• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Ubwanditsi 03 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gutabwa muri yombi akagezwa mu Rwanda, Paul Rusesabagina yatangaje ko yiteguye kujya mu rukiko kwerekana ko arengana mu gihe hari za gihamya nyinshi zimushinja harimo nibyo we yagiye yitangariza ku giti cye nubu kuri murandasi bikaba byuzuyeyo ibi bikaba byafatwa nko kwitanguranwa kugirango naramuka ahamwe n’ibyo ashinjwa azabone urwaho rwo kuvuga ko ubutabera bwo mu Rwanda butigenga.

Uyu mugabo weretswe itangazamakuru taliki 31 Kanama 2020, ku cyicaro cya RIB ku Kimihurura yari umuyobozi w’ikiryabarezi cyiswe impuzamashyaka MRCD kigizwe na PDR-Ihumure cyuyu Rusesabagina, RRM yahoze ikuriwe na Nsabimana Callixte ubu uri kuburanishirizwa mu Rwanda ndetse na CNRD-Ubwiyunge ya Irategeka Wilson kugeza nubu waburiwe irengero kuva mu mpera z’umwaka ushize ubwo inyeshyamba yari ayoboye zahatwaga icyibatsi cy’umuriro n’ingabo za FARDC. Amakuru anyuranye avugako Irategeka yaguye mu mirwano muri Kongo.

Nyuma yo kugezwa mu Rwanda uyu mugabo asa nk’uwitanguranijwe avuga ko yiteguye kugezwa mu rukiko kugirango agaragaze ko ari umwere; igitangaje hano ni ukuntu uyu mugabo wagiye yumvikana ashimangira ko umutwe w’inyeshyamba wari ushamikiye ku ngirwashyaka MRCD wa FLN wagiye ukora ibikorwa by’iterabwoba byagiye binahitana abaturarwanda benshi haba mu karere ka Nyaruguru muri Nyabimata ndetse na Kitabi muri Nyamagabe, abasesengura bakaba bamutwenga aramutse ageze mu rukiko akigarama ibyo birego byose mu gihe hari ibimenyetso by’amajwi ndetse n’amashusho.

Uyu mugabo wagiye yumvikana ko mu Rwanda nta burenganzira buhari nyamara kuva yafatwa afungiye ku cyicaro cya Polisi yo mu mujyi wa Kigali I Remera mu karere ka Gasabo aho afashwe neza agahabwa amafunguro nk’asanzwe akenerwa na buri kiremwamuntu, ndetse anafite uburenganzira bwose burimo no guhabwa ubuvuzi dore ko ngo afite indwara y’umuvuduko w’amaraso, uyu ukorerwa ibi byose niwe wagiye yumvikana ashimangira ko mu Rwanda nta bwisanzure buhari ndetse ko bazakoresha ibishoboka byose ngo bahirike ubuyobozi bw’u Rwanda.

Paul Rusesabagina hari hashize igihe ashyiriweho impapuro mpuzamahanga zasabaga ko atabwa muri yombi agashyikirizwa ubutabera ku byaha  bikomeye aregwa birimo iterabwoba, gutwika, ubushimusi n’ubwicanyi byakozwe n’umutwe w’iterabwoba uyu mugabo yari akuriye kuva mu myaka isaga itatu ishize.
Ifatwa rye ryabaye nko gukubitwa n’inkuba ku ngirwamashyaka zisanganywe imigambi mibisha yo guhungabanya umutekano w’Abanyarwanda basa nk’abakubise igihwereye kuko bakekaga ko Rusesabagina ari igikomerezwa atapfa gufatwa nyamara akaboko k’ubutabera kagera hose kuwo ariwe wese wakoze ibyaha cyane cyane ibihungabanya umutekano w’Abanyarwanda dore ko wagezweho ku kiguzi kinini kirimo n’ubuzima bwa bamwe mu basore bagize uruhare mu kubohoza igihugu, bityo rero kuba umuntu yakwigira intyoza muri politiki yari asanzwe mu mwuga w’ubutetsi ntibimuha uburenganzira na bumwe mu guhungabanya umutekano n’umudendezo w’Abanyarwanda.

2020-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Iryavuzwe riratashye? Ben Rutabana yaburiwe irengero. RNC iratungwa urutoki

Ubwanditsi 04 Oct 2019
“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

“Uru rukiko ruzakurikirana umuntu wese uzapfobya cyangwa agahakana Jenoside yakorewe Abatutsi “-Umushinjacyaha Mukuru w’i Paris.

Ubwanditsi 05 Nov 2024
Kuki  Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye

Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye

Ubwanditsi 01 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien
Amakuru

Etienne Gatanazi noneho yagize umwere ruharwa Kabuga Félicien

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Afungura ku mugaragaro CCTV Cameras, Museveni yabonye bwa mbere ibintu bitangaje, birimo ubusambanyi buteye ubwoba muri Kampala

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0
Amakuru

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Ubwanditsi 07 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru