• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Agahinda k’abandi Banyarwanda babiri bashimutiwe muri Uganda

Ubwanditsi 28 Jan 2019 ITOHOZA

Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda Abanyarwanda babiri barimo Potien Kayihura, umuturage wo mu Mudugudu wa Gahunga mu Kagari Gafumba ho mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, wari utunzwe no guhinga no kwikorera imizigo muri Uganda ariko akaza gutungurwa no gutabwa muri yombi ashinjwa kutagira ibyangombwa.

Kayihura w’imyaka 53 y’amavuko, ufite abana icyenda n’umugore, avuga ko yari asanzwe ajya muri Uganda buri gitondo agendeye ku ndangamuntu y’u Rwanda agakora akazi ke nimugoraba agataha ariko ku wa 15 Mutarama 2018 atungurwa no gutabwa muri yombi bamubwira ko nta byangombwa afite.

Agira ati “Icyo gihe nari narayeyo, ngiye kumva numva mu gitondo abapolisi barakomanze ngo nimbyuke tugende nta byangombwa mfite.”

Avuga ko bahise bamutwara kuri Sitasiyo ya Polisi y’ahitwa Nyarusizi mu Karere ka Kisoro, “maramo iminsi ibiri nta kurya hanyuma bantwara ku rukiko ku munsi wa gatatu nko mu masaa kumi n’imwe z’umugoroba.”

Akomeza avuga ko ubwo yageraga ku rukiko yahasanze abandi Banyarwanda babarirwa muri 50, bose ngo babakatira igihano cy’igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ariko udashaka gufungwa agatanga ihazabu ya miliyoni n’igice y’amashilingi ya Uganda (UGSH 1,500,000), ahwanye n’ibihumbi 366 by’amanyarwanda (365,505 Frw).

Ati “Njewe kimwe na bamwe muri bagenzi banjye kubera ko ntayo twari dufite twaragiye turafungwa tumarayo umwaka.”

Hagendewe ku mategeko ya Uganda, Kayihura yamaze muri gereza amezi 12 aho kuba 18, dore ko yafunguwe ku wa 26 Mutarama 2019.

Uretse kwicishwa inzara, avuga ko mu ihohoterwa yakorewe harimo gukoreshwa imirimo y’uburetwa irimo kwikorera amabuye n’ibiti birengeje ubushobozi bwe ubwo babaga babatwaye mu masoko y’ubwubatsi y’inzego z’umutekano za Uganda.

Agirati “No muri gereza batwicishaga inzara, bagira ngo baduhaye ibiryo bakaduha akawunga kaboze karimo ibisimba.”

Avuga bigaragara ko asa n’unaniwe, Kayihura yavuze ko iyo mirimo y’ubucakara babakoreshaga yabananiraga babakubitaga.

Ati “Dore ubu sinshobora kuzamura akaboko, ndetse no kuryama bisaba ko banterura amaguru banyuriza ku buriri.”

Uyu muturage asaba Leta y’u Rwanda gukora ubuvugizi kugira ngo Abanyarwanda bajya muri Uganda be guhohoterwa kandi abaturage ba Uganda baza mu Rwanda bafatwa neza.

Ati “Nk’uko Abanya uganda baza mu Rwanda bagendera ku karangamuntu ntihagire ubakoraho, Leta y’u Rwanda yari ikwiye kutuvuganira umuturage wambutse afite indangamuntu ntagahohoterwe muri Uganda.”

Avuga ko bisa n’ibimaze kuba akamenyero ko Abanyarwanda bambuka muri Uganda bafatwa bagafungwa hagamijwe ahanini kubakuramo amafaranga “kuko ufite amafaranga baramurekura akagenda utayafite agafungwa.”

Akomeza agira ati “Bitwaza ibyangombwa ariko n’ufite akajeto (agapapuro baha uwinjiye by’igihe gito) akereka umupolisi akakamucira mu maso.”

Kayihura yashyikirijwe u Rwanda ari kumwe na Emmanuel Tuyiringire w’imyaka 25, wari umaze ibyumweru bitatu afungiye muri Gereza ya Kisoro.

Tuyiringire avuga ko bafatwa bari abantu 16 barimo Abanyarwanda 12 n’abanye Congo Kinshasa bane.

Uyu we yamaze muri Gereza Kisoro icyumweru n’igice arekurwa na we ku wa 26 Mutarama 2019 nyuma yo gukatirwa igifungo cy’umwaka cyangwa ihazabu y’ibihumbi 600 by’amashilingi ya Uganda (UGSH600,000) ahwanye n’ibihumbi 150FRW. agahitamo kwishyura ihazabu aho gufungwa.

Bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri gusa, undi Munyarwanda witwa Moses Ishimwe Rutare, w’imyaka 33, ashimutiwe ahitwa Bugolobi muri Kampala n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda (CMI).

Si ubwa mbere Uganda ivugwaho guhohotera Abanyarwanda bajyayo kuko mu myaka ibiri ishize humvikanye abandi benshi bagiye bakorerwa iyicarubozo ku buryo bataha bagendera mu tugare tw’abamugaye.

Nko ku wa 13 Ukwakira 2018, Polisi ya Uganda yashyikirije iy’u Rwanda umucuruzi witwa Patrick Niyigena w’imyaka 38, wari washimutiwe muri icyo gihugu akarekurwa nyuma y’icyumweru agendera mu kagare k’abamugaye kubera iyicarubozo yavugaga ko yakorewe n’inzego z’umutekano za Uganda.

Muri Mutarama umwaka ushize na bwo, undi mucuruzi witwa Emmanuel Rwemayire, na we yashyikirijwe Polisi y’u Rwanda nyuma y’ibyumweru bitatu ngo yari amaze akorerwa iyicarubozo n’inzego z’umutekano za Uganda. Rwemayire, na we yatashye agendera mu kagare k’abamugaye.

Ni mu gihe mu Kuboza 2017, Polisi ya Uganda yari yashyikirije iy’u Rwanda abandi Banyarwanda batanu barimo uwitwa Jesicca Muhongerwa, Vanessa Agasaro, Fred Turatsinze, Dianah Kamikazi na Hurbert Munyangaju biganjemo abakoraga mu nzu zitunganya imisatsi ndetse n’abahinzi borozi.

Uko ari batanu batashye bavuga ko barekuwe nyuma yo gufungirwa ahantu hatandukanye bakorerwa iyicarubozo, ndetse bakanirukanwa amaramasa kandi bari bafite imitungo muri icyo guhugu.

Muri uko kwezi (Ukuboza 2017) Umunyarwanda Fidele Gatsinzi wari wagiye muri Uganda yitwaye mu modoka ye yagarutse mu kagare k’abamugaye Polisi ya Uganda imushyikiriza iy’u Rwanda.

Gatsinzi na we yagarutse avuga ko yari amaze amezi abiri azengurutswa mu bigo bitandukanye bya gisirikare akorerwa iyicarubozo.

Src : KT

2019-01-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

B’ Ambasaderi bavuyeho nabi kurusha abandi

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Umunyarwanda akurikiranyweho kubeshya inzego za Amerika asaba ubuhungiro

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Perezida Kagame  yageze  i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Perezida Kagame yageze i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Ubwanditsi 07 Jun 2017
DONALD TRUMP  abaye Perezida wambere urahiriye  gutegeka Amerika adakunzwe

DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

Ubwanditsi 24 Jan 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Musengimana Jean Claude Ruhango Mbuye Rugarama
    January 28, 20197:24 pm -

    Ibi Birakazepe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”
Amakuru

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025
Umukandida Perezida muri Uganda ariyama Abanyarwanda n’Abatanzania
Mu Rwanda

Umukandida Perezida muri Uganda ariyama Abanyarwanda n’Abatanzania

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha
Mu Rwanda

Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 01 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru