• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Paul Rusesabagina Mu Maboko y’Ubutabera bw’uRwanda: Amaherezo y’Inzira ni mu nzu,kandi u Rwanda Ruratera Ntiruterwa

Ubwanditsi 31 Aug 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 31 Kanama 2020, nibwo Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha “RIB” rwatangaje inkuru yanyuze Abanyarwanda benshi, y’ifatwa rya Paul Rusesabagina, ndetse anerekwa itangazamakuru.

Uyu mugabo gito akurikiranweho ibyaha byinshi birimo iby’iterabwoba n’ibindi bitandukanye, RIB yatangaje ko uyu Rusesabagina wamamamaye cyane atuka uRwanda n’abayobozi bakuru barwo biherekejwe no gukurira umutwe w’Iterabwoba wagaragaye utwika ndetse unica abaturage , yafashwe ku bufatanye bw’u Rwanda n’amahanga, dore ko yari yaranashyiriweho impapuro mpuzamahanga zisaba ko atabwa muri yombi.

Bimwe mu byo ashinjwa harimo kurema no kuyobora imitwe yitwaje intwaro irimo MRCD, ndetse n’ikiryabarezi yashinze cyitwa PDR-Ihumure, Bimwe mu bitero iyi mitwe yagiye igiramo uruhare harimo icya Nyabimata cyabaye muri Kamena 2018, ndetse n’ikindi cyabereye muri Nyamagabe mu kwezi kwa 12 muri 2018.

Ubwo yerekwaga itangazamakuru yagaragaraga nk’ufite ikimwaro, ubona yibaza icyo azabwira Abanyarwanda ku marorerwa yabakoreye, arimo n’ubwicanyi bwahitanye ubuzima bwa benshi muri bo.
Mu mwaka wa 2018 nibwo humvikanye ibitero byagiye bigabwa mu majyepfo y’u Rwanda cyane cyane mu nkengero z’ishyamba rya Nyungwe aho byanatwaye ubuzima bw’abanyarwanda b’inzirakarengane abandi barashimutwa, bikorezwa ibyo izo nyangabirama za Rusesabagina zari zimaze gusahura, icyo gihe Polisi y’igihugu yatangaje ko abari bagabye icyo gitero bari baje baturuka mu Burundi ndetse bakanyura mu ishyamba rya Nyungwe bahunga.

Igihe bakubitwaga inshuro n’ingabo z’u Rwanda, Ibi bitero kimwe n’utundi dutero-shuma twagiye dukurikiraho byaje kwigambwa na Paul Rusesabagina, wiyemerera ko ari umuyobozi w’ingirwashyaka ,MRCD ryaje kunyunyuza imitsi ya zimwe mu mpunzi z’abanyarwanda .

Uyu Rusesabagina yari amaze iminsi anumvikana cyane ku maradio mpuzamahanga avuga ko yifatanije n’imitwe y’iterabwoba irimo nka FDLR igizwe na benshi mu basize bahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse yanifatanije na CNRD ya Wilson Irategekla nawe wari waritandukanije na FDLR. Mu gushinga MRCD uyu mugabo wahoze ari umutetsi akaza kwigira umunyapolitiki yahuje ingirwashyaka ye PDR-Ihumure n’ibindi biryabarezi nka RRM yashinzwe na Nsabimana Callixte wari wariyise Sankara ndetse na CNRD ya Irategeka Wilson.
Nyuma yo kwihuza baje gushinga umutwe wa kinyeshyamba bari bahuriyeho bawita FLN icyo gihe mu rwego rwo kugirango batazacagagurana baha inshingano zo kubavugira uwo wiyise Sankara ndetse ahita ahabwa ipeti rya Major ibintu byafashwe nko gutesha agaciro amapeti ya gisirikari dore uko uyu muhungu atanigeze byibura anakora amahugurwa y’umunsi umwe ya gisirikari akarenga akiyita major.
Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry yabwiye abanyamakuru ko uyu Rusesabagina yafashwe ku bufatanye bw’ibihugu nyuma y’iperereza byose bizatangarizwa abanyarwanda ndetse aboneraho no gutanga ubutumwa ku bantu bose bafite umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda ababwira ko akaboko k’ubutabera kazabageraho, kikaba ari ikibazo cy’igihe gusa ngo baryozwe ayo marorerwa yabo.

Hagati aho amakuru ava mu nterahamwe, ibigarasha n’abaparimehutu aravuga ko bahiye ubwoba bwinshi mu butumwa bucicikana ku mbuga biragaragara ko batunguwe n’ifatwa rya Rusesabagina bari bazi ko yagiye gushyingura murumuna we nkuko ubutumwa bwabo kubivuga mu majwi yoherezwaga kuri WhatsApp

Buri wese aribaza niba atari we utahiwe, cyane ko bigaragara ko amahanga yatangiye kumenya neza ubugome bajunditse, bwo kubuza Abanyarwanda amahwemo.

Ngiyo politiki mburamajyo tutahwemye kubabwira Gusa Ukuri gusesuye ni uko Amarembo y’Igihugu akinguye nyamuna Amahirwe aracyahari Sekibi yaba Cyiza

Biracyaza…….

2020-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ubwanditsi 20 May 2022
Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana,    Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23

Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana, Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23

Ubwanditsi 28 Oct 2022
U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

U Bushinwa bwemeje ko bwataye muri yombi Umuyobozi wa Interpol

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Ubwanditsi 25 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup
IMIKINO

AS Kigali yegukanye Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu, izahagararira u Rwanda muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 05 Jul 2019
Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?
Amakuru

Umusazi-mwenge Karasira Aimable yanze kuburana ngo afite uburwayi bwo mu mutwe, none asohoye igitabo. Niwe wacyanditse, cyangwa aracyitirirwa?

Ubwanditsi 14 Oct 2022
Uganda:  Undi mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Undi mugabo ufite inkomoko mu Rwanda yaburiwe irengero nyuma yo gushimutwa

Ubwanditsi 24 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru