• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Editorial 05 Aug 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe dukesha abari mu nzego z’umutekano mu gihugu cya Uganda, aravuga ko perezida Yoweri Kaguta Museveni yababajwe bikomeye n’uko umugambi wose afashijemo RNC ujya ahagaragara utaranatangira.

Ibi yabigaragarije kayumba Nyamwasa mu nama baherutse kugirana, ndetse Museveni ahita anategeka urwego rw’iperereza rwa Uganda, CMI, gushyiraho ishuri ryihariye, rishinzwe guhugura mu bya politiki abayoboke ba wa mutwe w’ iterabwoba , RNC, wa Kayumba Nyamwasa.
Aya makuru aravuga ko Museveni yagiranye ikiganiro n’ icyihebe Nyamwasa, bakaza gusanga agatsiko kabo gahuzagurika cyane, ku buryo bizabagora kugera ku ntego yo guhungabanya umutekano w’uRwanda. Perezida Museveni yagaragarije Nyamwasa uburakari, amwereka ko atishimiye ukuntu abarwanyi ba P5,(umutwe wa gisirikari wa RNC), bishwe nk’udushwiriri muri Kongo, abatabarika bafatwa mpiri, biza gukurikirwa na benshi mu bayoboke ba RNC, basezeye kuri Kayumba Nyamwasa bavugako ari igisambo, umutekamutwe ubeshya ngo afite ingabo, kandi ari inzererezi zashowe mu ntambara zitazi uko izarwanwa. Perezida Museveni rero akimara gutanga amabwiriza yo guhurura abayoboke ba Nyamwasa, ahitwa MBUYA, mu mujyi wa Kampala, hahise hashakwa inzu nini, irindiwe umutekano bikomeye, ikaba iri mu maboko ya CMI.

Aya makuru akomeza avuga ko abahuzabikorwa b’aya mahugurwa ya ‘cadreship” ku bayoboke ba RNC, aribo Sulah Nuwamanya Wakabirigi n’umugore witwa Prossy Bonabaana. Ubu banahawe abasirikari ba Uganda babarindira umutekano , bakazunganirwa na NTWALI Frank, muramu wa Kayumba Nyamwasa.
Uretse amahugurwa atangirwa muri Uganda kandi, hari n’atangwa hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanah(online courses), agatangwa n’ ibigarasha binyuranye, nka Gervais Condo, umunyamabanga mukuru wa RNC uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Epimaque Ntamushobora, komiseri ushinzwe ubukangurambaga, akaba atuye mu Bwongereza, na Ali Abdul Karim , umugaragu wa Nyamwasa, akaba anashinzwe itumanaho muri RNC n’imitungo ya shebuja Nyamwasa, harimo no gushaka abapangayi b’amazu ye.
Mu nama Museveni yagiriye kayumba Nyamwasa kandi, harimo gukomeza gushukashuka, mu ibanga, abayoboke biganjemo abanyarwanda baba I kampala, no mu nkambi za Kiboga, Kibale na Nyakivara, ndetse Nuwamanya na Boonabana bakaba bamaze iminsi muri izi nkambi, bari mu modoka yo mu bwoko wa Toyota, ifite plaque UBB 294Y.
Mu nama yabereye i Gatuna, igamije kurangiza ibibazo Uganda ihora itera uRwanda, Museveni yakozwe n’isoni ubwo yerekwaga ibimenyetso simusiga bimuhamya uruhare rutaziguye mu gushyigikira abahungabanya umutekano w’uRwanda. Kuva icyo gihe yarakariye RNC na CMI, abishinja kunanirwa gukora rwihishwa, kugeza ubwo isi yose itahuriye ibikorwa byose, harimo n’ibyo bibwiraga ko ari ibanga rikomeye. Nguko uko yahise ategeka umukuru wa CMI, Abel KANDIHO gukora ibishoboka byose ibikorwa bya RNC bigakomeza, ariko ntawe umennye ibanga. Guhera ubwo Kandiho n’icyegera cye CK ASIIMWE, barakorana bya hafi na NUWAMANYA na BOONABANA, nubwo bitabuza amakuru nyayo gusohoka.!!.
Ababikurikiranira hafi basanga na Museveni akwiye amahugurwa muri iryo shuri yashyiriyeho RNC, kuko nawe ubwe agaragaza ubuswa, igihe cyose azaba afasha abantu batagira umurongo wa politiki uhamwe nka Kayumba Nyamwasa, ushyira imbere inda ye, n’andi mabandi utabarizaho ibitekerezo biyobora abandi.Akaga abarwana ubutegetsi bw’uRwanda bakomeje guhurira nako mu Burasirazuba bwa Kongo kagombye kubabera isomo, kandi nta karakorwa.
Museveni, Nyamwasa n’ibindi bigarasha bikwiye kumenya ko barushywa n’ubusa. Ko imigambi yabo imenyekana itaranaba, kuko Abanyarwanda bakunda uRwanda ntaho batari, yemwe no mubo bita inkoramutima, bava mu nama bakihutira kutubwira uko ubwo bugambanyi bukorwa.

2020-08-05
Editorial

IZINDI NKURU

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Urubyiruko rwo muri FDU-Inkingi rukomeje konswa ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 06 Apr 2022
U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

U Rwanda ruzakira imikino y’amajonjora y’ibanze y’igikombe cy’isi 2026 muri Basketball, tombola iyoborwa Minisitiri Mimosa

Editorial 26 Apr 2024
Muramu wa Rwigara [ Ben Rutabana ]na Edgar Tabaro mu mugambi wo kwagura RNC mu karere ushyigikiwe na Museveni

Muramu wa Rwigara [ Ben Rutabana ]na Edgar Tabaro mu mugambi wo kwagura RNC mu karere ushyigikiwe na Museveni

Editorial 18 Sep 2018
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Editorial 04 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0
Mu Mahanga

POLISI FC YATSINZE MUKURA VICTORY SPORT IGITEGO 1-0

Editorial 18 Apr 2016
Umunyarwenya Salvado ukomeye I Bugande yageze I Kigali
HIRYA NO HINO

Umunyarwenya Salvado ukomeye I Bugande yageze I Kigali

Editorial 14 Feb 2018
Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994
Amakuru

Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994

Editorial 03 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru