• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Perezida Tshisekedi umaze amezi arindwi ayobora RDC yatangaje Guverinoma yiganjemo amasura mashya

Editorial 26 Aug 2019 POLITIKI

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yashyize umukono ku itegeko rishyiraho Guverinoma nshya nyuma y’amezi arindwi arahiriye kuyobora RDC.

Guverinoma nshya ya RDC yatangajwe mu ijoro ryo ku wa 25 Kanama 2019, nyuma y’amezi asaga atatu Minisitiri w’Intebe, Sylvestre Ilunga, ashyizweho.

Ku wa 30 Ukuboza 2018 nibwo Tshisekedi yatangajwe ko ariwe watsindiye kuyobora RDC yari imaze imyaka 18 iri mu maboko ya Joseph Kabila, uyu munsi ishyaka rye ryihariye umubare munini w’abagize Inteko Ishinga Amategeko n’abayobora intara.

Abatavuga rumwe na Kabila bakomeje gusaba Leta ko muri guverinoma nshya izashyirwaho bazirinda kugaruramo abari bagize iye n’inshuti ze magara mu gukumira ko akomeza kugiramo ijambo.

Televiziyo ya RTBF yatangaje ko Minisitiri w’Intebe, Sylvestre Ilunga, washyizweho ku wa 20 Gicurasi 2019, yabwiye itangazamakuru ku Cyumweru ko ‘Guverinoma nshya ihari ndetse mu gihe gito itangira imirimo’.

Ilunga yavuze ko guverinoma nshya igizwe n’umubare munini w’abagabo basaga 83% mu gihe abagore ari 17% barimo uwungirije Minisitiri w’Intebe, ushinzwe Igenamigambi, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri n’abandi.

Yakomeje agira ati “76.9% by’abagize guverinoma nshya ni ubwa mbere bayigiyemo, ikintu kidasanzwe cy’ingirakamaro.”

Minisitiri w’Intebe Ilunga yavuze ko mu gushyiraho iyi guverinoma hanabayeho kwita ku gusaranganya hagendewe ku ntara abayobozi baturukamo.

Ibiganiro byashyizeho Guverinoma ya RDC byamaze igihe mu kwirinda ikintu cyose cyabangamira imikorere yayo.

Iyi guverinoma ihuriweho, 2/3 by’abayirimo babarizwa mu ishyaka rya Joseph Kabila mu gihe abandi ari abo ku ruhande rwa Tshisekedi.

Muri bo Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu yatanzwe n’Ishyaka UPDS rya Tshisekedi mu gihe uw’Ubutabera abarizwa muri PPRD, ishyaka rishyigikiye Joseph Kabila.

2019-08-26
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Editorial 08 Mar 2019
Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Editorial 25 Feb 2019
Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Editorial 08 Mar 2018
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Editorial 11 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza

Editorial 31 Dec 2016
Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup
Amakuru

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Editorial 12 Sep 2023
Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda
HIRYA NO HINO

Abanyarwanda babiri birakekwa ko baba barashimutiwe muri Uganda

Editorial 19 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru