• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Ubu koko n’ikibazo cy’ubwiherero na cyo tugombe kugitegerezaho abaterankunga? – Perezida Kagame

“Ubu koko n’ikibazo cy’ubwiherero na cyo tugombe kugitegerezaho abaterankunga? – Perezida Kagame

Ubwanditsi 26 Feb 2019 INKURU NYAMUKURU

Mu ruzinduko yagiriye mu Karereka Nyamagabe kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, umukuru w’igihugu yibukije abaturage ko nubwo hari ibyo bakeneye bisaba amikoro, hari n’ibindi bakwikorera ubwabo badategereje ubibakorera aturutse kure.

Ahereye ku rugero rw’isuku, yagize ati “Gusukura iwawe, umuharuro wawe, na byo bishaka inkunga iturutse hanze? Kugira ngo ahari amazi ukarabe, cyangwa uyameseshe, cyangwa uyateke unywe amazi meza, ibyo na byo tubitegerezaho inkunga? Kuri ibyo tudategerezaho inkunga, tuba dukwiriye kubikora, twibwirije, nta muntu utwibutsa.”

KT, yatangaje ko Perezida Kagame yanakebuye abirirwa bicaye badakora ababwira ko bakwiye guhindura iyo myumvire kuko iterambere ritazabizanira.

Ati “Niba hari abacyifashe mu mifuka birirwa ku mihanda babara imodoka zihise ntacyo bakora, na byo ni ukubigabanya, umuntu akabyuka mu gitondo yaraye atekereje icyo akora.”

Perezida Kagame yasabye abayobozi n’abaturage gufatanya bagashyiraho akabo kugira ngo barangize impamvu zibagumisha mu bukene.

Umukuru w’igihugu yakomoje no ku bibazo by’imirire mibi no kugwingira byavuzweho avuga ko na byo bidakwiye.

Ati “Ntawifuza ko abantu bacu bahera mu kugwingira. Rimwe na rimwe abana bacu bagwingizwa n’uburangare, bitari uko ibyajyaga kubafasha byabuze. Icyo gihe abayobozi bakwiye kubigiramo uruhare runini rwo kwigisha abaturage, no kubakurikirana, no kubereka ibibari hafi bishobora gukoreshwa kugira ngo bibafashe.”

Mu bindi umukuru w’igihugu asanga abantu bakwiye kwikemurira birimo ikibazo cy’ubwiherero.

Ati “Ubu koko n’ikibazo cy’ubwiherero na cyo tugombe kugitegerezaho abaterankunga? Abaterankunga bazatugaburira nibarangiza badukurikirane bajye kudushakira aho twiherera? Kuki icyo cyaba ikibazo gihoraho?”

Perezida Kagame yabwiye abaturage ba Nyamagabe ko ibikeneye guhinduka bigomba guhera no mu mutwe, mu mitekerereze.

Ati “Iyo abantu batekereza neza, iyo abayobozi n’abaturage batekerereje hamwe neza gushaka umuti w’ibibazo bahura na byo biroroha. Ntabwo iteka ari ibintu bikwiye guturuka ahandi, ibyinshi bikwiye kuba bituruka muri twebwe.”


2019-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Kigali: Abagabo babiri bafunzwe bakurikiranyweho guteza imvururu n’uburiganya mu itorero

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Nibarize Ingabire Victoire

Nibarize Ingabire Victoire

Ubwanditsi 21 Sep 2018
Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Ubwanditsi 15 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA
ITOHOZA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 03 Apr 2020
AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania
Amakuru

AMAFOTO – APR FC yatangiye neza CECAFA Kagame Cup itsinda Singida Big Stars yo muri Tanzania

Ubwanditsi 09 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru