• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

RwandAir igeze i Tel Aviv gatatu mu cyumweru

Ubwanditsi 29 May 2019 UBUKERARUGENDO

Ikigo cy’igihugu cy’indege, RwandAir, cyatangaje ko guhera ku wa 25 Kamena kizatangira ingendo zihuza Kigali n’umujyi wa Tel Aviv nta handi indege ihagaze, uyu ukaba ari umujyi w’ubukungu n’ikoranabuhanga wa Israël.

Mu itangazo RwandAir yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri, yatangaje ko izatangirana ingendo eshatu mu cyumweru, ni ukuvuga ku wa Kabiri, ku wa Kane no ku wa Gatandatu, zizajya zikorwa na Boeing 737-800NG ifite imyanya 16 yiyubashye na 138 iringaniye. Izajya igwa ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Ben Gurion.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo yagize ati “Kongera Tel Aviv ku ngendo zacu biri mu ntego dufite z’igihe kirekire zo guhuza u Rwanda n’Isi muri rusange. Tel Aviv ni hamwe mu hantu hakomeye ku Isi mu ikoranabuhanga kandi twifuza gutwara abakora ingendo z’ubucuruzi cyangwa nyobokamana ku butaka butagatifu,”

Yakomeje avuga ko ari n’amahirwe akomeye yo kurushaho koroshya ingendo ku bagenzi baturuka cyangwa bajya hirya no hino aho RwandAir ikorera ingendo no gushimangira umubano mwiza hagati hagati y’u Rwanda na Israël.

Amatike yatangiye gucuruzwa unyuze ku rubuga rwa RwandAir, ibiro biyacuruza cyangwa ibindi bifasha mu by’ingendo.

Izi ngendo zitangijwe mu gihe umubano hagati y’u Rwanda na Israel uhagaze neza, nyuma yuko ku wa 1 Mata uyu mwaka Leta ya Israël yafunguye Ambasade yayo mu Rwanda, ihagira Ambasaderi wa mbere utuye i Kigali kuva mu myaka 50 ishize.

Tel Aviv izaba ari icyerekezo cya 29 cya RwandAir n’icya kabiri igize mu Burasirazuba bwo hagati nyuma ya Dubai.

Ku wa 17 Mata nibwo RwandAir yatangije ingendo zigana i Kinshasa. Biteganywa ko uyu mwaka uzarangira RwandAir yerekeje i Addis Ababa muri Ethiopia na Luanda muri Angola, ingendo ziziyongera ku rwa Guangzhou ruzatangira ku wa 18 Kamena 2019.

RwandAir kandi iteganya ku mugabane wa Amerika ihereye mu mujyi wa New York.

2019-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

U Rwanda na Cap-Vert byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu by’indege

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Ubwanditsi 27 Aug 2023
Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yagabanyije ibiciro byo gusura Ingagi

Ubwanditsi 28 Sep 2018
Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Musanze : Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina Ingagi 19

Ubwanditsi 01 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mobile Police Station Van yasuye abaturage ba Rweru mu Bugesera
Mu Mahanga

Mobile Police Station Van yasuye abaturage ba Rweru mu Bugesera

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Arsenal yirukanye Unai Emery
IMIKINO

Arsenal yirukanye Unai Emery

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame
INKURU NYAMUKURU

Kisangani :“Twatsinze Uganda inshuro eshatu”-Kagame

Ubwanditsi 01 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru