• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Ibiganiro bya Uganda n’u Rwanda: Ikimwaro mu ruhame

Ubwanditsi 17 Dec 2019 POLITIKI

Umuhanzi w’Umunye-Congo, Koffi Olomide, yigeze kuririmba ati ‘Lokuta eyaka na ascenseur, vérité eye na éscalier pe ekomi’, bishatse kuvuga ngo ikinyoma gica muri ascenseur, ukuri kunyura ku ngazi ariko kukagera iyo kujya.

Abaminisitiri batatu bakuru muri Politiki, Busingye Johnston, Prof Shyaka Anastase na Gen Patrick Nyamvumba, bari mu ntumwa z’u Rwanda zitabiriye ibiganiro bya Uganda-Rwanda; bakinnye agakoryo Abagande, umuto muri bo aba ariwe bagira uyobowe itsinda ryabo.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ni muto mu myaka, umunyabwenge, uzi gutebya no kuganira bya kinyarwanda bimwe byo gukirana bacyocyorana, bagakoresha imitego ya ‘Rugondihene’, yamamaye mu mateka nyarwanda cyane iyo abantu babaga basoma ku inzoga y’ubuki y’inkangaza.

Intumwa za Uganda hafi ya bose barisaziye, rero bakoze ikosa rikomeye ryo kumwibeshyaho. Iyo hagira ubagira inama ngo barebe ibiganiro byo kuri YouTube bya Nduhungirehe ari i New York, ubwo u Rwanda rwayoboraga Akanama ka Loni gashinzwe umutekano. Ntabwo bamenye ikibakubise. Nk’uko Muhammad Ali yigeze kubivuga, umuvandimwe Nduhungirehe ‘Yanyeganyegaga nk’ikinyugunyugu akadwinga nk’uruyuki’.

Tugumye mu mukino w’iteramakofi, nta muntu n’umwe mu ntumwa za Uganda zari mu cyumba, washoboraga guhangana na Nduhungirehe. Uyu munyamabanga wa leta ukiri muto, yashoboraga kwifasha icyumba cyose ubwe, abo bazanye bigaramiye.

Mu cyumba harimo kandi Gen Patrick Nyamvumba: Umuntu Abagande bose batinya! Yari yicaye arebana n’abasirikare ba Uganda barimo abakutse umutima kugeza magingo aya bashobora kuba bakinywa imiti y’ihungabana batewe no gutsindwa mu ntambara ya Kisangani.

Abayobozi babo Kahinda Otafire na nyakwigendera Kazini icyo gihe bafashwe mpiri n’Ingabo zari ziyobowe na Gen Nyamvumba. Nyuma baza kurekurwa basubizwa Uganda. Afande Nyamvumba rero, yari mu cyumba cy’inama kugira ngo yibutse Abanya-Uganda ko gushaka amahoro ku Rwanda biri mu nyungu zabo.

Umwanditsi Hawthorn yigeze kuvuga ko nta muntu ushobora kwiyoberanya akereka isura itari iye rubanda igihe kirekire, amaherezo ntibimuviremo no kuyoberwa uko asa nyabyo.

Nkuko nkunda kubibwira abo mburanira iyo bambajije niba turi butsinde urubanza mu rukiko: “ese turavugisha ukuri? Niba igisubizo ari Yego, ntacyo twikeka.” Mu gihe Umunyamabanga wa Leta ukiri muto yari ashikamye abifashijwemo n’ubuhanga bwe, yabwiraga ukuri urundi ruhande, kwigaragaza mu bimenyetso n’abatangabuhamya.

Mu gihe ubusanzwe politiki na dipolomasi bifatwa nk’imyuga yiyubashye yo gutsura ubushuti n’iterambere, abayobozi ba Uganda bo babifashe nk’umwuga wo kubeshya. Ibinyoma umunsi ku wundi, nta kindi kigamijwe usibye kuyobya no kujijisha abaturage ba Uganda bayobora. Abaturage ntibabizera, nabo ubwabo ntibizera abaturage ahubwo bose babaswe n’ikinyoma, bateze iminsi iriya leta ngo igende babone kugira amahoro.

Kuba turi abaturanyi babo, natwe niko bashaka kudufata. Ntushobora kwemeranya ikintu n’umunyapolitiki wa Uganda ngo wizere ko ari bugikore ku munsi ukurikiyeho. Nk’uko umugani wa Kinyarwanda ubivuga, ‘Uwububa abonwa n’uhagaze’ ndetse ‘iminsi y’igisambo irabaze’. Kuri iyi nshuro twari twazanye Abanye-Congo n’Abanya-Angola; ngo nabo babyibonere.

Ubwo ikibazo cyari kimaze gukomera, u Rwanda rwahisemo gukomanyiriza bicuruzwa bituruka muri Uganda.

Abanya-Uganda batangiye kuvuga bati “Abanyarwanda bazasonza bende gupfa. Ibiribwa byose barya bituruka muri Uganda.”

Iyo mvugo y’ikinyoma ishoboka muri Uganda honyine. Iyo umuntu afite amafaranga arira muri restaurant ahisemo kandi hari ibihugu 194 umuntu ashobora gutumizamo ibyo akeneye. Ariko Abanyapolitiki bo muri Uganda babeshye abaturage babo ko abanyarwanda barya indyo imwe gusa. Nyuma y’amezi atandatu y’icyo cyemezo, Uganda yari itangiye gusaba inguzanyo yihutirwa muri IMF kugira ngo izibe icyuho cyatewe n’ikumirwa ry’ubucuruzi n’u Rwanda.

Muri icyo gihe u Rwanda rwari ruhugiye mu kwishyura miliyoni nyinshi z’amayero ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa, ngo irimbishe ikipe yayo na Stade ya Parc des Princes ikirango cyamamaye ku isi hose aricyo: ‘Visit Rwanda’ – Umunyarwanda yaravuze ngo: Uwapfuye yarihuse…’

Nyuma y’inama itaratanze umusaruro, abanya-Uganda bashatse gukwiza ikindi kinyoma, basaba u Rwanda ko bakora itangazo rihuriweho rigamije kugaragaza ko ibintu byose byagenze neza. Minisitiri Nduhungirehe yaratangaye:

Ababwira ati: Sinabeshya abanyarwanda. Mukore itangazo ryanyu mu Luganda niba mubishaka. Ndakora iryanjye mbabwire ukuri ko tutageze ku masezerano:

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzirukana imitwe irwanya u Rwanda irimo kwisuganyiriza mu gihugu cyanyu ;

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzarekura ibihumbi by’abanyarwanda b’inzirakarengane mumaze igihe mufunze batazi ibyo baregwa ;

-  Mwananiwe kutwizeza ko muzahagarika gutoteza abanyarwanda bakorera ingendo cyangwa baba muri Uganda.

Abanye-Congo bamaze kumenyera guta muri yombi abagize umutwe w’iterabwoba wa FDLR bavuye kubonana n’abayobozi ba Uganda mu nama zigamije gucura imigambi yo gutera u Rwanda. Igisirikare cyabo (FARDC) gikomeje kwica cyangwa gufata abarwanyi batojwe ndetse bagahabwa intwaro na Uganda.

Abanya- Angola nyuma yo kuyobora inama ya mbere yiga ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda, batangiye kumenya abo Abanya-Uganda aribo. Mu yandi magambo, Uganda yari yonyine mu nama, yumiwe kandi iri ku butaka bwayo.

Abenshi mu itsinda rya Uganda babaga bahunyiza, bajya kuvuga bakavuga ibintu bidashinga imbere y’itsinda ry’abahanga bakiri bato, bari maso kandi badaca hirya, bashyigikiza ibimenyetso byabo amategeko mpuzamahanga, ibyemeranyijwemo mu kwihuza kw’akarere na dipolomasi.

Umuhanuzi Bob Marley wo muri Jamaica yagize ati: ‘Ushobora kujijisha abantu igihe kimwe, ariko ntabwo wajijisha abantu bose igihe cyose’.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola wari umaze kurambirwa, yaciriye Abanya-Uganda umugani w’inyeshyamba Jonas Savimbi n’uwari umutwe we witwaje intwaro wa UNITA, abihuza na Kayumba Nyamwasa na RNC ye.

Yavuze uburyo Savimbi yari afite ibirindiro muri Zaire, agafashwa cyane na Perezida Mobutu wa Zaire. Gusa ubwo Mobutu yari amaze kuvanwaho n’abanyarwanda, Savimbi na UNITA ye ntabwo bamaze kabiri. Yagize ati “kuva ubwo tumaze imyaka cumi n’irindwi y’amahoro,”mu gusoza asa n’uburira abanya-Uganda, ati “Niba mudashaka gukemura ikibazo gito cya Kayumba Nyamwasa, mushobora kwisanga muhanganye n’ikibazo kinini kurushaho”.

Ubutaha abanya-Uganda bashobora kutemera ko abahuza baba mu cyumba cy’ibiganiro kubera ko barimo gukozwa isoni mu ruhame.

Src: igihe

2019-12-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Perezida Yoweri Museveni Yarusimbutse Imwe Mu Modoka Ze Irangizwa

Uganda: Perezida Yoweri Museveni Yarusimbutse Imwe Mu Modoka Ze Irangizwa

Ubwanditsi 14 Aug 2018
Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Uganda yiteguye guha ubuhungiro Omar al Bashir uherutse guhirikwa ku butegetsi

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Ibihugu byaviriye inda imwe ku Burusiya, byirukanye abadipolomate babwo barenga 100

Ubwanditsi 27 Mar 2018
Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball
Amakuru

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Ubwanditsi 19 Jun 2022
Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora
IKORANABUHANGA

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.
Mu Mahanga

Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Ubwanditsi 04 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru