• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Rwanda : Uruganda “Master Steel Limited” Rwiyemeje Kugeza Ku Banyarwanda Ibikoresho By’ubwubatsi Biramba [ VIDEO ]

Ubwanditsi 08 Feb 2019 UBUKUNGU

Uruganda Master Steel Limited ruherereye mu murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali rukora ibikoresho bitandukanye by’ubwubatsi kandi bifite ubuziranenge birimo amabati, ibyuma, amatiyo n’ibindi bigezweho.

Kuva rwatangira imirimo mu mwaka wa 2007, ubu rurakora amabati meza mu gusakara yiganje mu bwoko bubiri; harimo ayo bita asanzwe ariyo [Garvanized iron sheet na Aluminium] n’ayitwa ayamabara [ Pre-paint iron sheet ] hakabamo ay’ubwoko butatu nka ‘Super cover’ akoreshwa cyane cyane ku nyubako z’amashuri n’insengero, ‘evertile’ ari mu ishusho y’amategura yifashishwa mu gukora igisenge kigezweho kandi gikomeye na ‘Ondulée’ , Tubes utasanga ahandi. Imisumali ndetse n’ibyuma bikora igisenge, amaferabeto n’ubundi bwoko bw’ibikoresho by’ubwubatsi bitandukanye.

Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi no kwamamaza mu ruganda Master Steel Limited,  Constantin RUGABA, yatangarije Rushyashya ko  intego nyamukuru bafite ari kuba uruganda rw’ikitegererezo mu gihugu ndetse no mu karere kose mu gukora ibikoresho by’ubwubatsi byiza, byujuje ubuziranenge kandi biramba ari nako batanga service inoze kubaguzi babo.

Ati :“ kugeza ubu dufite abahagarariye uruganda mu gihugu cyose aho byoroshye kubona ibikoresho byacu kandi bakaguhera ku giciro cyiza.

Umwihariko dufite ni uko ibikoresho byacu bizwiho ubuziranenge ndetse bikaba bijyanye n’iterambere ry’igihugu cyacu.

Duhaza isoko ry’uRwanda, tukanagera hanze mu bihugu duturanye aribyo RDC n’UBURUNDI, dufite intego yo kwagura ibyo dukora mu minsi iri imbere,”. [ VIDEO ]

Yatangaje ko Master Steel Limited, ifite akarusho kuko itwaza umukiriya ibikoresho kugera aho bigomba kugera. Uru ruganda ni igisubizo ku banyarwanda baganaga mu mahanga bajya gushakayo ibikoresho by’ubwubatsi kuko uru ruganda rwahawe Certificate ya ISO, ishimangira Ubwiza, Ubukomere n’Uburambe.

Twakwibutsa ko Uruganda Master Steel Ltd rukora ibikoresho byose by’ubwubatsi, binyuranye birimo  amabati, ibyuma bikora imiryango, ibikora igisenge, amatiyo , insinga, imisumari n’ibindi..

Ibyo uruganda rwifashisha mu gucura ibi bikoresho bikomoka ku byuma bitumizwa mu Butaliyani, Esipanye, Turukiya ndetse no mu Bushinwa. Iyi sosiyete ikaba ikoresha abantu basaga 220 bahoraho kandi bafite ubwishingizi.

Uruganda rukoresha imashini ahanini za otomatike. Kuri ubu, isoko rya Master Steel Ltd, riri kurwego rw’abikorera ndetse n’ibigo bya Leta.

Mu rwego rwo kugurisha mu mahanga, rwohereza ibicuruzwa muri Repubulika iharanira Demokarasia Congo hifashishijwe amato bityo igice cyinini cya Congo cyikabona ibikoresho biturutse muri depo iri muri Rubavu/Gisenyi.

Ikicaro cy’Uruganda Master Steel Ltd, i Gahanga mu Karere ka Kicukiro

Kuva muri 2015 uruganda  Master Steel Ltd, rurakorera mu nyubako zarwo nshyashya muri Gahanga mu Karere ka  Kicukiro, aho rwubatse ku buso bungana na hegitari16. Uru ruganda rushyashya rufite amashami 5, zikora 24/24h, ibicuruzwa bisaga 25 bikomoka ku byuma. Kubindi bisobanuro wahamagara telephone igendanwa 0788334444, cyangwa ugasura, urubuga rwabo rwa Internet [ ukanda hano]  urubuga rwa Internet rwa Master Steel Ltd

2019-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse kuri 6.7% mu gihembwe cya kabiri cya 2018

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Uburengerazuba: Abibumbiye mu makoperative beretswe inyungu iri mu kwizigamira muri ‘‘Ejo Heza’’

Ubwanditsi 17 Dec 2019
“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

“Amafuti n’amakosa by’Abayobozi, nibyo byatumye umujyi wa Huye umara igihe warabaye amatongo”- Perezida Kagame [ VIDEO

Ubwanditsi 26 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi
Mu Rwanda

Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Nubwo Leta itaramenyeshwa gahunda y’itabarizwa rya Kigeli, hari icyo yiteguye gukora.
Mu Mahanga

Nubwo Leta itaramenyeshwa gahunda y’itabarizwa rya Kigeli, hari icyo yiteguye gukora.

Ubwanditsi 18 Oct 2016
Umuhanzi Mico The Best yasabye umukunzi we Clarisse kubana akaramata, nawe amubwira yego
Amakuru

Umuhanzi Mico The Best yasabye umukunzi we Clarisse kubana akaramata, nawe amubwira yego

Ubwanditsi 05 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru