• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ubwanditsi 18 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU

Bimwe mu bitangazamakuru byo muri Uganda no mu Rwanda birimo Bwiza, byatangaje ko umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Col. (Rtd) Dr. Warren Kizza Besigye Kifefe yaciye amarenga ko ashobora kuzahatana ku nshuro ya gatanu mu matora ya perezida ategerejwe mu mwaka wa 2021.

Kizza Besigye wo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ’ Forum for Democratic Change’ (FDC) yahanganye na Perezida Museveni w’Ishyaka, National Resistance Movement (NRM) muri manda enye zishize gusa ntibimuhire, mu cyakunze gukarukwaho ko amatora yibwe.

Mu ijambo rye ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 15 y’ishyaka FDC ku kibuga cya Namboole, Besigye yavuze ko atari yava mu rugendo rwa politiki kuko icyo agamije cyo kubohora Uganda na we ubwe atarakigeraho nk’uko Daily Monitor ibitangaza.

Besigye ati ” Si mwebwe ndwanira. Ndarwana ngo nanjye mbohoke. Abambwira ngo ningende kuko maze igihe muri uru rugamba, nababwira ko ntagenda ntarabohora Uganda, Ndacyahanganye. Singamije kuba umuyobozi, ahubwo kuba mu gihugu aho nzajya ngenda nidegembya. Nziko umunsi umwe ibi nzabigeraho umunsi umwe.”

Besigye avuga ko agamije kubohora inzego z’ubutegtsi za Uganda,abona zikorera Leta aho gukorera Abanya-Uganda.

Asubiza abanenga FDC bavuga ko ntacyo yakoze, Besigye yavuze ko kuba hari ibintu bimwe na bimwe byagiye bihinduka muri Uganda, ari uruhare rw’iri shyaka.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ati ” Abanya-Uganda bamwe bavuga ko FDC ntacyo yakoze ariko bibagirwa ko na duke turi gukorwa muri iki gihugu byatewe n’umuhate wacu. Dufite byinshi twakwishimira muri iyi myaka 15 y’urugamba.”

Dr. Besigye yagarutse kuri iyi ngingo nyuma y’aho bandi batavuga rumwe n’ubutegetsi barimo Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine bamusabye ko yazareka guhangana na Perezida Museveni wamaze gutangwa n’ishyaka riri ku butegetsi (NRM) ko ari we uzarihagararira mu matora yo mu 2021.

Abakurikiranira hafi politiki ya Uganda bavuga ko amagambo ya Besigye yerekana ko aziyamamaza mu matora ya 2021 cyane ko FDC itaratangaza uzayihagararira mu matora.

Kugeza ubu Besigye ni umwe mu bantu bahanganye na Museveni ku buryo bufatika. Mu matora ya 2016, bivugwa ko Besigye yari yatsinze ariko ngo amajwi aribwa.

Ni ibirego NRM yahakanye yivuye inyuma. N’ubwo ari uko bimeze, uyu warwanye urugamba rwo kubohora Uganda ari umuganga bwite wa Museveni, aracyari umugabo wakangaranya NRM mu maso ya benshi.

2019-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Canada yanze ko amatora ya referandumu y’u Burundi abera ku butaka bwayo

Ubwanditsi 18 May 2018
“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.

“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.

Ubwanditsi 01 Nov 2020
Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Ubwanditsi 28 Feb 2025
Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Jean Paul Turayishimiye ariyemerera ko yishe umukecuru w’imyaka 70  

Ubwanditsi 12 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA/ NIYONSHUTI
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA/ NIYONSHUTI

Ubwanditsi 21 Dec 2020
Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.
Mu Rwanda

Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023
Amakuru

Mu mukino wa gicuti, ikipe y’u Rwanda mu mukino w’intoki wa Basketball yatsinze Misiri bitegura gukina amajonjora y’igikombe cy’isi 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru