• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa
Kayumba Rugema ibumoso na Gatsinzi Fidele, umunyarwanda wahohotewe na CMI ihagarariwe na Rugema

Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa

Editorial 28 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU

Rugema Narcisse, Ubusanzwe wiyita  Kayumba Rugema ku rubuga rwa  Facebook, afite imyaka  44 y’amavuko avuka kuri  Claudien Kayumba na Jeanne Bazubagira yavukiye ahitwa Rwekubo, Mu nkambi y’Impunzi ya Nakivale Refugee Camp izwi nka Nyakivala mu karere ka Mbarara, mu gihugu cya Uganda. Ku bakuranye nawe bamuzi ku izina ribyiniriro rya  Gafirifiri, iri zina barimwise kuko yakundaga kunywa  inzoga y’inkorano nsukano ikunda kunyobwa  mu bugande bita Haragye cyangwa Warage

Ku bazi neza kandi cyane uyu munyarwanda  (ni mwishywa Kayumba Nyamwasa, Ushinjwa ibyaha byo guhungabanya umutekano w’URwanda kandi akaba anakuriye umutwe w’iterabwoba uzwi nka RNC), Ibi ni bimwe mu bimenyetso bya Rugema Kayumba Narcisse byamuranze bijyanye n’Imyitwarire mibi:

Amashuri abanza Kayumba Rugema yayigiye muri Uganda ndetse n’igice kimwe cy’amashuri yisimbuye. Guverinoma y’abicanyi imaze kwirukanwa mu gihugu, Kayumba Rugema hamwe n’umuryango we baratashye akomereza amashuri yisumbuye mu ishuri ryitwaga Kigali International Academy nyuma arangiriza muri Lyce de Kigali.

Nyuma y’amashuri yisumbuye , Rugema yaje kwinjira igisirikare cya Rwanda Defense Force (RDF) muri1998, ajya guhugurwa mu gice cyayo Igisirikare kirwanira mu kirere ( Rwanda Air force). Mu mwaka w’ 2000, yari afite ipeti rya Kaporali, Rugema yaje kwemererwa gukomeza amashuri ye mu ishuri ryahoze ryitwa  Kigali Institute of Science and Technology (KIST) kuri Buruse ya Leta, asoza amashuri ya Kaminuza mu mwaka wa  2005 Mu ishami ry’Ubushakashatsi mu butetsi (Food Science).

Nyuma yo kurangiza ayo mashuri  Rugema yakomeje inshingano ze mu gisirikare, icya mbere yituye igihugu cyamugoragoje ni ukugaragaza imyitwarire idasanzwe akiri mu kazi kugeza ahindutse umuvugizi w’ibikorwa by’iterabwoba. Mbere akiri mu Rwanda bwagerageje kumwegera buramuganiriza bumugira inama ntiyumva agaragaza ubutagondwa.

Nyuma yaje gutoroka igisirikare asubira mu gihugu cya Uganda. Gusa nta gitangaza kirimo kuko umuntu w’Intagondwa n’agasuzuguro nka ka Rugema ntabwo yari kubasha kugendera kuri Disipuline izwi ku gisirikare cy’uRwanda cya  RDF,” Ubuhamya bw’umuzi burakomeza.

Ku bibuka ibikorwa bibi bya  Rugema byose mu nkambi y’Impunzi, ndetse n’abiganye nawe bahamya  ko yari umwana ugoranye cyane ufite imyitwarire mibi nta disipuline, wa mwana wananiranye usuzugura ababyeyi,Inshuti n’abavandimwe!” Hari uwibuka ko yigeze gufatanwa n’abandi bana bitumye ku mavomo y’inkambi y’impunzi ya Nyakivala kandi ariwe wari washutse abo bana. Ubwo ngo yahimaga abaturanyi be bari bamucyashye nyuma yo gukomeretsa umwana w’Umukobwa bari baturanye abahimisha kwituma mu mazi bakoreshaga.

Mu gihe yabaga mu Rwanda, Rugema azwi nk’umuntu wari Ikigimbe w’Umunyagasuzuguro udatinya abamuruta. Mu gihe yigaga mu ishuri rya  Rwanda International Academy, Rugema ntiyasibaga kurwana n’abandi banyeshuri noneho Umuyobozi w’Ikigo cyangw aushinzwe Disipline iyo bamwegeraga bamuhana , akarakara cyane ugasanga ararusha ubukana uwo yahohoteye. Cyangwa se ntatinye kubatuka hakaba ubwo anatoroka ikigo akigendera akazaba akigarukamo nyuma.

“Yakundaga gusiba akenshi ukamubona aje mu gihe cy’Ibizamini,” Uwo biganye nkuko yabigarutseho. Niyo mpamvu akenshi nta muntu biganye watangajwe n’amanota make yabonye ku mpamyabushobozi.

Ubuzima ntabwo bwigeze bumworohera na mba ubwo yari mu buhungiro i Bugande. Mu mwaka wa 2009 yaje kubona akazi ko gucunga Umutekano mu gihugu cya Iraq mu kigo cy’Umuvandimwe wa Museveni , Salim Salleh Akandwanaho. Yabaye umusekirite ku masezerano y’Umwaka nyuma urangiye agaruka, n’Ubwiyemezi bwinshi buvanze n’Ubukene. Ku bw’amaburaburizo yagize amahirwe yo kujya Norway, abeshya ko atotezwa ava iBugande atyo yerekeza iya  Oslo, Asiga umuryango we Inyuma

Aho muri Norway ni naho yaje kwinjira mu mutwe w’iterabwoba wa RNC ukuriwe na Nyirarume Kayumba Nyamwasa niko kuwuhagararira mu bihugu bya Scandinavia (dore ko ari umutwe w’umuryango) aribyo Danimarike. Noruveje, Suwede, Finilandi, na Iceland .

Rugema yakunze kugaragara cyane asebya igihugu cy’u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko Facebook. Ajya anagaragara rimwe narimwe ku maradiyo akorera kuri murandasi, asebya ubuyobozi n’Igihugu cy’uRwanda aho usangwa amagambo ye yuje uburozi n’urwango ku gihugu cye cy’inkomoko.

Ubwo RNC yagaragazaga cyane ibikorwa byayo muri Uganda, Igahabwa ubufasha n’uburenganzira bwo kuhakorera , ahagana muri 2016-17, Rugema yagarutse i Kampala akora byeruye nk’intumwa ya RNC , akagaragara ari kumwe n’abamushyigikiye bo mu iperereza rya Ugandan Military Intelligence (CMI) bashaka abantu bo kwinjiza mu mutwe ngo baze bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Perezida Museveni yibeshyaga yuko yakoresha RNC  ngo ahindure ubutegetsi bw’uRwanda ariko abenshi babifata nk’Ubusazi cyangwa kwikirigita ugaseka. Muri icyo gihe kandi bizwi ko Rugema yafatanyije na CMI , bashimuse ndetse batoteza umunyarwanda  Fidele Gatisnzi – Umugabo w’Umunyarwanda wari waragiye gusura umwana we wigaga muri Kaminuza ya Mukono. Gatsinzi yagarutse ku buryo Rugema yamutombokeraga amushinja ko ari Intasi ya Kigali nk’uko Gatsinzi ubwe yabyivugiraga. Rugema Kayumba afata Gatsinzi ari kumwe na CMI, nawe ubwe yari afite imbuda ntoya ya Pistolet.

Baramutoteje bamwica urubozo, baraza bamuta i Gatuna ku mupaka. Ameze nabi arembye bibabaje, atabasha kugenda ari mu igare ry’ababana n’ubumuga. Gusa ariko ashima Imana yamwamuruye kuri icyo kirura Rugema . Ibikorwa bya Rugema byo gutoteza abenegihugu babaga baje ibugande byageze  ku buyobozi bushinzwe impunzi muri Noruveje kubera gutinya kwamburwa ibyangombwa by’Impunzi yavuye ibugande asubira Norway.Ariko rero,Ibikorwa bye byo gusebya uRwanda biratumbagira ku buryo mu minsi yashize yaje kubura akazi ke k’Ubuseriveri (Waiter),mu ruriro rwa Oslo (Restaurant) nyuma y’ibikorwa bye byo guharira n’abakiliya amazemo iminsi kuko yaregwaga ko atari acyita ku bakiliya mbese ubona yarataye umutwe ubona adahari

N’uko kubera kubura icyo akora gihoraho yahisemo gushinga iradiyo ikorera kuri Murandasi  yayise  Inda Y’ingoma, mbese aho usanga abeshya ndetse asebya igihugu avuga amagambo adafite cumi na kabiri.

Kayumba Rugema avuga yigamba ibitero ku Rwanda kuri Facebook, ariko ntabwo Callixte Nsabimana cyangwa Herman Nsengimana bigeze bamubera isomo. Agomba kumenya ko ibihugu by’amajyaruguru y’uburayi bitihanganira abateza umutekano muke mu bihugu byabo kandi biyita impunzi.

 

2020-06-28
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Editorial 24 Feb 2018
Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Editorial 17 Mar 2018
Perezida Kagame yahinduye Guverinoma

Perezida Kagame yahinduye Guverinoma

Editorial 18 Oct 2018
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Editorial 23 Jun 2022
Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Editorial 24 Feb 2018
Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Editorial 17 Mar 2018
Perezida Kagame yahinduye Guverinoma

Perezida Kagame yahinduye Guverinoma

Editorial 18 Oct 2018
“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

“Nta gihe ntabwiye Perezida Tshisekedi ko gushinja u Rwanda ibinyoma ari uguhunga inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu”. – Perezida Paul Kagame.

Editorial 23 Jun 2022
Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Editorial 24 Feb 2018
Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Village Urugwiro : Inama idasanzwe y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko itandukanye

Editorial 17 Mar 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru