• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 12 Nov 2019 POLITIKI

Abo mu ishyaka rya Perezida Felix Tshisekedi ryitwa (Cap sur le Changemet, CACH) barashinja abo mu ishyaka rya Joseph Kabila (Front Commun pour le Congo, FCC) ko basuzugura Tshisekedi kugeza ubwo batwika amafoto ye. Batangaje ko imikoranire yose hagati y’impande zombi ihagaze kugeza ubwo ababigizemo uruhare bose bafashwe bakabihanirwa.

Hari hasanzweho imikorere hagati y’aya mashyaka yombi kuva Tshisekedi yafata ubutegetsi asimbuye Kabila. Icyo gihe hari abavugaga ko Kabila yagiranye amasezerano na Felix Tshisekedi yo kumusimbura.

Umuvugizi w’ishyaka CACH witwa Jean-Marc Kabund avuga ko kuba hari abantu bo mu Ntara yiganjemo abayoboke ba Kabila batinyutse gutwika cyangwa guca amafoto yerekena Umukuru w’igihugu Tshisekedi byerekana agasuzuguro kadashobora kwihanganirwa.

Kabund kuri Twitter yavuze ko ibiganiro byose hagati y’impande zombi bihagaze.

Jean-Marc Kabund usanzwe yungirije umuyobozi mukuru w’Inteko ishinga amategeko ya DRC, avuga ko abantu batwitse ifoto ya Tshisekedi ari abo mu Mugi wa Kolwezi ukaba ari umurwa mukuru w’Intara ya Lualaba iri mu Majyepfo ya kiriya gihugu.

Avuga ko ikibabaje kurushaho ari uko byabaye hari abakora mu nzego z’iperereza na Polisi babirebera.

Ati: “Kubera iyo mpamvu duhagaritse ibiganiro byose twagiranaga n’abo muri FCC kugeza igihe abantu bose bagize uruhare muri biriya bikorwa bisuzuguza Umukuru w’igihugu bafashwe bakagezwa mu bugenzacyaha.”

Guverineri w’Intara ya Lualaba witwa Richard Muyej Mangeze yasubije abo muri CACH ko hataciwe amafoto ya Tshisekedi gusa ahubwo ko haciwe n’aya Kabila, bityo ko ikibazo cyareberwa ku mpande zombi.

Ngo ababikoze ni inyangabirama zidashakira amahoro abatuye umugi wa Kolwezi.

Nehemie Mwilanya wahoze ari Umuvugizi wa Joseph Kabila na we yamaganye ibyakozwe n’abo ku ruhande rwa Kabila avuga ko ibyo bakoze bidashyize mu gaciro kandi yitandukanyije na bo.

Perezida Felix Tshisekedi yarahiriye kuyobora Congo Kinshasa taliki 24, Mutarama, 2019 amahanga yashimye ko ari ubwa mbere bibayeho ko uwahoze ari Umukuru w’igihugu cya DRC ahaye mugenzi we ubutegetsi mu mahoro.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, Joseph Kabila afite ijambo rinini mu mitegekere y’igihugu kuko abo mu ishyaka rye ari bo biganje mu Nteko ishinga amategeko, kandi Minisitiri umwe kuri babiri akaba ari uwo mu ishyaka rye.

Igikomeye kurushaho ni uko na Minisitiri w’Intebe ari uwo mu ishyaka rya Kabila. Kimwe cya kabiri kandi cy’abayobora Intara 26 za DRC ni abo mu ishyaka rya Kabila.

Jeune Afrique

2019-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Breaking : Kongere y’igihugu Idasanzwe ya PL yemeje ko PL ishyigikira kandidatire ya Nyakubahwa Paul Kagame

Ubwanditsi 04 Jun 2017
USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

Ubwanditsi 21 May 2018
Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza

Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi kubera ibyo iherutse gutangaza

Ubwanditsi 14 Apr 2019
Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside
ITOHOZA

Urutonde rw’Abanyeshuri n’Abatoza b’Ubugome na Jenoside

Ubwanditsi 17 Nov 2016
FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa
IMIKINO

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Ubwanditsi 10 Dec 2016
Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.
Amakuru

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Ubwanditsi 13 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru