• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Umutwe FRB-ABARUNDI wigambye igitero gikomeye cyagabwe ku birindiro by’ingabo z’u Burundi

Ubwanditsi 21 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Umutwe uharanira impinduramatwara mu Burundi (FRB-Abarundi) wigambye igitero cyagabwe kuwa 17 Ugushyingo, ku birindiro by’ingabo z’u Burundi, bikagwamo abagera kuri 38.

Mu itangazo wageneye abarundi ndetse n’umuryango mpuzamahanga, uyu mutwe wavuze ko ari wo wagabye iki gitero abatangabuhamya bavuga ko cyari gikomeye cyane.

Wagize uti “Umutwe FRB-ABARUNDI, uramenyesha abarundi n’amahanga ko ko ari wo wateye ibirindiro cyari i Mabayi-Marura byariho abasirikare ba FDN 112, interahamwe 30, Imbonerakure 18, bose hamwe bari 160. Hapfuye 38, hakomeretse bane, 18 bararokotse naho ababuze ni 100. Ingabo zacu ziri mu gihugu hagati”.

Mu gusobanura impamvu z’iki gitero, FRB-Abarundi wavuze ko ‘babonye ko Perezida Nkurunziza ndetse n’ubutegetsi bw’ishyaka rye CNDD-FDD, bishe amahame yose ya demokarasi abaturage b’u Burundi bakesha amasezerano ya Arusha’.

Ko wabonye umunyagitugu Nkurunziza yashenye ubumwe bw’Abarundi akoresheje politiki y’ivangura, kutubahiriza uburenganzira bwa muntu, kwanga kwicara ku meza y’ibiganiro.

Itangazo rikomeza rigira riti “FRB-Abarundi irahamagarira abaturage bose kuyishyigikira, ibizeza kurwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza kugeza habonetse ukwibohora kuzuye”.

FRB-Abarundi uvuga kandi ko hari ingabo za leta zabisunze muri uru rugamba rwo gukuraho ingoma ya Nkurunziza. Uyu mutwe kandi waburiye Imbonerakure, Polisi, abasirikare n’abarundi kwitandukanye n’ingoma ya Nkurunziza yica abaturage bitaba ibyo bakazirengera ingaruka.

Nyuma y’iki gitero Umuvugizi w’Igisirikare cy’ u Burundi, Major Emmanuel Gahongano, yumvikanye mu itangazamakuru avuga ko abarwanyi bateye baturutse mu Rwanda, gusa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko atari ubwa mbere u Burundi bushinje u Rwanda ibintu bidafite ishingiro.

2019-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Benin  Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Perezida wa Benin Patrice Talon arasesekara i Kigali kuri uyu wa mbere

Ubwanditsi 28 Aug 2016
Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ibizamini byo gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bizatangira mu cyumweru gitaha

Ubwanditsi 27 Jan 2016
Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Polisi yafashe amakarito 80 y’inzoga zitemewe

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 02 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Abanyarwanda baba West-Midland UK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Andrew Muganwa yitabye Imana
ITOHOZA

Andrew Muganwa yitabye Imana

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara
INKURU NYAMUKURU

Rangira Adrien yitandukanije na Nsabimana Callixte wiyita Sankara

Ubwanditsi 22 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru