• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Facebook igiye gushyiraho inteko izajya ifata ibyemezo birimo ibivuguruza abayishinze

Ubwanditsi 18 Sep 2019 IKORANABUHANGA

Facebook yatangaje ko igiye gushyiraho inteko cyangwa inama y’ubutegetsi yigenga izajya ifata ibyemezo birebana n’ibicishwa kuri urwo rubuga nkoranyambaga kandi ibyemezo byayo bishobora kujya bivuguruza ibyafashwe na Mark Zuckerberg wayishinze.

Kuri uyu wa Kabiri nibwo Facebook yatangaje uburyo iyo nteko izaba iteye nubwo hakiri ibigomba kunozwa ngo inshingano zayo zirusheho kunoga.

Imyanzuro izajya ifatwa n’iyo nteko izaba ikomeye kuko ubuyobozi bwa Facebook nta burenganzira bwo kuyihindura buzaba bufite.

Facebook ivuga ko iyo nteko izaba igizwe n’abantu bari hagati ya 11 na 40, buri umwe akazaba afite manda y’imyaka itatu.

Iyo nteko izaba ifite ububasha bwo gufata imyanzuro yihariye ku bibazo runaka, icyakora nta bubasha bwo guhindura imigabo n’imigambi bya Facebook nyir’izina izaba ifite nubwo ishobora gutanga ibitekerezo ku migambi ikwiriye guhinduka cyangwa kuvugururwa.

CGTN yatangaje ko ikibazo kizajya kijyanwa mu nteko ya Facebook mu gihe izindi nzego zose z’icyo kigo zananiwe.

Facebook ivuga ko atari buri kibazo n’kijyanye n’ibyavuzwe cyangwa byakozwe ku rubuga kizajya kijyanwa mu nteko, keretse icyo babona gishobora kugira ingaruka ku bantu benshi.

Abakoresha Facebook bahuye n’ibibazo bikomeye bazajya bandikira inteko bayisaba kurenganurwa, noneho ihitemo abo ivugana na bo imbonankubone bitewe n’uburemere bw’ikibazo bagaragaje.

Mark Zuckerberg washinze Facebook mu itangazo ryasohowe yagize ati “Nitwe tugomba gukomeza ibyemezo dufata buri munsi kandi buri cyumweru dufata imyanzuro miliyoni na miliyoni ijyanye n’ibyo dutangaza. Gusa ntabwo ikigo kigenga nkatwe cyakabaye gifata imyanzuro ikomeye cyonyine.”

Facebook yatangaje ko izabanza guhitamo abayobozi b’inteko, nyuma bahitemo abandi bazaba bayigize.

Iki kigo kimaze igihe mu bibazo byo kuregwa kwinjira cyangwa kugurisha amakuru y’abagikoresha mu buryo batazi ndetse no gukorana n’abagizi ba nabi bikamenyekana igihe cyarenze.

Nubwo iyo nteko yajyaho, bizasaba ingufu Facebook kwerekana ko ibyemezo by’inteko bifatwa mu bwisanzure cyane cyane ku bibazo bitavugwaho rumwe.

Src : igihe.com

2019-09-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ibigo bitandatu byashoye imari ya miliyari 1.25$ muri Airtel Africa

Ubwanditsi 25 Oct 2018
Volkswagen igiye gushora miliyoni 800$ mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi

Volkswagen igiye gushora miliyoni 800$ mu gukora imodoka zikoresha amashanyarazi

Ubwanditsi 16 Jan 2019
Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Apple na Google zigiye gukora porogaramu ya telefoni yifashishwa mu gutahura uwanduye Coronavirus

Ubwanditsi 13 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru
INKURU NYAMUKURU

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020
Nibarize Ingabire Victoire
INKURU NYAMUKURU

Nibarize Ingabire Victoire

Ubwanditsi 21 Sep 2018
Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti
Mu Rwanda

Byari amarira n’agahinda mu gushyingura Ndikumana Katauti

Ubwanditsi 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru