• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Editorial 09 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni w’imyaka 73 y’amavuko akomeje kugirira ubwoba Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine, Intumwa ya Rubanda ihagarariye akarere ka Kyadodno East ko ashobora kumusimbura ku ntebe mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu mwaka wa 2021azaba

Uyu munsi Polisi yahagaritse igitaramo cye cyari kubera mu mugi wa Kampala , kandi  nawe afungirwa iwe ubwo Polisi yafungaga inzira zose zigana kwa Bobi Wine. Mu ibaruwa Polisi yahaye Bobi Wine, batanze impamvu ko badashoboye gucunga umutekano wabitabiriye icyo gitaramo ku munsi w’ubwigenge. Iki ni igitaramo cya 156 cya Bobi Wine gihagaritswe.

Nubwo Polisi ya Uganda yagerageje gufungira iwe Bobi Wine, mu masaha y;igicamunsi yayikojeje isoni ubwo yabacikiraga ahantu hagendwa cyane muri Kampala ashagawe n’abaturage benshi.

Tariki ya 22 Mata 2019, Polisi yahagaritse igitaramo cya Bobi Wine cyatangiye, Bobi Wine bamutera urusenda n’imodoka ye barayangiza.

Tariki ya 13 Kanama umwaka ushize, Polisi ya Uganda yarashe umushoferi wa Bobi Wine witwaga Yasiim Kawuma baziko ariwe bishe, nyuma baza kumufunga bamukorera iyicarubozo ku buryo byabaye ngombwa ko ajya kwivuriza muri Amerika. Ibi byabereye mu karere ka Arua ubwo NRM yatsindwaga amatora yo gusimbura Col Abiliga wari umaze iminsi yishwe.

Icyo gihe abasirikari barinda Museveni bamenye ikirahuri cy’imodoka yimwe mu zimuherekeza kugirango babone impamvu yo kurwanya Bobi Wine n’abamushyigikiye. Inkuru y’urupfu rwa Kawuma ikimara kugera Kampala habaye imyigaragambyo ikomeye kuko urubyiruko rwigabije imihanda yuwo mugi.

Gusa umuntu yakwibaza impamvu, Bobi Wine wari ufite imyaka ine gusa igihe Perezida Museveni yafataga ubutegetsi amutitiza kugeza naho ashaka kumwica akamuhusha. Icyo abahanga mu bya politiki bavuga kuri uru rwango Museveni yanga Bobi Wine, nuko mbere amatora atitabirwaga n’urubyiruko wabaga ari umuhango muri NRM ishyaka rya Museveni, ariko ubu Bobi Wine arakunzwe mu rubyiruko ndetse rusigaye rwitabira amatora; urwo rubyiruko kandi rwavutse Museveni ari Perezida abenshi ni abashomeri bakumva ko impamvu y’ubushomeri ari Perezida Museveni.

Ubwamamare bwa Bobi Wine ntabwo aruko aririmba gusa, ahubwo arakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga aho urubyiruko rumufata nk’umwami wabo kandi nawe yiyise “The Guetto President”. Museveni abibonye nawe yagiye ku mbuga nkoranyambaga ariko bigaragara ko ari abandi bantu bamwandikira, nyuma aza gutanga urwenya ubwo yari mundege ari kuri mudasobwa iciriritse avugako ariwe wisubiriza abagande bamuha induru. Uganda nicyo gihugu cya mbere ku isi gifite ijanisha ry’urubyiruko rwinshi ku isi ugereranyije n’umubare wabatuye icyo gihugu.

Ikindi gituma Museveni atinya Bobi Wine, ni uko mbere yafataga abamurwanya nk’abagamije gucamo amoko ibice cyangwa abanyabyaha, ariko Bobi Wine nta nakimwe yashinjwa.

Bobi Wine yamenyekanye cyane muri Uganda nyuma yo kwamamara mu gace k’akajagali ka Kamwokya nyuma yo kubona amafaranga, abfifashijwe n’umugore we bagiye mu mishinga y’uburezi n’isuku bikaba byaratumye atsinda amatora bimworoheye mu karere ka Kyandondo nk’umuntu ku giti cye adahagarariye ishyaka.

Yamenyakanye cyane mu nteko ubwo yarwanyaga ibyo guhindura imyaka y’umukuru w’igihugu aho mbere itegeko ryavugaga ko Perezida atagomba kurenza 75 nyuma bakabihindura no kurwanya itegeko ryo gusoresha imbuga nkoranyambaga. Mu mwaka wa 2018 yashinzwe icyaha cy’ubugambanyi naho muri 2019 ashinjwa icyaha cyo guhembera amacakubiri no gusuzuguza abantu Perezida Museveni.

Ubu ikiraje ishinge NRM na Komisiyo y’amatora ni ugushyiraho amategeko abangamiye Bobi Wine n’urubyiruko ayoboye mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri 2021.

2019-10-09
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Perezida Nkurunziza yabaye umuyobozi wa mbere ku isi wamaganye guhana intera nk’uburyo bwo kurwanya COVID19

Editorial 03 May 2020
Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.

Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.

Editorial 16 Nov 2020
Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Editorial 10 Dec 2018
Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Editorial 06 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda
ITOHOZA

Ambasaderi w’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda yagawe kubera kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Editorial 06 Jul 2017
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23
Amakuru

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Editorial 16 Feb 2023
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha
HIRYA NO HINO

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Editorial 13 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru