• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho
David Himbara

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Editorial 26 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda bo muri Diyasipora baturutse mu bihugu bitandukanye bavuze ko ishyaka RNC [ntiryemewe n’amategeko] ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda na David Himbara wahunze igihugu, bafite umugambi wo gusenya iri huriro ryabo rya Diyasipora ariko ko batazabigeraho.

Iri shyaka RNC riyobowe na bamwe mu bahoze mu nzego nkuru za Leta y’u Rwanda bakaza guhunga igihugu kubera bimwe mu byaha bakoze, ndetse na David Himbara wigeze kuba umujyanama wa Perezida Kagame Paul, bakunze kunenga iterambere ry’u Rwanda.

Abanyarwanda baba muri Diyasipora bamaze iminsi mu Rwanda bari baje mu nama y’igihugu y’Umushyikirano, ejo hashize baganiriye na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga bayigaragariza bimwe mu bibazo by’ingutu bari guhura na byo.

Bagarutse cyane kuri ririya shyaka na David Himbara bafite umugambi mubisha wo gushaka kubaryanisha no kubinjizamo amatwara mabi yo kwanga igihugu cyabibarutse.

Umwe muri aba banyarwanda uba muri Canada yagaragaje bimwe mu bikorwa bya David Himbara.

Ati “Umwaka ushize umuntu uwitwa Himabara yaduteye avuga ko dukorana n’inzego z’ubutasi bw’u Rwanda, ngo hari abafande baza kutwigisha kwica, ibintu byinshi cyane…”

Yavuze ko ibi batabyihereranye ahubwo ko bahise babibwira abayobozi babo kugira ngo ariya matwara ye adakomeza kuyacengeza mu bana b’u Rwanda.

Ati “Twebwe ubwacu dushobora kwirinda ariko dukeneye amaboko yanyu bayobozi bacu kugira ngo dushyiremo imbaraga nka Diyasipora.”

Uyu munyarwanda wagaragaje imigambi mibisha bariya bantu bafitiye u Rwanda, yavuze ko abanyarwanda bagera ku ikenda (9) bamaze kwicwa bazira ko bakunda igihugu cyabo kandi bakigenderera.

Ati “Uyu mwaka utararangira, twashyinguye umuyobozi wacu muri Mozambique , none ndabaza nti ‘twakora dute kugira ngo iryo hohotera rigabanuke muri twebwe?’, cyane cyane abantu baza ino bafite ibikorwa ino mu Rwanda.”

Yavuze ko abantu bitabira umushyikirano, Rwanda day n’abandi bakunda kugaragara mu bikorwa byo gushyigikira igihugu cyabo bakunze guterwa ubwoba n’abanzi b’igihugu. Ati “None ni iki mwadufasha mwebwe abo muri Minisiteri kugira ngo dutekane?”

Aba baba muri Diyasipora nyarwanda bafatwa nk’abagize intara ya Gatandatu y’u Rwanda, banagarutse ku bikorwa byo gupfobya Jenoside bikunze kuranga bari batavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Umwe muri aba bo muri Diyasipora yavuze ko bibabaje kuba nta muntu upfobya Jenoside yakorewe Abayawudi, ariko habakaba hari abirirwa bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Twakora iki kugira ngo uzapfobya Jenoside yakorewe abacu azabihanirwe bikwiye?”

Umuyobozi wa Diyaspora nyarwanda, Sandrine Uwimbabazi Maziyateke yavuze ko bagiye gukorana na za Ambasade zitandukanye z’u Rwanda kugira ngo bahanahane amakuru ya nyayo bityo n’abakora ibikorwa nk’ibi babiryozwe.

Avuga ko bagiye guhagurukira gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kunyomoza bariya bantu kuko na bo bakunze kuzikoresha.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Nduhungirehe Olivier yavuze ko nubwo hari abanyarwanda bo muri diyasipora bagiye bagirirwa nabi ariko ko biri kugenda bicogora babikesha kwishyira hamwe.

Ati “Ni ngombwa ko Abanyarwanda batekereza kwishyira hamwe kugira ngo Guverinoma z’ibyo bihugu Abanyarwanda bari zigire aho zihagarara, kugira ngo iyo babonye Abanyarwanda bahohotewe maze hakagira igikorwa.”

Amb. Nduhungirehe kandi yavuze ko aba banyarwanda bari hanze badakwiye gucika intege kubera ibikorwa bya bariya bantu ahubwo ko bakwiye guhaguruka bakaba abavugizi b’igihugu cyabo kugira ngo abanenga u Rwanda baburizwemo.

Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta wagarutse ku bikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko guhangana na bo bikwiye kuba urugamba rwa buri wese kandi agakoresha uburyo bwose bushoboka kugira ngo ukuri gukomeze kugaragara.

Ati “Yaba muri Social media, kandi nta n’ubwo biba bikomeye kuko bariya bantu nta mbaraga baba bafite.”

Mu myanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, harimo ugaruka ku ruhare rw’abanyarwanda bo muri Diyasipora, ko bagomba gushakirwa uburyo bakomeza kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

Amb. Nduhungirehe yabasabye guhora bashyize hamwe
Na bo ngo ntibateze kwemera ko hari uwabameneramo ngo asenye ubumwe bwabo
Bahawe ibiganiro n’abayobozi batandukanye
Bagiye bihaye ingamba zo gukomeza kubera amaboko igihugu cyabo
2019-12-26
Editorial

IZINDI NKURU

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 08 Dec 2019
Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Editorial 21 May 2020
Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Editorial 20 Apr 2019
U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

Editorial 16 Oct 2019
Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 08 Dec 2019
Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Editorial 21 May 2020
Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Editorial 20 Apr 2019
U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

U Rwanda rwiteguye gufatanya na Santarafurika mu rugendo rw’iterambere – Perezida Kagame

Editorial 16 Oct 2019
Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 08 Dec 2019
Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Bwa mbere mu myaka 26, Kabuga Felesiyani yagaragaye muruhame

Editorial 21 May 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru