC bikomeje kuba agatereranzamba, Jean Paul Turayishimye ati “Kayumba vana ibyo aho uvuge aho washyize Ben Rutabana”

Ubwanditsi 31 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru