• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

MINICOM iraburira Abacuruzi bazamura ibiciro by’ibicuruzwa, bitwaje icyorezo cya Coronavirus

Ubwanditsi 17 Mar 2020 UBUKUNGU

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yasohoye itangazo kuwa mbere tariki 16 Werurwe 2020, riburira abacuruzi batangiye kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa cyane cyane ibyo kurya, bitwaje icyorezo cya Coronavirus, ko abazabifatirwamo bazahanwa hakurikijwe itegeko.

Iyo Minisiteri ivuga ibi ishingiye ku itegeko nomero 36/2012 ryo ku wa 21 Nzeri 2012 rigenga ihiganwa mu bucuruzi no kurengera abaguzi.

Inashingira kandi ku igenzura ryakorewe kuri bimwe mu bicuruzwa mu masoko atandukanye yo hirya no hino mu gihugu, rikaba ryarasanze hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro bitewe n’uko bamwe mu bacuruzi bihisha inyuma y’ibihe bigoye igihugu kirimo bitewe n’icyorezo cya Coronavirus.

Kubera iyo mpamvu, MINICOM irasaba abacuruzi bose ibi bikurikira:

  1. Kwirinda kuzamura ibiciro by’ibicuruzwa, byaba iby’imbere mu gihugu cyangwa ibituruka hanze yacyo.
  2. Kumanika ibiciro ku buryo bigaragarira abaguzi.
  3. Kwirinda gutanga inyemezabuguzi zidahwanye n’amafaranga bakiriye.
  4. Kwirinda gukoresha ibipimo bitujuje ubuziranenge no gucuruza ibyarengeje igihe.
  5. Kwirinda kubangamira abagenzuzi b’ubucuruzi mu gihe baje babagana.

Iyo Minisiteri yaboneyeho kugaragaza ibiciro bya bimwe mu biribwa, ababicuruza batagomba kurenza haba mu masoko no mu mabutike.

Ibyo bicuruzwa ni:

Umuceri wa Tanzaniya (25Kg), igiciro cyo kurangura ntikigomba kurenga amafaranga ibihumbi 25.500 y’u Rwanda, naho ku badandaza igiciro ntikirenge 1,200Frw ku kilo, mu gihe umuceri w’umunyarwanda (Kigori 25Kg), utarenza 18,500Frw ku barangura na 800Frw ku kilo ku badandaza.

Umuceri w’umunyarwanda (muremure 25Kg), ntugomba kurenza 19,700Frw kurangura na 850Frw ku kilo ku badandaza, naho umuceri wa Pakistan (25Kg) urangurwa ku 21,000Frw ukadandazwa ku giciro kitarenze 900Frw ku kilo, mu gihe uwa Tayilande utagomba kurenza 26.500Frw ku barangura na 1,200Frw ku kilo ku badandaza.

Ibishyimbo by’umutuku ku barangura ntibigomba kurenza 600Frw ku kilo, naho kudandaza ntibirenze 650Frw ku kilo, mu gihe ibya Colta bigomba kurangurwa atarenze 850Frw ku kilo na 1,000Frw ku kilo ku badandaza.

Kawunga (MINIMEX na Iraboneye 25Kg), ntizigomba kurenza 17,000Frw kurangura na 800Frw ku kilo ku badandaza, naho izindi kawunga zikarangurwa ku 15,000Frw zikadandazwa kuri 620Frw ku kilo.

Ibirayi bya Kinigi ku barangura ntibigomba kurenza 380Frw ku kilo, naho abadandaza ntibagomba kurenza 420Frw ku kilo, mu gihe ibirayi by’umweru birangurwa ku yatarenga 280Frw bigacuruzwa ku yatarenze 300Frw ku kilo.

Amavuta yo kurya (5L) arangurwa ku yatarenga 9,000Frw akadandazwa ku 2,200Frw kuri litiro, naho igitoki kikarangurwa atarenze 280Frw ku kilo kigacuruzwa kuri 300Frw ku kilo.

Ifu y’imyumbati ku badandaza, ikilo kimwe kigomba kugura hagati ya 400 na 800, naho ifu ya Kinazi (40Kg) kurangura ntigomba kurenza 23,000Frw, ikagurishwa atarenga 900Frw ku kilo ku badandaza.

Isukari iva hanze (50Kg) ntigomba kurenza 39,500Frw ku barangura na 900Frw ku badandaza mu gihe iya Kabuye (50Kg) itagomba kurenza ibihumbi 42,000Frw ku barangura na 1,000Frw ku kilo ku badandaza.

MINICOM irasaba abaguzi gutanga amakuru mu gihe babona izamuka rikabije ry’ibiciro aho ari ho hose kugira ngo hafatwe ingamba byihuse, bahamagara ku murongo utishyurwa 3739, bakaba banawuherwaho n’andi makuru bifuza.

Iyo Minisiteri kandi ivuga ko abacuruzi batazubahiriza ibikubiye muri iryo tangazo bazahanwa hakurikijwe amategeko.

2020-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe yatangije ikoreshwa ry’imodoka za mbere zifashisha amashanyarazi mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Oct 2019
BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

BNR yongeye kugabanya inyungu amabanki aherwaho inguzanyo

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019
Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Berlin G20 : Perezida Kagame yeretse ibihugu bikize aho bikwiye gushora imari muri Afurika

Ubwanditsi 13 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC
IMIKINO

Rayon Sports yongeye gutsikira mbere yo guhura na APR FC

Ubwanditsi 01 Apr 2019
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti
IKORANABUHANGA

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Kiliziya Gatolika yamaganiye kure Nahimana Thomas ugiye kuza mu Rwanda
Mu Mahanga

Kiliziya Gatolika yamaganiye kure Nahimana Thomas ugiye kuza mu Rwanda

Ubwanditsi 24 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru