• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?

U Rwanda rugiye kwakira CHOGM ku nshuro ya kabiri mu karere, ese inshuro ya mbere muri Uganda byagenze bite?

Ubwanditsi 25 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku munsi w’ejo, Perezida Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, Patricia Scotland, batangaje ko inama ya CHOGM (Commonwealth Heads Government Meetings) izahuza abakuru b’ibihugu na za guverinoma izaba tariki 22 Kamena 2020 muri Kigali Convention  Center, abazayizamo bizezwa kuzafatwa neza.

Ibi perezida Kagame na Scotland babitangarije i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo batangazaga ku mugaragaro ko iyi nama izabera mu Rwanda bakemeza ko abakuru b’ibihugu na za Guverinoma 53 bazayitabira.

Kuva tariki ya 21 Mata 2018, Minisitiri w’Intebe w’icyo gihe Therese May atangaza ku mugaragaro ko u Rwanda ruzakira CHOGM2020, ibigarasha n’abanzi b’u Rwanda bakoze iyo bwabaga ngo baburizemo icyo gikorwa haba mu bitangazamakuru ndetse bitwaje naya miryango yitwa ko iharanira uburenganzira bwa Muntu ariko biba iby’ubusa. Byageze naho Imitwe y’iterabwoba ishyigikiwe na Uganda igaba ibitero nyuma y’iminsi mike hemejwe ko CHOGM2020 izabera mu Rwanda.

Perezida Kagame yitabira inama ya Commonwealth muri Mata 2018

Iyi nama ya CHOGM2020 ni ku nshuro ya kabiri igiye kubera muri  aka karere kuko ubwa mbere yabereye muri Uganda mu mwaka wa 2007. Uburyo yagenze muri Uganda byabaye inkuru kugeza n’uyu munota, atari ukubera uburyo yateguwe ahubwo ruswa yo mu rwego rwo hejuru yagaragayemo uhereye ku bayobozi bakuru barimo Visi Perezida Gilbert Bukenya na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Sam Kutesa. Tubibutse ko muri gahunda ya Ruswa, Kutesa aba ahagarariye Perezida Museveni nka muramu we.

Amatsinda yose mu nzego zitandukanye yavuzwemo ruswa ariko aho yakabije naho Uganda yavuzeko yaguze imodoka nyinshi za BMW zo gutwara abanyacyubahiro ku giciro cyo hejuru nyuma bikaza kugaragara ko izo modoka zitaguzwe ahubwo zakodeshejwe muri Afurika y’Epfo aho kugurwa mu Budage. Komite igenzura imikoreshereze y’imari ya leta  mu nteko ishinga amategeko ya Uganda yatumyeho abavuzweho ruswa ariko kuko inteko igizwe ahanini na NRM yanga kubakuraho icyizere.

Bitangira, Ingengo y’Imari ya Uganda yo kwakira CHOGM yari miliyari 180 z’amashiringi, nyuma ziba miliyari 278, hanyuma miliyari 300, birangira zibaye miliyari 380 z’amashiringi (hafi miliyoni 170 z’amadorali y’Amerika).

 Museveni yakirwa mu Bwongereza

Abayobozi muri Uganda batanze amasoko mbere yuko basinya contract bakorana n’abafite imiriimo ngo babone icya cumi. Aha twavuga nka Karim Hirji nyiri IMPERIAL Royale Hotel Kampala wahawe miliyoni 2,6 z’amadorali ngo azakire abashyitsi baje mu nama ariko yaragambanye n’abayobozi ba Uganda ko abashyitsi baziyishyurira ayo mafaranga nyuma ayo yahawe bakayagabana. Buri mushyitsi yishyuraga amadorali Magana atanu ku munsi kandi byari byitezwe ko ari Leta iri bubishyurire.

Inzego zose zateguye CHOGM muri Uganda zagaragaje ruswa y’umurengera kuko amahanga yose yarahagurutse arabyamagana. Aha twavuga nk’Ubuholandi muri Mata 2011 bwafashe icyemezo cyo guhagarika inkunga yageneraga  Uganda ingana na miliyoni 3,2 z’amayero kuberako Leta itagize icyo ikora ngo ihane abagaragaye muri Ruswa yatanzwe mugihe Uganda yakiraga CHOGM 2007. Abaterankunga bari bamaze imyaka isaga ine bijujutira umuco wo kudahana wa Ruswa muri Uganda. Ahubwo gusirasira mu manza mu gihe cy’imyaka itanu nabyo byatwaye akayabo k’amafaranga.

Uyu mwaka, Kigali yabaye iyakabiri muri Afurika nyuma ya Cape Town iza ku mwanya wa mbere mu kwakira inama mpuzamahanga no kwakira ibirori nkuko byatangajwe na International Congress and Convention Association (ICCA).

Perezida w‘iyi mpuzamashyirahamwe Dame Louise Martin, wari mu Rwanda mu minsi ishize yavuze ko n’ubwo u Rwanda rumaze imyaka 10 gusa rwinjiye mu muryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, imiyoborere n’imikorere yarwo byagaragaje ko ari igihugu cy’ingirakamaro muri uyu muryango.

Yagize ati “Nari ndi hano mu myaka 3 ishize, kuko ni ho habereye inama nk’iyi ku rwego rwa Afurika. Ibyo nabonye mu gihe nahamaze byanyeretse ko iki gihugu gitera imbere binatuma nyuma y’ibyumweru 3 mpita ngaruka nzanye n’inkoni y’umwamikazi. Maze kwirebera uburyo iyi nkoni yakoreshejwe abantu b’imihanda yose bari hano ubona bafite akanyamuneza, basangizanya ibyo bayiziho,.. narabyitegereje mbibonamo ishusho y’uburyo Kigali n’u Rwanda rutera imbere. N’ubwo u Rwanda ari cyo gihugu navuga ko ari gishya kurusha ibindi muri uyu muryango, nabwiye minisitiri nti ndabona mwakwakira inteko rusange yacu. Ntabwo ari igihugu cyose n’ubwo cyaba ari kinini usanga gifite ubushobozi bwo kwakira iyi nama ngo igende neza na cyo kibashe gucuruza isura yacyo muri uyu muryango, ariko u Rwanda rwo rurimo kubikora neza mu buryo butangaje!”

2019-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana

Impuguke za Loni zashyize hanze amayeri Tshisekedi yifashishije ngo FDLR ye idahungabana

Ubwanditsi 09 Jan 2025
Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Gen Maj Aloys NTIWIRAGABO ukurikiranweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yavumbuwe mu bwihisho mu nkengero za Paris, m’Ubufaransa

Ubwanditsi 24 Jul 2020
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ruhango: Hashojwe icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda
Mu Mahanga

Ruhango: Hashojwe icyumweru cyahariwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru
IMIKINO

Amavubi yatsindiwe mu rugo na Côte d’Ivoire, Olivier Kwizera avugirizwa induru

Ubwanditsi 10 Sep 2018
APR FC yabonye amanota atatu ya mbere, Kiyovu ikomeje kugana habi – Umunsi wa 6 wa PL wakinwe
Amakuru

APR FC yabonye amanota atatu ya mbere, Kiyovu ikomeje kugana habi – Umunsi wa 6 wa PL wakinwe

Ubwanditsi 21 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru