• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Ubwanditsi 19 Sep 2019 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ y’abakina imbere mu gihugu, yatsinze iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade des Martyrs i Kinshasa kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mukino wari ugamije gufasha amakipe yombi kwitegura ijonjora rya nyuma ryo gushaka itike ya CHAN 2020 izabera muri Cameroun, aho u Rwanda ruzahura na Ethiopia mu gihe RDC izakina na Centrafrique mu mpera z’icyumweru.

RDC yari imbere y’abafana bayo batari benshi cyane, yihariye umupira mu minota myinshi y’igice cya mbere, aho yakiniraga cyane mu rubuga rw’Amavubi; yabonye uburyo bwa mbere bukomeye mu mukino ku ishoti rikomeye ryatewe na Mumbere Mbusa Jérémie, umupira ushyirwa muri koruneri na Kimenyi Yves.

Nyuma y’iminota itanu, Ingwe za RDC nabwo zabonye ubundi buryo bwo gutsinda ubwo Kimenyi Yves yananirwaga gukomeza umupira, ariko ba myugariro b’u Rwanda batabara izamu ryabo.

Habura iminota itatu gusa ngo igice cya mbere kirangire, RDC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Ava Dongo ku mupira w’umuterekano wari umaze guterwa na mugenzi we, maze asumba abakinnyi b’u Rwanda barimo Sugira Ernest na Imanishimwe Emmanuel.

Hashize iminota ibiri, u Rwanda rwabonye koruneri ubwo umunyezamu Siadi Baggio yakuragamo ishoti rikomeye ryatewe na Sugira Ernest. Kapiteni w’Amavubi, Haruna Niyonzima yateye uyu mupira, ushyirwa ku mutwe na Manzi Thierry wishyuriye u Rwanda mbere y’uko amakipe yombi ajya kuruhuka.

Igice cya kabiri cyatangiranye impinduka, umutoza Mashami Vincent yinjiza mu kibuga Ndayishimiye Eric wagiye mu izamu asimbuye Kimenyi Yves naho Iranzi Jean Claude asimburwa na Iradukunda Eric ‘Radu’.

Amavubi yabonye igitego cya kabiri ahagana ku munota wa 59, gitsinzwe na Sugira Ernest wacenze myugariro wa RDC maze atera ishoti rikomeye umunyezamu ananirwa kurigarura.

Nyuma y’iminota itatu gusa, Nsabimana Eric yatsindiye ikipe y’igihugu igitego cya gatatu cyashimangiye intsinzi ku mupira wa koruneri yatewe na Niyonzima Haruna.

Haruna Niyonzima yasimbuwe na Usengimana Danny ku munota wa 72, Sugira Ernest asimburwa na Bizimana Yannick ku wa 81 mu gihe ku wa 87, Manishimwe Djabel yahaye umwanya Niyonzima Olivier ‘Sefu’.

RDC yabonye igitego cya kabiri, cyatsinzwe na Beya Joël habura iminota ine ngo umukino urangire, ariko Ikipe y’u Rwanda yihagararaho mu minota yari isigaye n’indi ine y’inyongera, itahana intsinzi.

Amavubi y’abakina imbere mu gihugu, arahita yerekeza muri Ethiopia gukina umukino ubanza w’ijonjora rya nyuma rya CHAN 2020 uzaba ku Cyumweru tariki ya 22 Nzeri 2019 mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali tariki ya 19 Ukwakira 2019.

Abakinnyi b’Amavubi babanje mu kibuga: Kimenyi Yves, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Nsabimana Eric, Nshimiyimana Imran, Niyonzima Haruna (c), Manishimwe Djabel, Iranzi Jean Claude na Sugira Ernest.

Abakinnyi ba RDC babanje mu kibuga: Siadi Baggio, Djuma Shabani, Luzolo Nsita Ernest, Ava Dongo, Beya Herve, Mukoko Tonombe, Bola Lobota Emmanuel, Lutonadio Teji, Jackson Muleka, Likonza Glody na Mumbere Mbusa Jérémie.

Src: IGIHE

2019-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yakinishije Abanyamahanga 7, Rayon Sports itsinda Kiyovu 4-0, Issa Yakubu yakuyemo ikabutura – Ibyaranze umunsi wa 8 wa PL

APR FC yakinishije Abanyamahanga 7, Rayon Sports itsinda Kiyovu 4-0, Issa Yakubu yakuyemo ikabutura – Ibyaranze umunsi wa 8 wa PL

Ubwanditsi 04 Nov 2024
Myugariro w’Amavubi, Bayisenge Emery yaguzwe na USM Alger izakina na Rayon Sports

Myugariro w’Amavubi, Bayisenge Emery yaguzwe na USM Alger izakina na Rayon Sports

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Tour du Rwanda: Areruya Joseph yegukanye agace ka Rusizi-Huye

Tour du Rwanda: Areruya Joseph yegukanye agace ka Rusizi-Huye

Ubwanditsi 17 Nov 2016
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 21 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’
IMIKINO

Miss Uwase Honorine ‘IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ‘Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga
Amakuru

Minisiteri ya siporo yahagaritse amatora yagombaga kuvamo uzayobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volley Ball, basabwa gushyiraho amategeko ayagenga

Ubwanditsi 26 Mar 2021
Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Kutesa ateza urujijo ku byo u Rwanda rushinja Uganda

Ubwanditsi 18 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru