• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Guverinoma y’u Rwanda iramagana umugambi wo gufungura Col Simba Aloys adasoje igihano

Ubwanditsi 22 Dec 2018 POLITIKI

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye mu buryo bukomeye ifungurwa igihe kitageze rya Col Simba Aloys wari warahamijwe ibyaha bya jenoside, iby’ibasiye inyokomuntu n’itsembatsemba n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) agakatirwa igifungo cy’imyaka 25 ariko bikaba bivugwa ko yaba yenda gufungurwa. Guverinoma y’u Rwanda ikavuga ko agomba gukora igihano cye cyose muri gereza.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma y’u Rwanda , ngo mu nama yabaye hagati ya Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye n’Umucamanza, Theodor Meron, Perezida w’urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zitarangijwe na TPIR, kuwa 14 Ukuboza 2018 Guverinoma y’u Rwanda nibwo yamenye ko uyu mucamanza yaba ateganya gufungura Simba Aloys.

Iki gikorwa kidakwiye cya Meron ngo kikaba kije mu gihe u Rwanda rwakomeje kucyamagana ndetse hatitawe ku ngaruka z’ifungurwa rya Simba ku barokotse ibyaha bye, kuba ataricujije no kuba yaranze gufatanya n’abayobozi.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko mu gihe Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije mu 1994, Aloys Simba yahinduye ahantu hari hakwiye kuba ubuhungiro akahagira ibagiro ry’abantu. Nko kuri Paruwasi ya Kaduha, ngo yahaye abicanyi intwaro gakondo, imbunda na za grenades arangije abategeka gukuraho umwanda.

Simba kandi yahaye intwaro abicanyi bari bagose Ishuri rya tekiniki rya Murambi abategeka kwica ibihumbi by’abasivili b’Abatutsi bari bahahungiye.

Usibye no kuba hari abashaka kumurekura igihano cye kitarangiye, iri tangazo rikomeza rivuga ko umuntu yanibaza niba kwica ku bushake abantu basaga 1000 ubwabyo bikwiye iki gihano cy’imyaka 25 y’igifungo. Umucamanza Meron ariko ngo arasanga kumufungura yari ashigaje imyaka 8 y’igifungo ntacyo bitwaye.

Nubwo umucamanza Meron ateganya kurekura Simba ariko akagira ibyo yubahiriza nko kudahakana jenoside, Guverinoma y’u Rwanda irasanga uru rwego rwasimbuye TPIR rukwiye ahubwo kumwohereza mu Rwanda ngo harebwe ko ibyo bintu asabwa kuzubahiriza azabyubahiriza ndetse no gukomeza inzira yo kumusubiza mu buzima busanzwe nk’uko byagenze ku bandi batabarika mu Rwanda.

Ku Buyobozi bw’umucamanza Theodor Meron, ngo u Rwanda n’Isi byagiye bireba uyu mucamanza ahindura ibihano, agabanya ibihano ndetse anafungura abanyabyaha igihe kirekire mbere y’uko basoza ibihano bahawe, bigasa nk’aho uyu yishyiriyeho ubutabera bwe n’amategeko ye aho usanga arekura abantu barangije 2/3 by’ibihano bahawe guverinoma igasanga ubu atari ubutabera.

Muri iri tangazo rirerire Guverinoma y’u Rwanda irasaba uzasimbura umucamanza Meron kujya agendera ku mategeko n’ukuri mu gihe hari gusuzumwa ifungurwa mburagihe kandi igasanga adakwiye gutesha agaciro ibyagezweho n’inkiko nyuma y’iperereza rirerire n’igihe kirekire cy’imanza.

Iri tangazo risoza rivuga ko ahazaza, Umuryango w’Abibumbye, ibihugu biwugize n’abemeye ibyavuye mu nkiko bagomba kumva ko imyitwarire ya Meron ibangamiye ubutabera mpuzamahanga.

Aloys Simba yavutse kuwa 28 Ukuboza 1938 avukira mu yahoze ari Komini Musebeya, mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, kuri ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo. Yari Lt. Col. mu gisirikare cy’u Rwanda (EX-FAR) ariko akaba yari yaragisezeyemo.

Yize mu ishuri rya gisirikare ry’u Rwanda, ayobora imitwe myinshi ya gisirikare hagati y’1963 n’1967, ndetse yanarwananye na Mobutu Sese Seko muri Zaire. Mu 1973, Aloys Simba ni umwe mu bari bagize agatsiko kiyise ‘Les Camarades du 5 Juillet‘ kagejeje Juvenal habyarima ku butegetsi nyuma yo guhirika Gregoire Kayibanda.

Mu rubanza rwe muri TPIR mu ukuboza 2005, hagaragajwe ko Simba Aloys muri jenoside yari afite ububasha ku gisirikare, ku bajandarume, Interahamwe n’abaturage bo muri Gikongoro muri rusange no mu bice bimwe bya Butare guhera muri Mata kugeza muri Kamena 1994.

2018-12-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ethiopia igiye kwemeza burundu amasezerano y’isoko rusange yasinyiwe i Kigali

Ubwanditsi 20 May 2018
Ubushinwa : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’aba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika

Ubushinwa : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’aba ambasaderi b’ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 18 Mar 2017
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025
Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Ubwanditsi 11 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda hatangijwe umukino w’imodoka nto uzwi nka ‘Karting’ (Video)
IMIKINO

Mu Rwanda hatangijwe umukino w’imodoka nto uzwi nka ‘Karting’ (Video)

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Rutsiro na Karongi  : Abanyamuryango ba FPR basaga  ibihumbi 600,  bakiriye  Umukandida wabo Paul Kagame
Mu Rwanda

Rutsiro na Karongi : Abanyamuryango ba FPR basaga ibihumbi 600, bakiriye Umukandida wabo Paul Kagame

Ubwanditsi 27 Jul 2017
Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo
INKURU NYAMUKURU

Inyandiko zidasinye ‘tract’ zisebya ubutegetsi buriho mu Rwanda zasanzwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru