• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Ubwanditsi 02 Jun 2019 HIRYA NO HINO, IMIKINO

Liverpool yegukanye igikombe cy’u Burayi nyuma y’imyaka 14 nyuma yo gutsinda Tottenham ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League wabaye kuri uyu wa Gatandatu ibitego 2-0, yegukana iri rushanwa ku nshuro ya gatandatu.

Ni ku nshuro ya kabiri umukino wa nyuma w’iri rushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku i Burayi wari wongeye guhuriraho amakipe yo mu Bwongereza nyuma y’uwahuje Manchester United na Chelsea mu 2008.

Liverpool yaherukaga gutsindirwa ku mukino wa nyuma mu nshuro ebyiri ziheruka zirimo iya 2007 na 2018, yari yagaruye rutahizamu wayo w’Umunya-Brésil, Firmino, mu gihe Tottenham yakinaga umukino wa nyuma w’iri rushanwa ku nshuro ya mbere mu mateka yayo, na yo yari yagaruye Harry Kane wavunikiye ku mukino ubanza yahuyemo na Manchester City muri ¼.

Abafana ba Liverpool batangiye kubyina intsinzi hakiri dore ko amasegonda 36 yari ahagije ngo batangire kumwenyura ubwo Moussa Sissoko yakoreshwaga umupira na Sadio Mané mu rubuga rw’amahina, umusifuzi Damir Skomina agatanga penaliti yinjijwe na Mohamed Salah ku munota wa kabiri w’umukino.

Tottenham nta gihambaye yeretse abafana basaga ibihumbi 63 bari Estadio Wanda Metropolitano yo mu Mujyi wa Madrid kuko yarushijwe bigaragara na Liverpool kuva umukino utangiye kugeza urangiye n’ubwo amakipe yombi atakinnye umukino ushimishije.

Uretse amashoti yatewe na Moussa Sissoko na Eriksen, yombi agaca hejuru kure y’izamu, nta bundi buryo bugaragara Tottenham yabonye mu gice cya mbere mu gihe Liverpool yagerageje amashoti arimo irya Trent Alexander-Arnold n’irindi rikomeye ryatewe na Robertson, Hugo Lloris akarikuramo.

Habura iminota itatu ngo umukino urangire, Divock Origi yatsindiye Liverpool igitego cya kabiri ku mupira yahawe na Joel Matip mu rubuga rw’amahina, atera umunyezamu Hugo Lloris mu rundi ruhande, ujya mu izamu.

Dele Alli, Heung-Min Son na Christian Eriksen bagerageje uburyo butandukanye bugana mu izamu rya Liverpool, ariko umunyezamu Alisson Becker ababera ibamba.

Liverpool yahise igeza ibikombe bitandatu bya UEFA Champions League ikuba kabiri Manchester United imaze gutwara bitatu mu Bwongereza mu gihe Jürgen Klopp yabaye umutoza wa kane w’iyi kipe wegukanye iri rushanwa nyuma ya Bob Paisley, Joe Fagan na Rafael Benitez.

Tottenham yabaye ikipe ya gatandatu igeze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League ku nshuro ya mbere ikanahatsindirwa, inyuma ya Chelsea 2008, Arsenal 2006, Monaco 2004, Bayer Leverkusen 2002 na Valencia 2000.

Ni ku nshuro ya mbere hakinwe umukino wa nyuma wa UEFA Champions League ntihatangwemo ikarita n’imwe mu gihe igitego cya Mohamed Salah (01:48) cyabaye icya kabiri kinjiye hakiri kare ku mukino wa nyuma, inyuma y’icyatsinzwe na Paolo Maldini ku isegonda rya 50, ubwo Milan AC yakinaga na Liverpool mu 2005.

Salah yabaye kandi umukinnyi wa gatanu ukomoka muri Afurika, ubashije gutsinda ku mukino wa nyuma, atera ikirenge mu cya Rabah Madjer, Samuel Eto’o, Didier Drogba na Sadio Mané.

Wanda Metropolitano yakiriye uyu mukino mu Mujyi wa Madrid muri Espagne

Umukino wabanjirijwe no kwibuka Jose Antonio Reyes wakiniye Arsenal na Seville, witabye Imana kuri uyu wa Gatandatu azize impanuka y’imodoka

Umutoza wa Tottenham Mauricio Pochettino

Moussa Sissoko yakoze umupira ku isegonda rya 36

Skomina yafashe icyemezo cyo gutanga penaliti hakiri kare

Sala yatsinze penaliti ku munota wa kabiri

Jordan Henderson na Mo Salah bishimira igitego cya mbere cya Liverpool

Alisson akuramo ishoti ryatewe na Eriksen

Divock Origi atsinda igitego cya kabiri

Hugo Lloris ntiyabashije kugera ku mupira wa Origi

Lucas Moura na Dany Rose ntibabyumvaga

Kari agahinda ku bakinnyi ba Tottenham

Harry Kane n’ikipe ye batsindiwe ku mukino wa nyuma

Jordan Henderson yahobeye umutoza we arira kubera ibyishimo

Liverpool yongeye kwegukana UEFA Champions League yaherukaga mu 2005.
Src : IGIHE

2019-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Areruya Joseph na Team Rwanda bongeye kwakirwa nk’intwari nyuma yo kwegukana Tour de l’Espoir

Ubwanditsi 06 Feb 2018
APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ubwanditsi 19 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruhango: Uwarokotse Jenoside yasanze grenade ku muryango iwe nyuma y’iminsi ahasanze umusaraba
ITOHOZA

Ruhango: Uwarokotse Jenoside yasanze grenade ku muryango iwe nyuma y’iminsi ahasanze umusaraba

Ubwanditsi 10 Apr 2018
URwanda rurasaba abaturage bwarwo  guhagarika kujya ahantu hari icyorezo cya Ebola
INKURU NYAMUKURU

URwanda rurasaba abaturage bwarwo  guhagarika kujya ahantu hari icyorezo cya Ebola

Ubwanditsi 01 Aug 2019
Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat
Amakuru

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru