• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abasenateri bane (4) b’Amerika bandikiye Umunyamabanga wa leta yabo Mike Pompeo bamusaba ko yasubiramo iby’imibanire muri diplomatie na leta ya Uganda kubera byinshi ishinjwa,harimo kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, gufunga uburenganzira muri politiki ndetse no gukoresha intwaro z’Amerika mu guhonyora uburenganzira bwa muntu muri Uganda ndetse no mu bihugu bituranyi.

Abasenateri 4 aribo: Edward J. Markey, Cory A. Booker, Christopher A. Coons  na Robert Menendez banditse bagaragaza impungenge zabo zirimo kuba leta ya Uganda irimo  gufashwa na Korea y’amajyaruguru , igikorwa kibangamira ibihano UN yafatiye icyo gihugu.

Bagaruka k’umvururu zabaye mu matora y’umukuru w’igihugu muri 2016 aho bavuga ko leta yahohoteye abagande cyane cyane abatavuga rumwe na leta,nkuko na raporo n’ibiro by’umunyamabanga wa leta y’Amerika yabigaragaje muri raporo yayo yasohotse uyu mwaka.

Muri 2016, uwahoze ari umunyamabanga ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Amerika, John Kerry, yabwiye Perezida Museveni ko ababajwe n’ihohotera ryakorewe abatavuga rumwe nawe mu matora yabaye muri icyo gihugu.

Kizza Besigye, umuyobizi ukomeye utavuga rumwe na Museveni yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano bamusanze ku cyicaro cy’ishyaka rye i Kampala. Byatumye havuka ko imvururu hagati y’abashinzwe umutekano n’abayoboke ba Besigye.

Amerika yavuze ko ibikorwa bya polisi bituma haba amakenga ku bushake bwa leta ya Uganda bwo gutegura amatora yagirirwa icyizere.

Abo basenateri bagaruka ku bikorwa bibangamira uburenganzira bwa muntu cyane cyane ihohoterwa ry’abanyamakuru, Iryo hohoterwa bakarikorerwa na polisi; abayobozi bayo, abandi bashinzwe umutekano ndetse na komisiyo ya Uganda ishinzwe itumanaho n’ikigo cya Uganda gishinzwe kugena amategeko n’amabwiriza ajyanye n’iby’itumanaho(Government Broadcasting Regulator).

Abanyamakuru muri Uganda bigaragambya

Muri Kamena 2015, ishami ridasanzwe rya polisi rishinzwe iperereza ryafunze umukozi ushinzwe itumanaho wa USAID muri Uganda, aregwa gushyira ku mbuga nkoranyambaga inyandiko zinenga Perezida Museveni.

Abasenateri basoza basaba leta yabo ko hashyirwaho ibihano kuri Uganda kugirango yikubite agashyi ku bibazo biyivugwaho cyane cyane guhonyora uburenganzira bwa muntu. Ibyo bihano birimo guhagarikirwa inyungu Uganda ikura mu masezerano ‘African Growth and Opportunity Act”, gukurirwaho amahugurwa mu bya gisirikare ndetse n’igurishwa ry’intwaro z’Amerika kuri Uganda.

2018-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Muri RNC ibintu bikomeje kujya irudubi, Jean Paul Turayishimiye wari Umuvugizi yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 27 Oct 2019
Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima

Nyamagabe: Abataramenyekana batwitse imodoka eshatu, abantu babiri bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Ubwanditsi 09 Feb 2020
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 04 Sep 2019

3 Ibitekerezo

  1. Sunday
    December 18, 201810:16 am -

    Rubbish

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    December 18, 20186:40 pm -

    Abanyamerika ni abo kunenga ku mugaragaro! Banenga ibihugu bimwe mu gihe bashyikira abakora amabi nkayo banenga! Saudi Arabia yafashije Yemen kwica abaturage. Uganda yateye Urwanda (01/10/1994) ifashwa n’Amerika. Ariko iyo Russia ifashe Crime biba icyaha! Niki Uganda yakoze kidakorwa mu Burundi cyanga mu Rwanda? Ugereranyije ibyo bihugu uko ari bitatu, Uganda niyo ipfa guhanyanyaza mu kubahiriza ikiremwamuntu. Mu buganda nibura ushobora kwigaragambya, mu Burundi wemerewe kuvuga ubwoko bwawe. Nonese ibyo wabikora mu Rwanda ukarara? USA rero nijye ikoma urusyo ikome n’ingasire!

    Subiza
    • Sunday
      December 24, 20187:34 pm -

      Ngwino nguhe noheri yawe hano doreko uvuze neza

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 01 May 2025
Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.
Amakuru

Igihangange muri Ruhago Maradona yitabye Imana.

Ubwanditsi 25 Nov 2020
Umwe mu bapfakajwe na FLN ya Paul Rusesabagina arashima ingabo z’Igihugu zagaruye umutekano muri Nyaruguru
Amakuru

Umwe mu bapfakajwe na FLN ya Paul Rusesabagina arashima ingabo z’Igihugu zagaruye umutekano muri Nyaruguru

Ubwanditsi 21 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru