• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Editorial 01 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Amakuru amaze kumenyekana neza n’uko hari umugabo witwa NYANDWI JEROME ufasha abantu kwaka ubuhunzi aba Helsinki muri FINLAND. Ngo yiyita PASTEUR JEROME NYANDWI, umuntu  wese uvuga neza Leta y’u Rwanda  cyangwa  FPR-Inkotanyi  amwanga urunuka.

Muri iyi minsi yateguye umugambi wo gushinga itorero ngo abone abakristo benshi yitwaje Bishop RUGAGI. Uzasubira muri Finland  tariki ya 21-27 ukuboza 2018, amakuru avuga ko ngo yagiriye inama Rugagi zo kwaka ubuhunzi muri FINLAND. Nkuko nawe yabigenje ngo yagiye kuri Finland 2009, nyuma agaruka mu Rwanda, aza gusubira muri FINLAND amaze gucura umugambi wo gutoroka igihugu no guharabika leta y’u Rwanda.

Impamvu yifuza ko Bishop Rugagi yahunga igihugu ngo n’uko yabonye ko azi gushaka amafaranga mu ba kristu bityo bafatanya umurimo w’Imana [wakilokore] akabona abayoboke benshi  n’amaturo kugirango  abone uko azajya  afasha abarwanya Leta y’u Rwanda.

Ibi ababivuga babishingira ko  Bishop Innocent Rugagi uyobora Itorero Redeemed Gospel Church yaciye amarenga ko ashobora kujya i Burayi gukorerayo umurimo w’ibwirizabutumwa kuko ngo amafaranga yo gukodesha muri Serena Hotel aho itorero rye risengera akomeje kuba ingume mu bakirisito.

Ibi Bishop Innocent Rugagi yabitangaje ku Cyumweru tariki 25 Ugushyingo 2018 imbere y’imbaga y’abayoboke b’itorero rye mu materaniro yabereye muri Serena hotel aho iri torero rikodesha nyuma yo gufungirwa urusengero rutari rwujuje ibisabwa.

Bishop Rugagi yagaragaje ko yamaze kubona ibyangombwa byo gukorera ibwirizabutumwa mu bihugu by’i Burayi yari amaze igihe arindiriye ahishurira abayoboke ko isaha ku isaha ashobora kurira indege akigira i Burayi mu gihe gukorera ibwirizabutumwa mu Rwanda byaba bikomeje kumugora.

Yagize ati: “Narindiriye ibyangombwa by’itorero kugirango twemererwe gukorera i Burayi none namaze kubibona,.….ubu noneho ni ukuvuga ngo bidakunze hano nzurira indege njye ahandi.”

Bishop Rugagi yagaragaje ko gukorera muri Serena Hotel bikomeje kumubera umuzigo uremereye kugeza n’aho atangiye gushidikanya ku rukundo abayoboke b’itorero rye badakunda umurimo w’Imana.

Muri aya materaniro Bishop Rugagi yabajije abayoboke b’itorero rye ati: “Ni ba nde bakunda umurimo w’Imana hano mu Rwanda? (benshi bamanitse amaboko bahamya ko bakunda umurimo w’Imana).

Rugagi yahise ababaza ikindi kibazo kigaragaza ko ashidikanya ku rukundo bakunda umurimo w’Imana ati: “Ni byo koko murakomeje? Mwaba mukunda uyu murimo koko tukabura n’amafaranga yo kwishyura hano (muri hotel)? Mwaba mukunda uyu murimo, pasiteri akampamagara ndi gukorera umurimo hanze akambwira ko amafaranga atuzuye nkayohereza?”

Bishop Rugagi yavuze ko ikiruta ari uko yaguma mu mahanga akajya akorerayo amafaranga yarangiza akayohereza mu Rwanda kuko n’ubundi ngo utwo akorerayo aratwohereza.

Ati: “Nyohereza ndi hanze, n’ubundi se uwagumayo nkakomeza nkayaboherereza? None utwo nkorera ko ntuboherereza n’ubundi nakomeje nkadukorera hariya nkakomeza nkaboherereza ko bajya bambwira ngo ndya amaturo yanyu?”

Mu minsi ishize Bishop Rugagi yari yatangaje ko itorero rye rigiye kwimukira Kimironko ndetse banasengeyeyo inshuro imwe, gusa yagaragaje ko ubuyobozi bwa Leta hari ibyo bwasanze bitaruzura none ubu basubiye gusengera muri Serena.

Yagize ati: “Nibikunda tuzajyayo kuko ntabwo turi hejuru y’amategeko, nibidakunda turaguma hano.”

Redeemed Gospel Church ya Rugagi imaze amezi atari make isengera muri Serena ariko Rugagi yagaragaje ko kwishyura ikiguzi cyo gusengerayo bigenda bibera abakirisito umuzigo uremereye, ari na cyo gishobora gutuma yigira i Burayi akajya aboherereza ayo akorerayo.

Uyu JEROME kandi aravugwaho ubucuti bwihariye  n’umugore wa L.T Mutabazi Joel witwa Groly Kayitesi, nk’uko nawe abyivugira ko  ari inshuti. Uyu Groly Kayitesi niwe Kayumba Nyamwasa akoresha kureshya abayoboke hirya no hino ubu akaba ageze mu ba kristo, bivugwa ko uyu JEROME atagisenga nkambere yagiye mu matiku yirirwa ateranya abantu no kubaryanisha cyane abakongomani bavuga ururimi rwikinyarwanda.

Abanyarwanda baba muri Finland baragira bati “ Uyu mugabo afite imigambi itari myiza  turasaba Embassy y’u Rwanda irihafi aho gukurikiranira hafi ibyiryo torero yafunguye  kuya 14 Ukwakira 2018, akaba afatanije n’undi witwa NYAMUHOBEZA OMBE uzwi mu biganiro bya BBC bakaba babana aho muri Finland”.

Jerome kubamuzi ngo yigeze kuba umusilikari mu ngabo zatsinzwe [ ex.FAR] mu ntambara 1994, akaba yaragiye kuba muri Finland.

Uwaduhaye  aya makuru avuga ko yahageze hagati 2010-2011. kandi akaba na muramu wa Evarister Habiyakare watambutse mu kinyamakuru cya RUSHYASHYA [2016]. JEROME kubantu bamuzi neza ngo yigira mwiza  kandi ntiyigeze yiga ngo arenga muwa 4 mu mashuli abanza.

Turacyari kubatohoreza abo bafatanyije  muri uyu mugambi bashaka kugeraho mugihe kirimbere tuzabaha amakuru hari nabo twavuganye bavugako bazayaduha neza arikobasaba ko amazina yabo yagirwa ibanga.

Twagerageje gushaka Bishop Rugagi ngo tumubaze iby’uyu mukozi w’Imana uba muri Finland, ntitwabasha ku mubona.

2018-12-01
Editorial

IZINDI NKURU

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Editorial 21 Aug 2023
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Editorial 14 Mar 2022
U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Editorial 07 Aug 2018
Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Editorial 12 Mar 2021
Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Editorial 21 Aug 2023
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Editorial 14 Mar 2022
U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Editorial 07 Aug 2018
Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Editorial 12 Mar 2021
Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Umusaza Filip Reyntjens, Soma mbike wa Kinani Yambaye Rasoro yiyemeza Gutagatifuza Abajenosideri

Editorial 21 Aug 2023
Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Menya uburyo Protais Zigiranyirazo yishe Diana Fossey waruzwi nka Nyiramacibiri, MRND ikabeshyera umunyamerika bakoranaga ariwe Wayne Richard McGuire

Editorial 14 Mar 2022
prev
next

9 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    December 1, 201810:45 pm -

    HALI IBINTU YABA YARATOROKANYE??

    kuki yatorotse igihugu??INAMA MAJOR SEZIBERA YABAHAYE
    MWAZIBAGIWE??

    Subiza
    • Sunday
      December 2, 20188:17 pm -

      Mbese ikyo gihugu muvuga ko gitekanye kandi abanyarwanda benshi bakaba bahunga burimunsi nukubera iki? Nyamara kyaba ari igikombe kyigikoma gihora hejuru kandi munda ari umuriro. Igihe ni iki

      Subiza
      • Kalisa
        December 4, 201811:10 am -

        Nta gihugu na kimwe kitabamo abanyabyaha kdi umunyabyaha yirukanka ntawumwirukansa.

        Subiza
  2. UFITABEZA GADI
    December 3, 20182:04 am -

    Njye uwomugabo nsimuzi nezai, impamvu mvuze gutyo nuko umuntu arimugali akunda kuvuga ko yakoraga umurimo wagipastori ADEPR KACYIRU, ibyamashuri simbizi neza kuko akunda kwiyemera nimvugo rimwe narimwe yo kudaca ubugufi(KWIYEMERA NO KWIKAKAZA). Njye yanteranyije ninshuti yanjye yahafi ahimba ibuntu kdi twese atwereka ko ari umuntu mwiza, Hari namakuru numviseko atajyagera murugo rurimo umugabo yumva yategeka urwe nizabandi ndavuga abapfakazi.

    Ibibazo: Ese koko harigihamya igaragara ko Rugagi innocent azaza muri urworusengero rwa NYANDWI JEROME kuri ayo matariki 21.12.2018. bibaye aribyo kaba agahomamunwa pe. Kuko amakuru mfite nuko bose bakomoka muri GITARAMA, intara yamagepfo. Ababagabo nabanyamitwe Leta ibikurikirane pe cg inzego zibishinzwe zihane amakuru.

    2. Kuki Rugagi yavuzeko azigendera kdi wabonaga afite ikizere 100% nkuko video iri kuri YouTube ibigaragaza, babirebe barebe ko haraho bihuriye. Kuko ngo Jerome nawe yabitangarije abahasengera ko agiye gutumira Rugagi nkuko ahaheruka 14.12.2017 nkuko bigaragara kuri YouTube.com yaje muri FINLAND.

    Subiza
  3. CornerStone
    December 5, 20181:19 am -

    Kirizia imwe , batisimu imwe , ukwemera kumwe, Imana imwe…
    Kiliziya n’imwe itunganye Gatolika, abandi barabeshya

    Subiza
  4. Mugabowindekwe
    December 5, 20187:53 am -

    Mbega ishyano!
    Koko pe abanyarwanda urwango nishyari birabokamye? Mbese ko numva ko ngo muri Finilandi abantu bose bafashwa bakabaho neza, ni kuki batanyurwa ngo babeho mu mahoro? Ubwo abo bose bahagurutse kubera ko uwo mu pasitoro atumiye Bishop ngo azaze avungurire ku batuye i Bwotamasimbi bimwe mu birebana nagakiza kabonerwa muri Yezu Kirisito?
    Numvise ko Bishop ubwo aheruka muri biriya bihugu ko hari abantu benshi bagiye bava muli kilometero zirenga 1 000 bagamije kujya mu materaniro ayoboye. Abo nabajije bavuzeko ngo hari nabafashe indege bakemera bakamukurikira mu bihugu aho yagiye avuga ubutumwa bwiza nka Finilandi, Suwede, Ububiligi, Ubufaransa, Ubudage, Ubuholandi. Izo ntama zari zikinyotewe no kumva ijambo Imana yari yamutumye.
    Uwo mu pasitoro Jerome, abamuzi muri Finland bavuga ko ntako atagira ngo ahurize abantu mu nsengero mu masengesho. Ngo akunze no kwitabazwa mu mihango yo gusabira no gushyingira abashaka kubana bya gikirisito. Ngo yagiye anagaragara kenshi mu bikorwa byo guhuza abavuga ikinyarwanda muri Sikandinaviya. None ni gute izo nyangabirama zahagurutswa no kwanduza izina rye hamwe na Bishop?
    Bantu mutuye Finilandi, baca umugani ngo: Inkoni ikubise mukeba uyirenza urugo. Nimudahaguruka ngo mushyire hamwe mwamagane izo za Sekibi zishaka kubiba inzangano namacakubiri mu bantu bavuga i kinyarwanda, muzaba muri korora…… Ngo agapfa kaburiwe ni impongo

    Subiza
    • Mugabo Peter
      December 5, 20189:46 pm -

      Reka nkubaze? Ibyo utubwiye bikuraho ko Jerome atahunze igihugu? Ikindi bikurako ko ataryamanye na Kayitesi ko nawe abyivugira! Ikiyongeraho nonese kutaba muri Finland tubwiwe niki ko utari inshuti no Kwa JEROME, uramutatse sinakubeshya. Rugagi ubwe yarabyivugiye ko agiye kwigendera! Jerome nawe asohora ifoto yokubyamamaza kdi nanjye yarayimpaye ko yatumiye Rugagi bikuraho ko batacuze umugambi woguhunga igihugu? Usome inkuru neza iravuga iti: Impamvu Jerome yabonye ko Rugagi innocent azigukorera amafaranga, ikindi waduha urugero rwabo yashyingiye hano cg yasabiye? Ikindi iyo uvuga ngo: yagiye ahuza abavuga ururimi rwikinyarwanda ubushaka kuvuga iki? Abakomani cg abanyarwanda hano tugira RCFF iduhagarariye. Uko bigaragara wowe hari byinshi utazi byinaha Finland kumugani wuwazanye agaterme ati: NTAMAKURU UFITE ? Irijambo rihatse byinshi koko mubirekere inzego zibishinzwe zikore akazi kazo. Twe turiguta umwanya.

      Subiza
  5. Mugabowindekwe
    December 6, 20186:53 pm -

    Mugabo afite ibibazo byinshi bigoye kubonera ibisubizo nubwo bidakomeye.

    Muri Finilandi numva ko hatuye ngo abandi bavuga ikinyarwanda benshi. None muri bo nta mhunzi zirimo? Ese ubundi imhunzi ni iki? Guhunga bivuga kurwanya ubutegetsi?. Mugabo, uramutse inzara ikwishe cyangwa aho wari utuye hakaba ibiza ukahimuka ukahava ukajya mu kindi gihugu, cyangwase uramutse ugiye gushaka akazi mu kindi gihugu, cyangwa ugiye kwiga mu kindi gihugu waba uhemutse?

    None ko muri kino gihe isi yose iri kugenda yugurura amarembo ndetse na Nyiricubahiro perezida w u Rwanda akaba akora ubutaruhuka ngo amarembo afunguke hirya no hino, uwo mu pasitoro ntibyashoboka ko yimukira muri Finilandi cyangwa ahandi agiye gukora yo imirimo itandukanye? Uwo muryango nyarwanda uvuga sinywuzi ariko nzabaza neza numve niba uwo mu pasitoro hari ukuntu yaba atawurimo. Abaye atarimo nashishikariza abawuyobora gushaka uburyo bakamwegera mu buryo bwihuse kuko ubwo muheruka ku Kacyru nabonaga afite ingabire yo guhuza abantu.

    Naho ivyo uvuga kuri uwo mucyenyezi wigorewe vyo ntacyo nabivugako kuko niba uvuga ko abyivugira ubwe byaba bimeze nka bimwe vy umwe muri ba bantu bajyaga bita abatwa. Ngo igihe kimwe umuntu wimfura yaje kugera kuri uwo mutwa kandi iyo mfura yari ishonje cyane. Noneho uwo mutwa afungurira iyo mpfura ariko bumvikana ko umutwa atazabivuga. Nyuma rero haciye igihe wa mutwa yaje guhura na ya mfura bari mu bantu benshi noneho baraganira. Haciye akanya wa mutwa araterura ati: abantu baravuga ngo twe abatwa tugira ivuzivuzi. Ati ariko baratubeshyera. Ati ubu se ko nagufunguriye byamenye nde? Abivuga cyane abantu benshi bumva. Abaraho bose barambyumva bararebana barumirwa. Bwana Mugabo, sinzi imyaka ufite, ariko wigeze ubona ahantu umugore afungurira umugabo noneho nyuma uwo mugore akajyenda ariwe ubibwira abantu bose ko yafunguriye uwo mugabo?

    Naho rero ibyo wibaza kuri Bishop nabyo byagorana kubisubiza kuko tutari mu bitecyerezo bye. Bwana Mugabo, Bishop yaba afite umugambi nkuwo uri kumutwerera akajya kubitanganza imbere yabakirisito nabanyamakuru? Avuze se ko ashobora kuzajya gukorera mu mahanga byaba bivuga ko ari bibi?
    Ntabwo wumva ko ivugabutumwa rigomba gukwira isi yose? Niba Bishop ajya i Bwotamasimbi ngo abantu bakava mu birometero byinshi bikoreye amajerekani yamazi baza ngo abasabire umugisha, wowe wumva ibyo bintu ahubwo nubuyobozi bwacu butakagombye gushyigikira Bishop akabona uburyo ajya ku delivra abo bavandimwe? Amahoro yimana kuri mwese.
    Mugabo, wazasabye abashinzwe iby imari nubukungu hano mu Rwanda, bakakubwira amafaranga yinjira buri mwaka mu Rwanda yoherejwe nabantu bavuga ikinyarwanda batuye mu mahanga cyangwa atanzwe n abasore n inkumi baza gukoreshereza amakwe buri mwaka mu Rwanda. Ntabwo wumva ko iyo abantu batuye mumahanga bakoze bakohereza amafaranga mu Rwanda nabyo bigirira akamaro igihugu cyacu? Haei na bamwe baza mu ishoramari. Reka nkureke hano internet iraduhenda cyane ariko nizere ko uzaca akenge.
    Cyakora na ranginza mvuga ngo: Ibyo mwifuza ko abandi babagirira namwe mube aribyo mubagirira.

    Subiza
  6. Bihibindi John
    March 12, 20192:39 pm -

    Ntibikabeho ko Umupasiteri ahunga igihugu kubera ko gukorera mu Rwanda byamunaniye. Itorero si business. Leta niborohereze bagume bakorere mu Rwatubyaye. Umubyeyi wacu Kagame navuganire itorero ry’Imana kuko nzi neza ko ari Imana yamushyize ku buyobozi bw’igihugu cy’u Rwanda. Hari abapasiteri bamaze iminsi batotezwa n’inzego z’ibanze bazira kuvuga Imana ari nta kindi cyaha bakoze. Baratotezwa bagaceceka nabireba bikambabaza.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru