• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Igihugu cy’Ubwongereza gishishikajwe no gukomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus

Editorial 10 Dec 2020 Amakuru, Mu Rwanda

Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda ifatanyije n’Umuryango Grassroot development Organisation nk’umuryango utari uwa Leta batangaje ko icyo gihugu kizakomeza kizakomeza gufatanya n’u Rwanda guhangana n’icyorezo cya Coronavirus ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa Gatatu ubwo Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda ibinyujije mu Muryango udaharanira Inyungu Grassroot Development Organization (GDO), batangaga ibikoresho byo kwirinda Coronavirus ku baturage bo mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro by’Umwihariko mu isoko rya Gikondo bigizwe na Kandagirukarabe zigezweho.

Mu isoko rya Gikondo hatanzwe ibikoresho birimo kandagirukarabe zigezweho zishobora gukarabirwaho n’abantu batandatu icyarimwe, udupfukamunwa, imiti yo gukaraba yica udukoko n’ibindi, Umuyobozi ushinzwe Politiki muri Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, Bhavik Shah, yavuze ko igihugu cyabo kirajwe ishinga no guhashya Coronavirus mu bice byose by’Isi.

Yakomoje kuri gahunda igihugu cye cyatangije kuri uyu wa Kabiri, aho cyatangiye guha abaturage bacyo urukingo rwa Coronavirus rwakozwe na Sosiyete ya Pfizer ifatanyije na BioNTech. Yavuze ko nubwo bahereye ku baturage babo, u Bwongereza burajwe ishinga no kugeza urukingo ku bihugu byose kuko aribwo buzaba butekanye. Yagize ati “U Bwongereza nicyo gihugu cyatangiye gukingira abaturage bacyo kibaha urukingo rwasuzumwe, ubu ikingira rirakomeje rireba abugarijwe cyane. Turajwe ishinga n’uko buri wese ukeneye urukingo arubona kuko ntabwo ushobora kumva utekanye hari abadatekanye.’’

“Turi gukorana na Gavi twubaka ubushobozi ngo duharanire ko haboneka inkingo zihagije zikwirakwizwe hirya no hino. U Bwongereza bwifuza ko ibihugu bikize atari byo bibona urukingo gusa ahubwo bushaka ko rugera ku bihugu byose dufashe abantu kubona urukingo. ”Gavi ni Ihuriro Mpuzamahanga rishinzwe iby’Inkingo riri ku isonga mu guhuriza hamwe ibihugu ngo haboneke ubushobozi buzatuma inkingo zigera kuri bose.

Bhavik yashimiye uburyo u Rwanda rwakomeje kugaragaza umuhate n’ubufatanye muri gahunda ya Gavi, gusa avuga ko mu gihe urukingo rutaraboneka gukomeza kwirinda Coronavirus ari ingenzi ari yo mpamvu bagize uruhare mu gufasha abaturage kubona ibikoresho by’ubwirinzi.Yashimangiye ko ubwo bufasha bagiye kubugeza no mu bindi bice by’igihugu ahari abantu batishoboye.

Umuyobozi w’Umuryango GDO, Sibomana Yassin, yavuze ko batangiye gufasha abaturage bo muri Kicukiro ubwo utugari n’imidugudu imwe n’imwe yo muri ako karere yatangiraga gushyirwa mu kato kubera ubwiyongere bwa Coronavirus. Sibomana yavuze ko abaturage bose batanganya ubushobozi ariyo mpamvu bashatse uko bafasha abatishoboye kugira ngo hatagira uba icyanzu cyo kwanduza cyangwa kwanduzwa kuko atishoboye. Ati “ Twabahaye ibikoresho byo kwirinda, za kandagirukarabe zigezweho kuko nizo za mbere zitangiye gukwirakwizwa mu Rwanda, tubaha udupfukamunwa kuko abenshi usanga bidodera utwo mu bitenge cyangwa ibindi bitambaro bitujuje ubuziranenge, hakabaho no kubaha amasabune.”

Yavuze ko nk’agace gakunze kubamo urujya n’uruza rw’abantu benshi, ibikoresho nka kandagirukarabe ari ingenzi kuko bibafasha kwita ku isuku. Umukozi w’Akarere ka Kicukiro ushinzwe isuku n’isukura, Nduwamungu Jean Bosco, yavuze ko kuba abaturage bahawe ibikoresho by’isuku, bizabunganira mu gukomeza kwirinda kandi binaborohereze. Ati “Batuzaniye kandagirukarabe zikarabwaho n’abantu batandatu icyarimwe kandi zirambye. Izo twari dufite zakoreshwaga n’umuntu umwe bagatonda umurongo.

Izi bazanye na wa muntu ufite ubumuga uri ku igare azajya abasha gukaraba. Hazajya hakaraba abantu benshi kandi bigabanye kwa gutinda kw’abaturage bari ku murongo.” Tubamenyeshe ko Inkunga y’ibikoresho yatanzwe n’Umuryango udaharanira Inyungu Grassroot Development Organization (GDO), ibarirwa agaciro ka miliyoni 15 Frw.

2020-12-10
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Editorial 16 Oct 2020
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Editorial 30 Aug 2021
Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Editorial 03 Dec 2021
Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Editorial 07 Sep 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Editorial 16 Oct 2020
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Editorial 30 Aug 2021
Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Editorial 03 Dec 2021
Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Editorial 07 Sep 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Editorial 16 Oct 2020
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Editorial 30 Aug 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru