• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri

Impamvu ibitekerezo bya Rudasingwa bihabanye n’ukuri

Ubwanditsi 01 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Dr Rudasingwa Théogene uri mu mutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda ku wa 31 Nyakanga 2019 yatambukije igitekerezo muri ChimpReports kivuga ngo ‘Kagame ntiyari gufata ubutegetsi iyo adahabwa ubufasha na Museveni.’

Igitekerezo cye nta shingiro gifite ndetse si ukuri. Nta shingiro kuko nta buryo bwo kugenzura ibyo avuga, ni ikinyoma kandi kuko amateka amunyomoza. Mu by’ukuri ibi bihabanye n’ukuri.

Abanyarwanda benshi babize icyuya ndetse bamena amaraso yabo mu rugamba rwo kubohora Uganda.

Mu gihe cyo kubaka igisirikare cya Uganda, National Resistant Army (NRA), impunzi z’Abanyarwanda zari inkingi ikomeye.

Nyamara nyuma y’intsinzi ya NRA, Abanyarwanda ntibadamarariye muri Uganda ndetse ngo bashake guhabwa icyubahiro cyangwa ibihembo by’intambara batsinze, batashye mu rugo.

Abanyarwanda bagiye mu rugo mu Rwanda ndetse ntibigeze basubirayo na rimwe.

Mu by’ukuri hari inkuru zitandukanye zigaragaza ko Abanya-Uganda bakurikiye Abanyarwanda ndetse nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu bagerageza gushaka no guhumba ibyo kurya ku butaka bw’u Rwanda ariko barakumirwa.

Nta Munya-Uganda waguye mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Si inshuro nke abaturage ba Uganda bamenyereye ko abofisiye ba Uganda, baba abakiri mu kazi n’abashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru bavugira mu ruhame ku burenganzira bwabo bwo kwigwizaho imitungo, mu buryo bunyuranye n’amategeko kubera imbaraga zabo mu ntambara yabaye mu myaka 50 ishize.

Ibi ntibitangaje kuba umuntu nka Rudasingwa yakwandika ibi. Impirimbanyi zaharaniye amahoro zambwiye ko muri izo ntambara zombi uwo mugabo atigeze ahakandagiza ikirenge.

Ntiyari umunyamuryango w’Ishyaka rya Perezida Museveni, NRM [National Resistance Movement] ndetse ntiyigeze agira uruhare mu rugamba rwo mu ishyamba muri Uganda.

Ubwo Abanyarwanda bafataga icyemezo cyo kujya kubohora igihugu cyabo, uwo mugabo ntaho yagaragaraga kuko atashoboraga guhara amagara ngo yitangire igihugu nk’izindi ndwanyi z’ukuri.

Abanyarwanda ntibashinjwa ubutindi mu gihe nta gikorwa kigeze gikorerwa abaturage ba Uganda baba n’abashakira ubuzima mu Rwanda nk’uburyo bwo kwihorera ku bikorwa byo guta muri yombi n’iyicarubozo Guverinoma ya Uganda ikorera Abanyarwanda.

Bitandukanye n’umuturanyi wabo, nta mwanzi wa Uganda wigeze ahabwa ubuhungiro mu Rwanda nkuko ya mvugo ibigaragaza ko nta nkota bacuriye kurwanya Uganda yigeze ityarizwa ku butaka bw’u Rwanda.

Mu nkuru irimo kuyobya cyane, hari amazina menshi y’Abanyarwanda bashinjwa kurenganywa na Guverinoma y’u Rwanda ariko nta Munya-Uganda n’umwe rutoki ubarizwa kuri urwo rutonde.

Byerekana agasuzuguro k’umwimerere aho umwanditsi avuga ku bitutsi biva ku bantu ku giti cyabo bigamije guharabika abategetsi ba Uganda ariko akirengagiza nkana iyicarubozo ry’inkazi n’amakuba yo kwamburwa imitungo Abanyarwanda bahurira nay o mu biganza by’ibigo byo muri Uganda birimo Polisi y’Igihugu n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda (CMI).

Inshuro nyinshi, umwanditsi yakoresheje uburyo budahwitse bwo gushaka kwikuraho ibintu akabitwerera uwo agamije guharabika.

Nyuma y’ifungwa ry’umupaka, abayobozi ba Uganda bakunze kumvikana bashyira mu majwi, bananenga isoko ry’u Rwanda n’Abanyarwanda.

Nyamara nta muyobozi w’u Rwanda wigeze wumvikana avuga nabi Uganda. Ku rundi ruhande ahubwo abayobozi b’u Rwanda bagaragaje umuhate wo gukorana na bagenzi babo mu gushyira iherezo ku ihohoterwa rikorerwa Abanyarwanda muri Uganda.

Mu magambo avunaguye, iri niryo zingiro ry’umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, birimo ubusumbane, imigambi yo guhungabanya u Rwanda, ibinyoma aho Abanya-Uganda bavuga ku ifungwa ry’umupaka ariko batagamije gukemura ikibazo bagihereye mu mizi; ihohoterwa, ifungwa n’itotezwa ry’Abanyarwanda baba n’abakorera ingendo muri Uganda.

Umuntu yakwibaza, iyo biba nta Munyarwanda watoterejwe muri Uganda, ese umupaka wari guhita ufungwa ku ikubitiro?

Abaturage b’ibihugu byombi bizahora bituranye kugeza iteka ryose, ntacyo bungukiye muri ayo makimbirane.

Ndifata ku gukoresha imvugo itesha agaciro nk’iyo umwanditsi yifashishije muri ChimpReports. Kuba yaragerageje umugambi mubisha wo gushaka guca ibice mu gisirikare gihuje umugambi bigaragaza indangagaciro z’uwo mugabo ndetse bikanashimangira ingingo z’inkuru ye.

Ni ikimenyetso ko umwanditsi afatira icyitegererezo cy’ukuri kuri Perezida Habyarimana Juvénal, umugabo wateguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ingunguru irimo ubusa niyo ibomborana! Umugabo wahisemo gukomeza kuba hanze mu gihe RPF yari mu rugamba rwo kubohora igihugu, yabaye mu ba mbere bashatse guhemberwa intsinzi atagizemo uruhare.

Imico ye idahwitse ntiyari gutuma atera kabiri. Ntibitunguranye rero kuba uyu munsi yarahindutse umuntu uvuga nabi RPF ndetse bikaba bibabaje kuba umuntu wagaruwe mu Rwanda n’abahagaritse Jenoside yariyunze n’abicanyi bayikoze bibumbiye muri FDLR.

Umusomyi

2019-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2018
“Perezida Museveni niwe uri inyuma y’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda” Perezida w’ishyaka FDC Patrick Oboi Amuria

“Perezida Museveni niwe uri inyuma y’umubano mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda” Perezida w’ishyaka FDC Patrick Oboi Amuria

Ubwanditsi 02 Dec 2020
Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Imishanana n’imigara by’abari guhamiriza Ingabire Victoire yabaye Perezida w’u Rwanda, itoye uruhumbu itambawe!

Ubwanditsi 23 Jul 2024
Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Ukuvuguruzanya hagati ya Nkurunziza n’umugore we uvuga ko yeretswe iby’ubwicanyi bubera mu Burundi

Ubwanditsi 09 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba
Amakuru

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Mbanda  yahaye ‘ Gasopo’  Amashyaka yiyita  Opposition  harimo  na RNC
ITOHOZA

Mbanda yahaye ‘ Gasopo’ Amashyaka yiyita Opposition harimo na RNC

Ubwanditsi 26 May 2017
Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa
INKURU NYAMUKURU

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Ubwanditsi 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru