• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Mu gihe Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu Rwanda hagati ya Mata-Nyakanga 1994, maze abayikoraga bagatsindwa burundu n’Ingabo zahoze ari iza RPF Inkotanyi, hari abakomoka kuri izo nterahamwe na Ex FAR babaga hanze y’igihugu kugeza nanuyu munsi bakaba batarumva uburyo ingabo zabo n’interahamwe batsinzwe. Ikindi ntabwo bemera ko izo ngabo zabo zakoze Jenoside yakorewe Abatutsi ahubwo bo baharanira kuyihakana.

Muri abo harimo bamwe bibumbiye mu ishyaka rya FDU Inkingi, uhereye ku warishinze ariwe Ingabire Victoire wagiye mu Buholandi mu mwaka wa 1993, ariko ababyeyi be bakaba ku isonga mu kurimbura Abatutsi cyane cyane nyina Therese Dusabe yabashije gucikisha akamuhungishiriza mu Buholandi. Undi tugiye kugarukaho uyu munsi ni Rwalinda Pierre Celestin  washakanye na Febronie Nyiranganizi wakoraga kuri Radiyo Rwanda ariko ubu bakaba babana mu Bufaransa. Rwalinda ni mwene Rukaza na Bizagwira akaba akomoka mu mudugudu wa Gatongo, Akagari ka Gashyamba mu murenge wa Janja mucyahoze ari Komini Gatonde Segiteri Kivune.

Ingengabitekerezo ya Jenoside, ya Rwalinda irangajwe imbere no gutsindwa kwa MRND na CDR, ayikura nanone mu muryango yashatsemo. Sebukwe witwa Ruzinga ariwe ubyara umugore we Febronie Nyiranganizi yari umucuruzi uzwi ahitwa mu Kivuruga guhera kera, akaba ari mu bavugaga rikijyana, bityo n’umugambi wa Jenoside awakira na yombi, anashishikariza abanda kuwuyoboka. Sebukwe wa Rwalinda ariwe Ruzinge, Interahamwe kabombo, yarafashwe arafungwa anarakatirwa. Yari umusaza agwa mu Bitaro bya Musanze (yari afungiye muri Gereza ya Musanze).

Uyu Ruzinge kandi yari afite abagore babiri kandi abana be bose bisangaga muri Leta y’Akazu; usibye Febronie Nyiranganizi wari waragiriwe icyizere cyo gusoma amakuru mu Kinyarwanda kuri Radiyo y’igihugu hamwe n’umucurabwenge wa Jenoside ariwe Jean Baptiste Bamwanga n’abandi bana bari bafite imyanya ikomeye. Uyu Bamwanga niwe wasomye inkuru y’ikinyoma kuri Radio Rwanda tariki ya 3 Werurwe 1992 ko babonye urwandiko ruriho amazina y’abayobozi b’u Rwanda icyo gihe bagombaga kwica na FPR. Icyo gihe Interahamwe ziraye mu Batutsi bo mu Bugesera abagera kuri 200 bicwa mu ijoro rimwe. Bivuga ko iryo tangazo yarihawe na Ferdinand Nahimana.Ruzinge rero, Sebukwe wa Rwalinda, abana be bose bari bakomeye muri Leta y’akazu; yari afite abana babiri b’abahungu harimo Nsenga Gérard (wari umucuruzi nka se akaba yarigeze no kwiyamamariza kuba député) na Ngendahimana Aloys, wabaye umuyobozi mukuru muri ministeri y’uburezi ndetse n’iy’ubutegetsi bw’igihugu. Ariko aba bahungu bombi ntibavukana na Febronie Nyiranganizi kuri nyina umwe n’ubwo ari bene mugabo umwe, kubera ko Interahamwe Ruzinge yari ifite abagore babiri.

Ruzinge kandi yarafite n’umukobwa wakoraga muri RTLM nk’umunyamabanga wihariye wa Ferdinand Nahimana, akagira nundi mukobwa wari umugore wa Major Twambaze Aloys (ex-FAR). Rwalinda, nkabandi bose bo munda y’ingoma ya MRND & CDR nyuma yaje guhinduka FDU Inkingi, ni abantu bafite agahinda n’umujinya ko batakiri ku butegetsi bityo umujinya bakawutura imbuga nkoranyambaga.

Kuko Jenoside yabaye adahari, Rwalinda yigize umuvugizi w’abajenosideri bose bahunze abagira abere, ariko ubukana afite iyo aba ari mu Rwanda yari kuba Interahamwe kurusha Sebukwe. Cyane ko nk’umuntu wabashije kwiga ukomoka mu muryango w’abakene, yashatse kwa Ruzinge ashaka amaboko dore ko ari umuryango wisangaga mu Kazu kari ku butegetsi. Ubu twandika iyi nkuru, mukecuru wa Rwalinda amaze iminsi mike apfuye akaba yarafashwaga muri gahunda za Leta. Ariko rero Rwalinda nubwo yihebeye gufasha abarwanya u Rwanda yibagiwe umuryango dore ko hari mushiki we witwa Nyirabahutu ubyarira iwabo ukeneye ubufasha bwe bwiyongera kubwo ahabwa na Leta y’u Rwanda. Naho kwigira intagondwa ntabwo bizatagatifuza Sebukwe baramu be ndetse na baramukazi be!

2020-08-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Nyuma y’aho bamwihakaniye umunyapolitiki Chemisa yazanye ibigaragaza ko aziranye na perezida Kagame

Ubwanditsi 31 May 2018
Uko uBubiligi bwabaye indiri y’ibyihebe n’abicanyi bakoze Jenoside mu Rwanda

Uko uBubiligi bwabaye indiri y’ibyihebe n’abicanyi bakoze Jenoside mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Nov 2019
Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Uburyo bushya abarwanya Leta y’u Rwanda, batangije bwo gukwirakwiza ibihuha.

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Perezida Alassane Ouattara yageze i Kigali yitabiriye umuhango uzahemberwamo Ellen Johnson Sirleaf

Ubwanditsi 26 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize
UBUKUNGU

CIMERWA yungutse miliyari 16.7 Frw mu mezi 12 ashize

Ubwanditsi 05 Dec 2019
Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara
UBUKUNGU

Imitungo y’abo kwa Rwigara ishobora gutangira gutezwa cyamunara

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 24 Aug 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru