• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Kigali: Impunzi z’Abarundi zibutse ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 na 12 Ukuboza 2015

Ubwanditsi 12 Dec 2018 HIRYA NO HINO

Impunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda guhera kuri uyu wa  Mbere ushize11 Ukuboza zatangiye igikorwa cyo kwibuka ubwicanyi bwabereye I Bujumbura kuwa 11 no kuwa 12 Ukuboza 2015.

Ni muri urwo rwego izi mpunzi zateguye ibikorwa bitandukanye bya siporo nk’imikino y’umupira w’amaguru yahuje impunzi zo mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali.

Nk’uko bitangazwa na komite yateguye iki gikorwa, ngo cyari mu rwego rwo kwibuka abantu bose bishwe cyangwa baburiwe irengero ku matariki 11 na 12 Ukuboza 2015 mu murwa mukuru w’u Burundi, Bujumbura.

Uwari umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi icyo gihe, Col Gaspard Baratuza, yatangaje kko hishwe inyeshyamba 87 zari zagabye ibitero ku bigo bya gisirikare mu murwa mukuru n’ikindi kiri muri Ntara ya Bujumbura Rural.

Nyamara, abarokotse ubu bwicanyi n’imiryango y’abapfuye bo bavuga ko icyo gihe hishwe abantu basaga 200.

Umwe mu barokotse ubu bwicanyi yagize ati: “Itariki 11 na 12 Ukuboza kuri njye ni amatariki y’umukara. Natawe muri yombi njyanwa ku biro bya serivisi z’ubutasi z’igihugu (SNR). Nashinjwe kugira uruhare mu gatsiko k’inyeshyamba ntanazi.”Uyu yongeyeho ko yabonye ibibi byose byo kw’isi kandi yiboneye inshuti ze zisaga icumi zicirwa aho bari bafungiye.

Chairman wa komite y’impunzi z’Abarundi mu Rwanda, Patrice Ntadohoka, yavuze ku bwicanyi bwakozwe n’inzego z’umutekano z’u Burundi zibukurera abasore bagize uruhare mu myigaragambyo yamaganaga manda ya gatatu ya Perezida Nkurunziza.

Patrice Ntadohoka ukuriye impunzi z’Abarundi mu Rwanda

Ntadohoka akaba ashinja izi nzego z’umutekano kuba zarishe insoresore nyinshi by’umwihariko muri Musaga, Nyakabiga, Jabe na Cibitoke.

Iyi komite y’impunzi n’abarookotse bakaba basaba ubutabera ndetse bagasaba ko abayobozi bashyigikiye ibi bikorwa bahanwa hakurikijwe amategeko.

Umuhango wo gusoza iki gikorwa cyo kwibuka wabereye I Remera kuri uyu wa kabiri muri misa yabereye muri Centre Christus.

2018-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Ubwanditsi 28 Mar 2020
FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF

FARDC iratangaza ko ari yonyine mu rugamba rugamije kurandura burundu ADF

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Umunyarwandakazi Shaddy Yashyize Hanze Ifoto ari Kumwe na Diamond Mucyumba yavanyemo Umwenda

Umunyarwandakazi Shaddy Yashyize Hanze Ifoto ari Kumwe na Diamond Mucyumba yavanyemo Umwenda

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyagatare : Ikindi gisasu cyaturikanye umuntu kiramwica
Mu Mahanga

Nyagatare : Ikindi gisasu cyaturikanye umuntu kiramwica

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro
IMIKINO

Daddy Birori waguzwe akayabo na Al Ahly Tripoli yerekanywe ku mugaragaro

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi
Mu Mahanga

Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi

Ubwanditsi 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru