• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Ubwanditsi 19 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Nyuma y’impuha z’abakwirakwiza ko indwara ya Ebola imaze guhitana benshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaba yageze mu Rwanda; Ministiri Diane Gashumba yatanze ihumure anasaba abanyarwanda kwirinda ibihuha by’abavuga ko Ebola yaba yageze mu Rwanda, ari nako bakomeza gufata ingamba zo kuyirwanya.

Ubu butumwa Minisitiri Gashumba yabutanze kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Nyakanga 2019 ubwo yari mu Kigo cy’Urubyiruko cya Maison de Jeunes mu Murenge wa Kimisagara, mu birori byo kwizihiza imyaka 15 ya gahunda ya Perezida wa Amerika mu kurwanya Sida imaze itangijwe mu Rwanda. Yongeye no kumvikana kuri Radio na Television by’igihugu anyomoza ibyo bihuha.

Ministiri yasobanuye ko hari umudamu wambutse ajya muri Uganda agiye gucuruza amafi ajya kurema isoko arangije avayo ajya muri Congo yitaba Imana.

Ministiri yavuze ko icyo kinyamakuru (Reuters) cyatangaje ko ngo uwo mubyeyi yaba yaragiye i Gisenyi kuremayo isoko ariko ntibagaragaze neza aho hantu; amakuru yanavugurujwe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ushinzwe ubuzima (OMS/WHO).

Ikinyamakuru Reuters cyashingiye ku makuru atizewe yaturutse muri Uganda (ndlr: turacyatohoza abari inyuma y’icyo gihuha muri leta ya Uganda) aza gutangazwa nta bimenyetso ndetse n’amakuru ahagije, ariko bikaza gukurwa ku mbuga byari byacishijwemo mu mwanya muto.

U Rwanda rumaze kugera kure mu ngamba zo gukumira icyorezo cya Ebola harimo abaganga bahuguwe, abapolisi, ingabo n’abajyanama b’ubuzima bagera kuri 23000, ndetse hashyizweho ikigo gishobora kwakira abantu baramuka bagaragaweho Ebola.

Kuva virusi ya Ebola yavumburwa mu 1976, iyi ndwara yagaritse ingogo muri Afurika y’Iburengerazuba hagati ya 2014–2016 kuko yahitanye abantu basaga ibihumbi 11 muri Liberia, Guinea na Sierra Leone abandi ibihumbi barayivurwa.

Icyorezo cya Ebola cyatangiye kumvikana mu duce tugize Kivu y’Amajyaruguru muri Kanama 2018.

2019-07-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Abandi banyarwanda babiri bavuye muri kasho za CMI, i Mbuya muri Kampala baraburira abandi kudahirahira ngo bajye Uganda

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Ubwanditsi 22 Oct 2020
Nyuma yo gutera abanyarwanda za Grenade, Kayumba Nyamwasa akomeje kuvugwa mu bikorwa by’ubugizibwa nabi no gushimuta abantu Kampala

Nyuma yo gutera abanyarwanda za Grenade, Kayumba Nyamwasa akomeje kuvugwa mu bikorwa by’ubugizibwa nabi no gushimuta abantu Kampala

Ubwanditsi 25 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse
Mu Rwanda

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Ubwanditsi 27 Jan 2018
Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yigobotoye Musanze FC bigoranye ica kuri APR FC

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Diamond Platnumz yatunguwe no guhamagarwa na Perezida Magufuli ari mu kiganiro
Mu Rwanda

Diamond Platnumz yatunguwe no guhamagarwa na Perezida Magufuli ari mu kiganiro

Ubwanditsi 14 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru