• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Editorial 16 Sep 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Umunyarwanda witwa Benimana uheruka kurekurwa n’inzego z’umutekano za Uganda nyuma y’umwaka afunze azira akarengane, yatanze ubuhamya bw’uko yagiye gushakisha akazi muri Uganda ariko akaza gufungwa ndetse agakoreshwa imirimo y’uburetwa ashinjwa kutagira ibyangombwa, abo bari kumwe bikabaviramo urupfu.

Benimama w’imyaka 19 y’amavuko akomoka mu Karere ka Musanze Umurenge wa Kinigi, avuga ko ku wa 14 Nzeri 2018 aribwo yavuye iwabo yerekeza muri Uganda gushaka akazi ageze ku mupaka bamuha urupapuro rumwemerera gukomeza.

Nyuma yaje guhura n’abasirikare bo muri icyo gihugu bamusaba ibyangombwa, abereka rwa rupapuro bahita baruca, abandi bari babafatanye 30, abagera kuri 20 batanga amafaranga barabarekura, babasigarana ari 10 babajyana kubafunga.

Yasobanuye ko iyo bamaraga kubafata bababeshyaga ko nibemera ibyo bashinjwa bazahita babasubiza mu Rwanda nyamara ari amayeri yo kugira ngo babone uko urukiko rubakatira.

Nyuma babajyanye mu rukiko bashinjwa kwinjira muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bakatirwa gufungwa amezi 18 ariko ushoboye kwishyura miliyoni 1.5 y’amashilingi bakamurekura.

Bamaze gukatirwa bajyanywe muri Gereza ya Kisoro ariko hashize ukwezi baza kuhabakura bajyanwa aho bita Kiburara batangira gukoreshwa imirimo isa n’ubucakara ari naho Benimana ku wa 14 Nzeri 2019 yarangirije igifungo cy’umwaka yakatiwe ahita yoherezwa mu Rwanda.

Ati “Tuhageze batangira kuduhingisha, abo twahasanze bakanadukubita batubwira ko ‘akazi twaje gushaka ko guhinga twakabonye’ ngo dutangire. Hari ahantu hari amashyamba arimo amahwa y’imishubi gusa bakatujyanamo ngo tubirandure n’intoki, bamwe bagapfiramo.”

Benimana yavuze ko uwagiraga Imana ntapfiremo byanamugoraga kubaho ubuzima bwaho kubera kutabumenyera ariko abahamaze igihe hari ubwo babahinduriraga bagahabwa akazi ko kuragira inka ariko kadahemberwa.

Yasobanuye ko birirwaga bahinga umubyizi w’umunsi umwe Leta ya Uganda ikawubarira amashilingi 100 igihe umuntu agiye gutaha mu Rwanda akaba aribwo ayahabwa akayakoresha nk’itike imucyura.

Ati “Bankubitaga aho babonye, abandi twari kumwe babavanaga aho bakabajyana i Mbarara bameze nabi ntabwo namenya niba barakize cyangwa barapfaga ariko nabonye abantu nk’umunani babakura aho bameze nabi.”

Benimana avuga ko muri Gereza ya Kisoro yabanje gufungirwamo, yayisizemo abanyarwanda barenga 30, Gereza ya Kabare yimuriwemo ayisangamo abandi banyarwanda 40 naho iya Kiburaro yagiyemo bwa nyuma yayisizemo abasaga 20.

Benimana avuga ko abanyarwanda baba bafungiye muri Gereza za Uganda babaho nabi ku buryo hari n’abapfa bishwe n’ibikoresho byogeshwa amasafurika bagaburirwa n’abandi bagororwa.

Ati “Uwapfiriyeyo bashatse ibyo bogesha amasafuriya barabivungura bamushyirira mu biryo arabirya arapfa. Amaze gupfa umurambo we barawupakira ntitwamenye aho bawujyanye.”

Benimana yasobanuye ko uwo munyarwanda yishwe n’abagororwa b’abanya-Uganda bamuhora ko agerageza gufasha abanyarwanda babaga bagejejwe muri iyo Gereza bwa mbere.

Ati “Iyo ugiye gutaha bakujyana ku bitaro bakaguha imiti ku buryo utaha nta kibazo ariko inkovu nko ku kibuno ziba ziriho.”

U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko hari abaturage barwo bakorerwa iyicarubozo aho bafungiye muri Uganda kandi bigakorwa n’inzego z’umutekano.

2019-09-16
Editorial

IZINDI NKURU

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Editorial 20 Nov 2016
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Editorial 15 Feb 2017
Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Editorial 22 Feb 2017
Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Editorial 25 Apr 2018
Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Editorial 20 Nov 2016
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Editorial 15 Feb 2017
Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Editorial 22 Feb 2017
Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Umuherwe w’umufaransa yatawe muri yombi ashinjwa ruswa yahaye bamwe mu baperezida muri Afurika

Editorial 25 Apr 2018
Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Editorial 20 Nov 2016
Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Nyabugogo: Abakoraga ubujura butandukanye bashyizeho ihuriro ryo gukumira ibyaha

Editorial 15 Feb 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru