• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa
Kayumba Rugema ibumoso na Gatsinzi Fidele, umunyarwanda wahohotewe na CMI ihagarariwe na Rugema

Kayumba Rugema uzwi ku izina rya Gafirifiri wigamba ibitero by’iterabwoba mbere yuko biba ni muntu ki? Sobanukirwa naho ahuriye nibyo bikorwa

Ubwanditsi 28 Jun 2020 INKURU NYAMUKURU

Rugema Narcisse, Ubusanzwe wiyita  Kayumba Rugema ku rubuga rwa  Facebook, afite imyaka  44 y’amavuko avuka kuri  Claudien Kayumba na Jeanne Bazubagira yavukiye ahitwa Rwekubo, Mu nkambi y’Impunzi ya Nakivale Refugee Camp izwi nka Nyakivala mu karere ka Mbarara, mu gihugu cya Uganda. Ku bakuranye nawe bamuzi ku izina ribyiniriro rya  Gafirifiri, iri zina barimwise kuko yakundaga kunywa  inzoga y’inkorano nsukano ikunda kunyobwa  mu bugande bita Haragye cyangwa Warage

Ku bazi neza kandi cyane uyu munyarwanda  (ni mwishywa Kayumba Nyamwasa, Ushinjwa ibyaha byo guhungabanya umutekano w’URwanda kandi akaba anakuriye umutwe w’iterabwoba uzwi nka RNC), Ibi ni bimwe mu bimenyetso bya Rugema Kayumba Narcisse byamuranze bijyanye n’Imyitwarire mibi:

Amashuri abanza Kayumba Rugema yayigiye muri Uganda ndetse n’igice kimwe cy’amashuri yisimbuye. Guverinoma y’abicanyi imaze kwirukanwa mu gihugu, Kayumba Rugema hamwe n’umuryango we baratashye akomereza amashuri yisumbuye mu ishuri ryitwaga Kigali International Academy nyuma arangiriza muri Lyce de Kigali.

Nyuma y’amashuri yisumbuye , Rugema yaje kwinjira igisirikare cya Rwanda Defense Force (RDF) muri1998, ajya guhugurwa mu gice cyayo Igisirikare kirwanira mu kirere ( Rwanda Air force). Mu mwaka w’ 2000, yari afite ipeti rya Kaporali, Rugema yaje kwemererwa gukomeza amashuri ye mu ishuri ryahoze ryitwa  Kigali Institute of Science and Technology (KIST) kuri Buruse ya Leta, asoza amashuri ya Kaminuza mu mwaka wa  2005 Mu ishami ry’Ubushakashatsi mu butetsi (Food Science).

Nyuma yo kurangiza ayo mashuri  Rugema yakomeje inshingano ze mu gisirikare, icya mbere yituye igihugu cyamugoragoje ni ukugaragaza imyitwarire idasanzwe akiri mu kazi kugeza ahindutse umuvugizi w’ibikorwa by’iterabwoba. Mbere akiri mu Rwanda bwagerageje kumwegera buramuganiriza bumugira inama ntiyumva agaragaza ubutagondwa.

Nyuma yaje gutoroka igisirikare asubira mu gihugu cya Uganda. Gusa nta gitangaza kirimo kuko umuntu w’Intagondwa n’agasuzuguro nka ka Rugema ntabwo yari kubasha kugendera kuri Disipuline izwi ku gisirikare cy’uRwanda cya  RDF,” Ubuhamya bw’umuzi burakomeza.

Ku bibuka ibikorwa bibi bya  Rugema byose mu nkambi y’Impunzi, ndetse n’abiganye nawe bahamya  ko yari umwana ugoranye cyane ufite imyitwarire mibi nta disipuline, wa mwana wananiranye usuzugura ababyeyi,Inshuti n’abavandimwe!” Hari uwibuka ko yigeze gufatanwa n’abandi bana bitumye ku mavomo y’inkambi y’impunzi ya Nyakivala kandi ariwe wari washutse abo bana. Ubwo ngo yahimaga abaturanyi be bari bamucyashye nyuma yo gukomeretsa umwana w’Umukobwa bari baturanye abahimisha kwituma mu mazi bakoreshaga.

Mu gihe yabaga mu Rwanda, Rugema azwi nk’umuntu wari Ikigimbe w’Umunyagasuzuguro udatinya abamuruta. Mu gihe yigaga mu ishuri rya  Rwanda International Academy, Rugema ntiyasibaga kurwana n’abandi banyeshuri noneho Umuyobozi w’Ikigo cyangw aushinzwe Disipline iyo bamwegeraga bamuhana , akarakara cyane ugasanga ararusha ubukana uwo yahohoteye. Cyangwa se ntatinye kubatuka hakaba ubwo anatoroka ikigo akigendera akazaba akigarukamo nyuma.

“Yakundaga gusiba akenshi ukamubona aje mu gihe cy’Ibizamini,” Uwo biganye nkuko yabigarutseho. Niyo mpamvu akenshi nta muntu biganye watangajwe n’amanota make yabonye ku mpamyabushobozi.

Ubuzima ntabwo bwigeze bumworohera na mba ubwo yari mu buhungiro i Bugande. Mu mwaka wa 2009 yaje kubona akazi ko gucunga Umutekano mu gihugu cya Iraq mu kigo cy’Umuvandimwe wa Museveni , Salim Salleh Akandwanaho. Yabaye umusekirite ku masezerano y’Umwaka nyuma urangiye agaruka, n’Ubwiyemezi bwinshi buvanze n’Ubukene. Ku bw’amaburaburizo yagize amahirwe yo kujya Norway, abeshya ko atotezwa ava iBugande atyo yerekeza iya  Oslo, Asiga umuryango we Inyuma

Aho muri Norway ni naho yaje kwinjira mu mutwe w’iterabwoba wa RNC ukuriwe na Nyirarume Kayumba Nyamwasa niko kuwuhagararira mu bihugu bya Scandinavia (dore ko ari umutwe w’umuryango) aribyo Danimarike. Noruveje, Suwede, Finilandi, na Iceland .

Rugema yakunze kugaragara cyane asebya igihugu cy’u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga by’umwihariko Facebook. Ajya anagaragara rimwe narimwe ku maradiyo akorera kuri murandasi, asebya ubuyobozi n’Igihugu cy’uRwanda aho usangwa amagambo ye yuje uburozi n’urwango ku gihugu cye cy’inkomoko.

Ubwo RNC yagaragazaga cyane ibikorwa byayo muri Uganda, Igahabwa ubufasha n’uburenganzira bwo kuhakorera , ahagana muri 2016-17, Rugema yagarutse i Kampala akora byeruye nk’intumwa ya RNC , akagaragara ari kumwe n’abamushyigikiye bo mu iperereza rya Ugandan Military Intelligence (CMI) bashaka abantu bo kwinjiza mu mutwe ngo baze bahungabanye umutekano w’u Rwanda.

Perezida Museveni yibeshyaga yuko yakoresha RNC  ngo ahindure ubutegetsi bw’uRwanda ariko abenshi babifata nk’Ubusazi cyangwa kwikirigita ugaseka. Muri icyo gihe kandi bizwi ko Rugema yafatanyije na CMI , bashimuse ndetse batoteza umunyarwanda  Fidele Gatisnzi – Umugabo w’Umunyarwanda wari waragiye gusura umwana we wigaga muri Kaminuza ya Mukono. Gatsinzi yagarutse ku buryo Rugema yamutombokeraga amushinja ko ari Intasi ya Kigali nk’uko Gatsinzi ubwe yabyivugiraga. Rugema Kayumba afata Gatsinzi ari kumwe na CMI, nawe ubwe yari afite imbuda ntoya ya Pistolet.

Baramutoteje bamwica urubozo, baraza bamuta i Gatuna ku mupaka. Ameze nabi arembye bibabaje, atabasha kugenda ari mu igare ry’ababana n’ubumuga. Gusa ariko ashima Imana yamwamuruye kuri icyo kirura Rugema . Ibikorwa bya Rugema byo gutoteza abenegihugu babaga baje ibugande byageze  ku buyobozi bushinzwe impunzi muri Noruveje kubera gutinya kwamburwa ibyangombwa by’Impunzi yavuye ibugande asubira Norway.Ariko rero,Ibikorwa bye byo gusebya uRwanda biratumbagira ku buryo mu minsi yashize yaje kubura akazi ke k’Ubuseriveri (Waiter),mu ruriro rwa Oslo (Restaurant) nyuma y’ibikorwa bye byo guharira n’abakiliya amazemo iminsi kuko yaregwaga ko atari acyita ku bakiliya mbese ubona yarataye umutwe ubona adahari

N’uko kubera kubura icyo akora gihoraho yahisemo gushinga iradiyo ikorera kuri Murandasi  yayise  Inda Y’ingoma, mbese aho usanga abeshya ndetse asebya igihugu avuga amagambo adafite cumi na kabiri.

Kayumba Rugema avuga yigamba ibitero ku Rwanda kuri Facebook, ariko ntabwo Callixte Nsabimana cyangwa Herman Nsengimana bigeze bamubera isomo. Agomba kumenya ko ibihugu by’amajyaruguru y’uburayi bitihanganira abateza umutekano muke mu bihugu byabo kandi biyita impunzi.

 

2020-06-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Burundi haravugwa indi mirambo 14 yatoraguwe mu ishyamba rya Kibira

Ubwanditsi 07 Mar 2019
Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Mitali Protais igihe cyose azavira mu bwihisho azahita atabwa muri yombi – Mutangana

Mitali Protais igihe cyose azavira mu bwihisho azahita atabwa muri yombi – Mutangana

Ubwanditsi 19 Mar 2019
Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Ubwanditsi 20 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga
IMIKINO

Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize
Mu Mahanga

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 22 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru