• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

ENTEBBE — Isosiyete y’indege ya Uganda (Uganda Airlines) yatangiye gukora kuva kuri uyu wa Kabiri taliki ya 27 Kanama 2019, ikaba yahawe urwamenyo kubera kutemerera abagenzi gufotora bari muri iyo rutemikirere, nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hacicikakanaga amafoto agaragaza amatike yandikishishijwe intoki yari yahawe abagenzi, ubwo bajyaga muri Kenya. Abandi bayirutsemo kubera kugaburirwa agatogo mu ndege.

Nkuko za raporo zigaragazwa n’abari mu ndege yo mu bwoko bwa Bomardier CRJ-900, abanyamakuru bajyaga ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta, mu rwego rwo gutangiza iyo sosiyete, bahawe gasopo yo kutazongera guhirahira bafotora nyuma “kudukoza isoni.”

Umunyamakuru ukorera ikinyamakuru The Observer Nicholas Bamulanzeki akaba ariwe wakwirakwije aya mafoto, aho hasi ku mafoto, ari nayo ntandaro y’izo nkwenene kuri iyo sosiyete, byashyizwe ku karubanda bose babireba.

Ifoto yafotowe na Bamulanzekii n’ikinyamakuru The Observer yari ifite inyandiko hasi yayo igira iti: “ Itahwa ry’isosiyete y’indege ya Uganda (Uganda Airlines).”

Iyi nyandiko ikaba yatumye iyi sosiyete y’indege  ihabwa inkwenene kubera gutanga amatike yandikishijwe intoki “muri iki cyinyejana.”

Nkaho ibyo bidahagije, iyi sosiyete nshyashya ku isoko, ikaba yibasiwe n’ikinyamakuru The Monitor, aho umwanditsi mukuru w’iki kinyamakuru Odoobo Charles Bichachi yanenze cyane iyi sosiyete kubera kugaburira abagenzi bari muri iyo rutemikirere agatogo-aho yavuze ko utari umuhango wo kugaragaza umuco w’igihugu.

Bwana Bichachi yavuze ko byatumye yibaza ko iyi sosiyete izajya igaburira abagenzi agatogo, aho atigeze arya indimi, abwira ubuyobozi bw’indege ko bagomba gushyira “santima iruhande ntibagerageza kuvanga ibyokurya bya gakondo n’imikorere myiza.”

“Agatoogo”! Kuki batibaza impamvu sosiyete y’indege ya Etiyopiya itajya igaburira abagenzi  Injera, cyangwa se isosiyete y’indege ya Kenya (Kenya Airways) ngo igaburire abagenzi ubugari na nyama choma?” akaba yaratangajwe nuko umuntu yakwibwira ko ibyo kurya akunda byagaburwa no mu ndege.

Bwana Bichachi akaba yababuriye ko agatogo gatuma munda hamera ukuntu, ati bityo gashobora no gutuma intebe zo mu ndege zandura bitewe nuko munda hashobora kwigaragambya bikabyara ibindi.  Reba ifoto aho umugenzi yarutse kubera kugaburirwa agatoogo.

“ Abo baba bashaka agatogo, bajye babereka kwa Nalongo  bamaze kugera ku Cyibuga cy’indege bityo abagenzi bagafungura mbere yuko binjira mu ndege”- Bichachi.

Bwana Bichachi akaba yagiriye inama ubuyobozibw’indege kujya butegura ibiryo byoroheje nka Rolex n’ibindi biryo bidatinda mu nda.

“Ku byerecyeye Rolex, yego ni byiza. Iroroshye, isa neza, irumutse kandi n’abagenzi singombwa ko bagaburirwa capati yose n’igi kuko bishobora gucibwamo uduce duto”Bichachi.

2019-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Joyce Banda wahoze ayobora Malawi yagarutse mu gihugu ahakana ko yari yarahunze

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Perezida Kagame yemeje ko ibya FDLR na Jenoside ari amateka mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi

Ubwanditsi 10 Feb 2023
Hari Akagambane  Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Hari Akagambane Ko Kuzana Kayumba Nyamwasa Kumutuza Muri Uganda

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Kayumba Nyamwasa yahiritswe ku butegetsi bwa RNC

Ubwanditsi 16 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu
Mu Mahanga

Gabiro : Perezida Kagame yanenze abakozi ba leta bahora mu butumwa bw’akazi hanze y’igihugu

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahaye imbabazi abagororwa 52

Ubwanditsi 11 Oct 2019
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara
Amakuru

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru