• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Ubwanditsi 24 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Uganda yandikiye mugenzi we w’u Rwanda, yo kwigiza inyuma ubutumire bw’inama ya kabiri y’ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibihugu byombi, yateje ikibazo hibazwa niba Uganda irimo gukora dipolomasi ibinyujije ku mbuga za internet zimenyerewe mu gukwirakwiza ibihuha.

Ibi bikurikiye ibaruwa yashyizwe hanze n’ikinyamakuru Chimpreports, kimwe mu bikoreshwa n’urwego rw’ubutasi bwa Uganda, mbere yuko igera ku bayobozi b’u Rwanda.

Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 20 Ukwakira, Chimpreports imenyerewe mu gukwirakwiza icengezamatwara rirwanya u Rwanda, yanditse ko ‘Uganda yatumiye Guverinoma y’u Rwanda mu biganiro i Kampala’.

Uru rubuga rwa internet rwanatangaje itariki ruvuga ko Uganda yagennye ko ibiganiro bizaba kuwa 13 Ugushyingo 2019.

Umunsi wakurikiyeho ariko Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Olivier Nduhungirehe, yabiteye utwatsi.

Yanditse kuri Twitter ati “Biratangaje kumenyera ibi mu binyamakuru byo muri Uganda. Ntabwo u Rwanda rwigeze ruganirizwa ku itariki iyo ari yo yose, kandi yaba Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda cyangwa Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, nta wakiriye ubwo butumire”.

Gusa mu guhinyuza byagaragaye ko iyi baruwa ihari. Nk’uko The New Times iyifitiye kopi, bigaragara ko yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam Kutesa, ubwe kuwa 18 Ukwakira 2019.

Ibi bisobanuye ko abayobozi ba Uganda bayihishuriye Chimpreports mbere yo kuyohereza i Kigali ari yo mpamvu abayobozi nka Minisitiri Nduhungirehe batangaye ubwo Chimpreports yabyandikaga.

Ibi kandi bikaba byaranatumye abantu bibaza niba Uganda ubungubu yarahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru rigamije icengezamatwara.

Ikindi kimenyetso cyo kutagira ukuri ku ruhande rwa Kampala gishingiye ku itariki Ambasade ya Uganda mu Rwanda yagereje ibaruwa ya Kutesa ku bayobozi b’u Rwanda.

Ni kuwa Mbere w’iki cyumweru tariki 21 Ukwakira nyuma y’umunsi umwe Chimpreports yanditse inkuru.

Umwe mu bayobozi utifuje kugaragara muri iyi nkuru yagize ati “Ni ikintu kitari cyiza mu buryo Kampala yahisemo gukina uyu mukino”.

Ku wa 16 Nzeri nibwo i Kigali habereye inama ya mbere ya Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Uganda, yashyiriweho gucoca ibibazo bikomeje guteza umwuka mubi hagati y’ibi bihugu by’ibituranyi. Hemejwe ko inama itaha izaba nyuma y’iminsi 30 uhereye igiye iya mbere yabereye, yo ikabera i Kampala.

Igihe inama ya kabiri yagombaga kubera nacyo nticyubahirijwe na Uganda kuko yagombaga kuyakira nibura tariki 15 Ukwakira 2019.

Ubu nibwo Kampala irimo kohereza ubutumire nyuma yo kurenza amatariki no kubanza kubuha itangazamakuru ngo ributangaze mbere yo kugera ku bo bugenewe. Iki kikaba ari ikintu kinyuranye n’amasezerano ya dipolomasi.

Ku rundi ruhande, nta kirakorwa ku ruhande rwa Kampala kigendanye no kurekura abanyarwanda amagana bafungiweyo cyangwa se kubageza mu butabera.

Ni mu gihe kandi abenshi bakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungirwa mu nzu zitazwi zigenzurwa n’urwego rw’ubutasi rwa Uganda.

Mu cyumweru gishize nibwo Eron Kiiza na Tony Odur, bunganira abanyarwanda barenga 100 bari muri gereza za Uganda, basabye urwego rw’ubutasi muri iki gihugu (CMI), kurekura abakiriya babo.

Kiiza yagize ati “Imiryango yabo yarababaye cyane. Abakiriya bacu bafungiwe aho badashobora kuvugana n’abandi bantu ndetse n’imiryango yabo ntabwo yemerewe kubabona. Bake bagize amahirwe yo kurekurwa berekana ibimenyetso by’iyicarubozo bakorewe”.

Bamwe bafungiwe muri kasho imyaka irenga ibiri bataragezwa mu butabera. Nta n’umwe wigeze atabwa muri yombi mu buryo bukurikije amategeko nko kuba hari inyandiko zibafata.

Kampala kandi ntacyo irakora ngo yitandukanye n’umutwe w’iterabwoba wa Kayumba Nyamwasa widegembya muri iki gihugu.

Guverinoma ya Uganda kandi ntirerekana ibimenyetso by’uko yitandukanyije n’umutwe wa FDLR, umutwe ugizwe ahanini n’abahoze mu ngabo za Habyarimana n’Interahamwe basize bakoze jenoside yakorewe Abatutsi.

U Rwanda rubinyujije muri Ambasade yarwo i Kampala ntirwahwemye gusaba ko ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda bihagarara birimo nko gushaka abajya muri RNC muri Uganda, ariko uyu munsi ntabwo birahagarara.

Ubwo hafatwaga batanu mu bagabye igitero cy’iterabwoba mu Kinigi muri uku kwezi, bose bavuze ko ari abo muri RUD-Urunana, umwe mu mitwe igamije guhungabanya u Rwanda. Bose uko ari batanu bavuze ko bawugiriyemo muri Uganda.

Abayobozi bakomeye kandi muri Uganda bakorana mu bucuruzi n’abantu nka Tribert Rujugiro, umuterankunga ukomeye wa RNC.

Ibi bikorwa byose bikaba binyuranye n’ibiri mu masezerano impande zombi zashyizeho umukono kuwa 21 Kanama uyu mwaka i Luanda muri Angola.

2019-10-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Ubwanditsi 05 Mar 2018
Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Abantu baricwa mu Burundi, bapfira mu maboko y’abasirikare, abapolisi n’Imbonerakure- Claver Mbonimpa

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

i Gako : Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na ba Ofisiye barenga 1000 [ Andi mafoto ]

Ubwanditsi 06 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi
Mu Rwanda

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Ubwanditsi 17 Jun 2018
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose
Amakuru

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023
Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 02 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru