• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Kagame yakoze ibyiza ariko ntashinzwe kuyobora Isi yose – Igisubizo ku munyamakuru wa Al Jazeera

Editorial 10 Oct 2019 POLITIKI

Tariki 7 Ukwakira 2019, Al Jazeera yatangaje inkuru ifite umutwe ugira uti “Kagame ntakwiriye gutinya abatavuga rumwe na we”, aho umunyamakuru wayanditse Rashid Abdallah avugamo urutonde rurerure rw’ibyiza Perezida Kagame yakoze, ariko agasoza avuga ko Kagame atangiye kwerekeza mu nzira itari yo.

Tariki 7 Ukwakira 2019, Al Jazeera yatangaje inkuru ifite umutwe ugira uti “Kagame ntakwiriye gutinya abatavuga rumwe na we”, aho umunyamakuru wayanditse Rashid Abdallah avugamo urutonde rurerure rw’ibyiza Perezida Kagame yakoze, ariko agasoza avuga ko atangiye kwerekeza mu nzira itari yo.

Reka twemere ko Abdallah na we yemera ko Perezida Kagame ari umuyobozi w’icyitegererezo wateje imbere igihugu kikava habi ubu kikaba ari intangarugero.

Mu nkuru ye, agira ati “Perezida Kagame aracyashyigikiwe n’abaturage ndetse abanyarwanda benshi bamubona nk’umuyobozi udasanzwe wazanye amahoro n’umutekano mu gihugu cyari cyarasenywe na Jenoside.

Guhera ubwo ingabo yari ayoboye zafataga ubutegetsi, zigahagarika Jenoside akagirwa umuyobozi, yakoze byinshi bigamije guhindura u Rwanda rukaba rwiza.

Akwiriye gushimirwa kuba yarateje imbere ubukungu no kuba yarwanyije ruswa. Yafunguriye amarembo ubushabitsi, ateza imbere ingeri zindi zitandukanye z’ubukungu ku buryo igihugu kiri ku mwanya wa 29 mu korohereza ishoramari ku Isi.”

Abdallah akomeza agira ati “Yakoresheje inkunga z’amahanga neza n’umutungo kamere w’u Rwanda awukoresha neza. Bitandukanye n’ibindi bihugu bivuga ko byateye imbere ku mpapuro gusa, u Rwanda rwateye imbere mu nzego zitandukanye nk’uburezi, ubuvuzi, n’ibindi byazamuye bikomeye imibereho y’umuturage. Yashyize abagore benshi mu myanya ya politiki, aho 64 by’abagize umutwe w’abadepite ari abagore, ari nawo mubare munini ku isi.”

“Yakuyeho ibyo kugendera ku moko byayogoje hafi umugabane wose, azana ubumwe mu gihugu nyuma ya Jenoside. Mu myaka mike ishize, u Rwanda ni icyitegererezo muri Afurika.”

Umunyamakuru wa Al Jazeera yakomeje ati “Benshi mu banyarwanda bashyigikiye Perezida. Guhera agiye ku butegetsi mu myaka 25 ishize, Perezida Kagame yatsinze amatora inshuro eshatu ku majwi menshi cyane. Mu 2015 abanyarwanda benshi batoye bavugurura Itegeko Nshinga ngo Perezida uriho agumeho kugeza mu 2034.”

“Mu gihe ibintu nk’ibyo byateje imvururu mu bindi bihugu bituranyi nk’u Burundi na Congo, nta mvururu zatewe no kuvugurura Itegeko Nshinga mu Rwanda. Abanyarwanda ahubwo bagaragaje ko bashyigikiye Perezida bemeza ko yagize uruhare mu guhagarika Jenoside no kubaka igihugu cyari cyarabaye umuyonga.”

Igitangaje, umwanditsi w’inkuru uvuga ko Perezida wakoze ibidasanzwe, wavanye igihugu ahabi aho cyari kigiye guhanagurwa ku ikarita y’isi, abaturage bacyo bagiye kuzimira, noneho ngo ari mu nzira mbi.

Abdlallah mu nkuru ye yagize ati “Nta rirarenga ngo agarure ibintu mu buryo. Aracyafite amahirwe yo kwirinda gusenya igihugu cye no kwirinda kugenda nabi nka benshi bamubanjirije.”

Ariko se, ni ikihe cyaha Perezida yaba yarakoze kuba abanyarwanda benshi bamushyigikiye? Ni ikihe cyaha ku muntu Abdallah we yivugira ko ‘yazamuye imibereho y’abaturage’?.

Abdallah arakomeza ati “Mu bigaragara Kagame ari mu bibazo nadafungura urubuga rwa politiki ngo habeho guhangana. Agomba kubona ko natareka ngo abanyarwanda bamenyere demokarasi, igihugu gishobora gusubira aho cyavuye.”

Umuntu yakwibaza aho abazateza ibibazo bazaturuka mu gihe ‘abanyarwanda benshi bashyigikiye Perezida’. Ikindi, ni ubuhe buryo bundi Kagame azakoresha ngo abanyarwanda bamenyere demokarasi niba ‘bishimira imibereho myiza’ bagejejweho na we ?

Umuntu yakwibaza ngo ku bwa Abdallah, demokarasi ni iki? Ni iyihe demokarasi ashakira abanyarwanda itari iy’abanyarwanda?

Mu gusobanya kwinshi arongera ati “Isi yose ihanze amaso Kagame kandi ikaramu y’amateka ye ayifite mu biganza. Ese azatuma demokarasi yubatse mu Rwanda itera imbere akomeze kubera urugero ibindi bihugu?”

Umuntu asigara yibaza niba urukundo no gushyigikirwa Kagame yeretswe n’abanyarwanda byari ibyo kubaka demokarasi mu isi cyangwa niba kwari ukugira ngo akomeza kubaha ibiteza imbere imibereho yabo.

Src: IGIHE

2019-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Mugabe wayoboraga Zimbabwe yanze kwitaba Inteko Ishinga Amategeko

Editorial 24 May 2018
Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Aho twasohokeye ni ho twinjiriye muri Nyagatare, Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa I Kayonza “Chairman wa FPR INKOTANYI”

Editorial 07 Jul 2024
Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Editorial 26 May 2025
Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Qatar, igihugu giteganya gushora imari mu Kibuga cy’Indege cya Bugesera

Editorial 25 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika
ITOHOZA

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Editorial 17 Sep 2017
RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017
UBUKUNGU

RRA yakusanyije miliyari 582.7 Frw mu mezi atandatu ya nyuma ya 2017

Editorial 31 Jan 2018
Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata
Mu Rwanda

Ishusho ya Kigali Convention Center yongerewe ku rupapuro rw’abajya mu mahanga-Col Anaclet Kalibata

Editorial 10 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru