• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunsi hagize uwibeshya akatwishoraho, ntabwo azasubira aho yaturutse – Kagame

Umunsi hagize uwibeshya akatwishoraho, ntabwo azasubira aho yaturutse – Kagame

Ubwanditsi 12 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Kagame yavuze ko abifuriza u Rwanda nabi badateze kubigeraho, ashimangira ko Ingabo z’u Rwanda zidashotorana ariko uwazishoraho bitamuhira.

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yabigarutseho kuri uyu wa Kabiri mu kiganiro yahaye abasirikare, nyuma yo gusoza imyitozo Ingabo zigize Diviziyo ya gatatu ikorera mu Burengerazuba bw’u Rwanda zari zimazemo amezi atatu, mu kigo cy’imyitozo cya Gabiro.

Yabanje kubashimira ku gihe bamaze bitoza, avuga ko umurimo wabo ari ingenzi kuko batuma abaturage bagira umutekano, mu ijoro bagasinzira ku manywa bagakora, abahinzi bakeza, abatunze bakagwiza n’abakora indi mirimo bakunguka.

Yavuze ko bitewe n’aho igihe kigeze, ubutwari n’ubwitange biba bidahagije, haba hagomba kongerwaho ubumenyi buganisha ku kunoza umwuga wabo. Yakomeje avuga ko ashingiye ku bumenyi Ingabo z’u Rwanda zigaragaza, abarwifuriza ikibi ntaho barukura.

Ati “Ntaho bafite barukura, iyo ibyo bintu bitatu bihuye, iby’ubutwari, ubwitange n’ubushake, ntabwo tugomba kujya kubitira ahandi, biri muri kamere yacu. Ariko ibyo kumenya, iby’ibikoresho muri ubwo bumenyi, byo hari ubwo bigomba gushakwa ahandi.”

Yabwiye abasirikare ko impamvu yifuje kubashimira, ari uko inshingano zo kurinda abanyarwanda zibasaba byinshi birenze ibyo bahabwa nk’ibikoresho no guhembwa, ariko ntibibabuze gukora ako kazi gasaba ubwitange budasanzwe.

Yashimangiye ko Ingabo z’u Rwanda nta cyazinanira igihe ibitekerezo n’imico ari bizima.

Yakomeje agira ati “Nk’ibi mujya mwumva hirya no hino, bizarangirira mu byifuzo gusa. Bakavuga ngo u Rwanda uwaduha ngo rugende gutya… ajye agenda araguze, asenge, akore ibyo ashatse akomeze yifurize u Rwanda nabi, ariko umunsi hagize uwibeshya akatwishoraho, ntabwo azasubira aho yaturutse! Ntabwo byakunda. Tuzamugumana hano yaba muzima, yaba atari muzima, niko byagenda.”

“Icyiza mu mico yacu nanone, nta mpamvu, nta bushake, ntabwo dushotorana, ntabwo Ingabo zacu zibereyeho gushotora. Ndetse n’abadututse, n’abatwanduranyijeho, iyo bitaragira umurongo birenga, turabihorera. Ariko nibwira ko hari aho ibintu byagera cyane cyane iyo byagusanze iwawe, ntabwo wabyihorera. Ibizadusanga hano rero ntabwo tuzabyihorera.”

Yavuze ko umwuga w’igisirikare usaba guhora bitegura, ariko imyiteguro ya mbere ari abantu kuko ibikoresho byo ushobora kubishaka ahandi, ariko “abantu n’imico yabo n’imikorere, ntabwo ubigura.”

Muri icyo kiganiro Perezida Kagame yanifurije abasirikare Noheli Nziza, umwaka mushya muhire wa 2019 n’ubuzima bwiza muri rusange.

 

Perezida Kagame yashimiye Ingabo z’u Rwanda, avuga ko akazi kazo gatuma abanyarwanda bakora batuje

 

Perezida Kagame yari akikijwe n’abasirikare ubwo yabagezagaho ikiganiro kuri uyu wa Kabiri

 

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba, ateze amatwi ubutumwa bwa Perezida Kagame

 

Perezida Kagame yanifurije abasirikare Noheli Nziza, umwaka mushya muhire wa 2019 n’ubuzima bwiza muri rusange

 

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Ingabo z’u Rwanda zidashotorana

 

Perezida Kagame yavuze ko nihagira uwibeshya akishora ku Rwanda, atazasubira aho yaturutse

 

Perezida Paul Kagame aganira n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba

 

Perezida Kagame yari yambaye impuzankano ya gisirikare

 

Perezida Kagame mu mwambaro w’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda

 

Imbunda nini nazo zifashishijwe mu kugaragaza ubushobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ku rugamba

 

Ibifaru na za burende byakoreshejwe ku munsi wo gusoza imyitozo yari imaze amezi atatu

 

Iyi ni imwre mu ntwaro yifashishwaga mu gushyira hasi ibirindiro by’umwanzi

 

Perezida Kagame yavuze ko aho ibikoresho bikenewe bishakwa, bityo n’abantu bagomba guhora bihugura

 

Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje ubuhanga mu gukoresha imbunda nto n’inini

 

Ingabo z’u Rwanda zakoze imyitozo, haremwa urugamba rwifashishijwemo imbunda nto n’inini

Amafoto: Village Urugwiro

2018-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Guhera kuri RDR kugera kuri DALFA-Umurinzi: Impamvu Victoire Ingabire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 26 Jul 2025
#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

Ubwanditsi 01 Mar 2018
Imyigaragambyo i Bujumbura n’Uko Museveni yapanze ko  UBurundi bugomba gupfa akabigereka k’u Rwanda

Imyigaragambyo i Bujumbura n’Uko Museveni yapanze ko  UBurundi bugomba gupfa akabigereka k’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018

6 Ibitekerezo

  1. Sunday
    December 12, 20182:55 pm -

    Nababwiyeko gutsinda Intambara ari siyasa. Izamurasa ninto naho ibyongibyo nizabaringa. Kumenyako ari igipfu kitagira ubwenge, intwaro bazereka umwanzi. Turimbere turinze komand maze tumufate arimuzima.

    Subiza
  2. katsinono
    December 12, 20183:47 pm -

    Uzakuvuga nabi azasara. Azasama habure ubumba iminwa ye.Umunyarwanda yise umwana we ngo
    ” NDABERETSE”.

    Yego rwego. Kuri buri bwoko bw’imbunda byibuze tugireho 4 cyangwa zirenga. Ariko kuri buri bwoko!!!!!!!!!!!!.

    MUBYEYI Wanjye, Abafaransa barashe Jari ndababara. Agahinda nzakamarwa no kumenya ko Ubwoko bw’imbunda barashishaga bene Mama za Hwitz 105 ko tuzifite ndetse n’ubundi bwoko buzirushije nkamenya ko tubufite.

    Ntimuzibagirwe na za MIRU rwose n’ubwo akamaro kazo ka mbere atari ako kurasa abantu ariko zagize akamaro.

    Subiza
    • Sunday
      December 12, 20187:47 pm -

      Izo zose ntanimwe muzakoresha kuko igihe cyakagome cyarangiye. Abafite ubwenge muhunge Mufate utwangushe.

      Subiza
      • nkunda
        December 13, 20187:11 am -

        Ibyo umaze imyaka 15 ubivuga mbese kuva yajya kubuyobozi watangiye kuvuga ngo muhunge niba mugeze he simbizi?

        Subiza
  3. Inkotanyi cyane
    December 12, 201810:09 pm -

    Aliko iyi nsega ngo ni sunday yayobewe veritas info cg le prophète ? Urakoriki kuli rushyashya wa kintazi we cyikizongwe, niko sha 17.07.1994 wanganagiki ? Uzi ingabo za Charly zurukankana FAR gisenyi zambuka goma ? Nalingimbi Aliko byatumye ntababara igihe nashyinguraga bene wacu. Harabaye ntihakabe, jye ndi veteran aliko mwibeshye, nzata umugore nabana nsange abandi. Nzasaba 2weeks refraicher course , ubundi sniper akongera akaba we. Rimwe rijyana umutwe …

    Subiza
    • Sunday
      December 13, 20186:01 pm -

      Umva mwabicucu Mwe. Komwaduteye kubirindiro byacu tukanabakubita tukabageza iyomwavuye ejobundi komutavuze kubintu twabatesheje mubirindiro byanyu kurirubavu? Ushako ko nashiraho amafoto yibyotwatesheje mwiruka muvamubirindiro byanyu? Ariko kandi ntakizadusubiza inyuma kumpamvu ko turimunda. Ndamenyesha ingabo zanyu dukorana bihangane barinde komand

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa
IMIKINO

CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

Ubwanditsi 24 Jan 2016
Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ibyo dukora byose bishoboka iyo dufite umutekano- Perezida Kagame

Ubwanditsi 18 Apr 2019
Min. W’Intebe W’u Buhinde, Narendra Modi Yunamiye Inzirakarengane Zishyinguye Mu Rwibutso Rwa Kigali
HIRYA NO HINO

Min. W’Intebe W’u Buhinde, Narendra Modi Yunamiye Inzirakarengane Zishyinguye Mu Rwibutso Rwa Kigali

Ubwanditsi 24 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru