• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Icyegeranyo : URwanda rwifashe ku birenaba n’amahoro mu gihe Uganda ikomeje umurego mu gucudika na RNC

Editorial 11 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umwaka umwe uruzuye, nyuma y’ubwimvikane buke hagati ya Uganda n’URwanda, ibi bikaba byaratangiye kuba bibi cyane nyuma yaho umunyarwanda yajugunywaga ku mupaka uhuza ibihugu byombi.

Iyicurubozo  ryindengakamere ryakorewe Fidele Gatsinzi, n’ibimenyetso ku mubiri wose ku buryo atashoboraga guhagarara, bityo akaba yifashisha akagare.

Ku banyamakuru, uru ruva  gusenya rwahishuraga ibyo Uganda yateguraga kuzajya ikorera Abanyarwanda basanzwe, nta Munyarwanda numwe wari utekanye, kabone na Gatsinzi wari wagiye gusura umuhugu we wigaga.

Igiteye amacyenga cyane kurusha ho, ni urujya n’uruza rw’abayoboke ba Rwanda National Congress (RNC) bidegembya, n’uruhare rwayo mu kugirira nabi Abanyarwanda, byatunguye benshi.

Ikimenyetso simusiga cyigaragaza ko Uganda yavuye hasi mu rwego rwo kugirango ihungabanye igihugu cy’abaturanyi, bityo bikaba bitarashoboraga kwirengagizwa.

Nyuma y’umuhate wo gukemura iki cyibazo wari ushyigikiwe n’Akarere, hasinywe amasezerano y’ubwumvikane I Luanda, muri Angola , ku wa 21 Kanama 2019, hagati y’abakuru b’ibihugu byombi ayo masezerano umuhuza akaba yari Perezida wa Angola mu bandi bari bahari mu muhango wo gusinya ayo masezerano ni Perezida wa Kongo Kinshasa na Mugenzi wa Kongo Brazzaville.

Kuba Uganda yarananiwe cyangwa kubera ubushake buke kubahiriza ibyari muri ayo masezerano biratuma URwanda rufata ariya masezerano nk’imfabusa bityo akaba ari nta mpamvu yatuma gukomeza kuyashyigikira.

Umuzigo wose wo kuyashyira mu bikorwa ingingo ziyakubiyemo uri kuri Uganda, mu rwego rwo guhagarika ibikorwa byayo bigamije kugirira nabi URwanda, inzirakarengane. Ikaba yaranze, nyamara kandi ikaba idakozwa ishyira mu bikorwa ingingo zikubiye muri ayo masezerano, nko kurinda no kubahiriza uburenganzira n’ituze by’abenegihugu b’URwanda batuye cyangwa se bariyo by’agateganyo, nkuko amategeko y’icyo gihugu abiteganya.

Iyi ngingo itegeka Uganda kurekura Abanyarwanda bafungiye Uganda mu buryo budakurikije amategeko no kubaburanisha.

Mbere, babanje kuvuga ko batashoboraga kubarekura mu gihe badafite urutonde rwabo.

None se ni gute Uganda yumva ko URwanda rwaba rufite urutonde rwabo banyarwanda bafunzwe na Uganda, kandi Uganda ariyo yabafunze?

Niba ari uko bimeze, iki si ikimenyetso simusiga ko Abanyarwanda benshi bafungiwe muri Uganda?

Ariko nanone kandi, URwanda rwakoze ibishoboka mu kubahiriza ibyo Uganda yasabaga.  Mu nama ya mbere ku birebana n’amasezerano ya Luanda yabereye Kigali ku wa 16 Nzeri 2019. URwanda rwatanze urutonde rw’abanyarwanda bafungiwe muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko, nubwo bitari ngombwa.

Itangazo ryashyizweho umukono n’uwari uhagarariye itsinda ryo muri Uganda Minisitiri wa Uganda w’ububanyi n’amahanga Sam Kutesa, na mugenzi we w’URwanda n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwwe ubufatanye mu Karere Olivier Nduhungirehe, bityo URwanda rukaba rwarahaye Uganda urutonde, bityo na Repubulika ya Uganda yiyemeza kugenzura abo bari kuri urwo rutonde, abari kugaragara ko bari abere bakaba baragombaga kurekurwa.

No muri iri tangazo ndetse n’urutonde rw’Abanyarwanda bafungiye muri Uganda, abategetsi b’icyo gihugu bakomeje kubeshya ko impamvu batararekura abanyarwanda bafungiye Uganda ko ari uko URwandda rutarabaha urutonde rw’abanyarwanda bafungiye Uganda.

Ni ngombwa ko byumvikana neza ko mbere y’amasezerano y’abakuru b’ibihugu abategetsi ba Uganda bavugaga ko nta Banyarwanda bari bafungiye Uganda mu buryo budakurikije amategeko, ntabwo abanyarwanda batotezwa muri Uganda.

Kandi akaba ari nta munyarwanda ufungiye muri Uganda azira amaherere. Tukaba tugirango tumenyeshe u Rwanda ko nta Munyarwanda Uganda irimo kugirira nabi, cyangwa se wenda waba uri muri kasho za Uganda, nkuko byavuzwe n’umuvugizi wa Uganda Ofwono Opondo.

Kutesa ubwe yasubiye muri ayo magambo ku wa 5 Werurwe 2019, avuga ko atari ukuri ko Uganda ifunga, ikanakorera iyicarubozo Abanyarwanda, ndetse no kubibasira. Ibi byose biragaragaza ibinyoma bya Uganda no kugenda biguru ntege mu rwego rw’ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano.

Mu gihe igika cya 2 cyibyari byemeranijweho mu nama yabereye Kigali ku wa 16 Nzeri 2019, impande zombi zemeranije ko abaturage babyo bazajya bagezwa imbere y’inkiko cyangwa se ngo yoherezwe mu Rwanda ku buryo bukurikije amategeko.

Abanyarwanda bari muri za kasho zo muri Uganda, bamwe bakaba bamaze mo igihe cyirekire cyane batagezwa imbere y’inkiko bavanywe mu buvumo bajugunywa ku mupaka, aho kugira ngo babazane mu buryo bukurikije amategeko.Iteka ryose ibi bikorwa mu  masaha y’ijoro, ntagushidikanya, ibi bikorwa kugirango itangazamakuru ritabibona bityo rikaba ryashobora kunyomoza ibyo Uganda ihora ihakana.

No kwanga ko ibindi bihugu bya Afurika bibimenya, kubona igihugu cya Afurika cyigirira nabi abenegihugu mu buryo bubi, kandi baba banafite ibimenyetso bigaragaza ko bakorewe iyicarubozo.

Ababa bajugunywe ku mupaka bavuga akaga bahuye nako karimo gucuzwa ibyo bari bafite bihabanye n’amategeko.

Igishengurumutima cyane, ni inkuru y’umugore wamaze umwaka mu gihome azira amaherere, nyuma bamara kumujugunya ku mupaka agatangira kubabaza umwana we, ubutegetsi bwa Uganda bwari bwaramutesheje, igihe bamufataga.

Ubu, nibwo hari byinshi bisabwa, Kampala yananiwe kugarurira nyina, cyangwa ngo igaragaze aho icyo kibondo cyaba giherereye.

URwanda ntirurajwe ishinga n’uko Uganda itubahirije ibikubiye mu masezerano, icyo rushaka n’uko abaturage barwo barekurwa bagataha mu mahoro.

Ingingo ya 1. (b) y’amasezerano ya Luanda yo ku wa 21 Kanama  ategeka Uganda kwitandukanya n’ibikorwa bishobora guhungabanya cyangwa umutekano ku butaka bw’umuturanyi, bityo no kuvanaho icyaricyo cyose gishobora gushyigikira biriya bimaze kugaragazwa hejuru, nko gutanga amafaranga, gutoza abarwanyi n’ibikorwa by’ubucengezi ku ngabo zihungabanya umutekano.

Raporo zikaba zaragaragaje ko inkoramutima ya RNC ishinzwe urubyiruko Frank Ntwali n’ushinzwe kongerera ubushobozi abayoboke ba RNC Benjamin Rutabana, bari muri Uganda hagati ya 5 Nzeli -15 2019.

Umugore wa Rutabana nawe akaba akiri muri Uganda ubusanzwe wabaga Buruseli mu Bubiligi aho baba.

Uwo mugore akaba yaravuze ko mbere y’uko ajya Uganda yajyaga avugana kenshi na Gen. de Brigade Kandiho ukuriye urwego rw’ubutasi mu gisirikare cya Uganda.

Mu gika cya 3  mu masezerano yo ku wa 16 Kigali mu  itangazo ryasinywe n’impande zombi, iyo ngingo ivuga ko impande zombi, zitandukanije nicyo aricyo cyose gishobora guhungabanya ikindi gihugu.

Nubwo ariko bimeze bityo, ubwo m’Ukwakira 2019, RUD-Urunana Umutwe w’iterabwoba wateye mu Karere ka  Musanze  wica abaturage 14, bityo abafatiwe muri iyo mirwano bakaba baravuze ko batorejwe muri Uganda.

Abantu batatu bari bakuriye icyo  gitero bakaba barahungiye Uganda, aho barindiwe umtekano n’ingabo za Uganda. Mu rwego rwo kugerageza kubona ibisobanuro by’iki gitero abayobozi ba Uganda bavuniye ibiti mu matwi, Kampala ititaye ku Rwanda, ku birebana n’iki kibazo.

Igika cya 4 cy’amasezerano yabereye Kigali impande zombi, zemeranijwe ko gahunda zo gukwirakwiza propaganda zigomba guhagarara, haba mu itangazamakurru, ndetse no ku mbuga nkoranyambaga.

Ariko ku wa 12 Ukwezi kwa 11 umuvugizi wa Uganda yashyize hanze itangazo ryavugaga ko abashinzwe umutekano mu Rwanda ari amabandi, agaragaza propaganda iharabika URwanda.

Ubusanzwe, mu mibanire mpuzamahanga, URwanda rwakabaye rwihimura kuri Uganda, no kudaha agaciro amasezerano ya Luanda kubera ibyo Uganda arimo gukora by’ubushotoranyi.

Ibi bikaba bigaragaza ubushake bw’URwanda ku mibanire myiza na Uganda, bityo URwanda rukazakora ibyo rushoboye mu rwego rwo koroshya ishyira mubikorwa amasezerano y’ubwumvikane n’ubwo hari ibikorwa by’ubushotoranyi by’urudaca.

Ikibabaje n’uko ubushotoranyi bwa Uganda bugaragaza ko itazisubiraho ku birebana n’inkunga itera Kayumba na RNC, bityo ikaba  ikora ibishoboka mu rwego rwo kutubahiriza ayo masezerano.

Ibi bikaba byerekana ko Kampala itifuzaga aya masezerano, ariko ikaba yaratinye amaso, no kubera ko ibihugu byo mu Karere bitashoboraga kubyihanganira.

Kuba Uganda yariyemeje kwirengagiza umuhati n’ubushake bya Angola ku birebana n’amasezerano yaba aya Luanda n’aya Kigali, URwanda narwo rushobora kureba ko hakwiye kuba hariho impamvu yo kutayubahiriza ikomeye.

SRC : KT Press

2019-12-11
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Editorial 23 Nov 2017
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Editorial 04 Nov 2020
Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Editorial 13 Nov 2018
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Editorial 23 Nov 2017
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Editorial 04 Nov 2020
Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Editorial 13 Nov 2018
Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Editorial 26 Nov 2021
Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Uganda: Museveni yazamuye mu ntera abasirikare bakuru bo mu mutwe udasanzwe mu gihe havugwa gahunda yo kohereza batayo 3 zabo muri Congo

Editorial 23 Nov 2017
Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Bobi Wine yibukije Muhoozi Kainerugaba ko Uganda atari akarima k’umuryango we

Editorial 04 Nov 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru