• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Ubwanditsi 30 Dec 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje kenshi ko izakora ibyo isabwa byose, kugirango ishimangire umubano mwiza n’ibihugu byose, cyane cyane ibyo mu karere, harimo n’uBurundi, kuko isanga igihe cyo kuba nyamwigendaho kitakijyanye n’ibihe. Leta y’uBurundi iyobowe n’ishyaka CNDD-FDD yo si ko ibibona. Uyu mwaka usize ikivuga ko nta mubano n’uRwanda ikeneye, igihe cyose ruzaba rutarahambiriza Abarundi baruhungiyemo, ngo Imbonerakure n’Abagumyabanga babakorere ibyo bifuza.

Bijya gutangira Abarundi benshi, biganjemo abatavuga rumwe na Leta ya FDD-CNDD, mu mwaka wa 2013, bagaragaje ko batishimiye ko Petero Nkurunziza yiyamamariza manda ya 3, maze benshi muri bo baricwa, abandi barafungwa, abasigaye bahungira mu bihugu byinshi, birimo n’uRwanda. Byaje guhumira ku mirari muw’2015, ubwo havugwaga umugambi (ngo waburijwemo), wo guhirika ubutegetsi, maze abanyapolitiki n’abasirikari batari abatoni kwa Perezida Nkurunziza, abatarahasize agatwe nabo basanga abandi mu buhungiro.

Aho Perezida Nkurunziza apfiriye agasimburwa n’undi “Mbonerakure”, General Evariste Ndayishimiye, hari abibwiraga ko umubano hagati y’uRwanda n’uBurundi ugiye kuba mwiza,kuko hari abibeshyaga ko Ndayishimiye atari umuhezanguni nka Nkurunziza n’ibindi bikomerezwa bya CNDD-FDD, nka Alain Guillaume Bunyoni, Pascal Nyabenda n’abandi batahwemye kwerekana ko banga uRwanda urunuka. Hari abishukaga ko ibintu bigiye kujya mu buryo impunzi z’abarundi zigasubira iwabo. Nyamara kwari ukwibeshya nyine, kuko ingoma ya CNDD-FDD yahinduye umubyinnyi gusa, naho umurishyo n’abakaraza biguma uko byari bimeze. Akigera ku butegetsi, Evariste Ndayishimiye yahise ashinja uRwanda kuba “igihugu cy’igihendanyi”, kuko cyanze kurekura impunzi ngo zijye mu kaga nk’ako zaje zihunga.
Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umunyamabanga muri Ministeri y’uRwanda y’ Ubuanyi n’Amahanga, Prof Nshuti Manasseh, yavuze ko uRwanda rudashobora kurenga ku mahame n’amategeko mpuzamahanga arengera impunzi, ngo ruzohereze aho zavuye ku ngufu. Prof Nshuti yasobanuye ko izo mpunzi zitabangamiye na mba umutekano w’uBurundi, ko ariko buramutse bubyifuje izo mpunzi zakoherezwa mu kindi gihugu, kure y’umupaka w’uBurundi. Ibyo nabyo Perezida Ndayishimiye n’ ibyegera bye ntibabikozwa, abasesenguzi bakavuga ko ibi ari urwitwazo, ko ahubwo ubutegetsi bw’uBurundi bwifitiye indi migambi rushaka gusohoza, rugendeye ku birego bidafite ishingiro.

Mu Burundi hariyo Abanyarwanda ndetse n’Abarundi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Leta y’uRwanda yakomeje gusaba ko abo bantu baburanishirizwa yo, cyangwa bakoherezwa mu Rwanda kubazwa uruhare rwabo muri iyo Jenoside, ariko Leta y’uBurundi yabyimye amatwi, ahubwo amakuru yizewe akavuga ko hari abashyizwe mu butegetsi no mu gisirikari cy’icyo gihugu. URwanda rwabaye nk’urwirinda gushyira igitutu ku Burundi, hagamijwe mbere na mbere umubano mwiza hagati y’ibihugu by’ibituranyi, nyamara ntibyabujije ko uBurundi bwo bushyigikira imitwe igambiriye guhungabanya umutekano w’uRwanda, nk’uko byerekanwa n’ ibimenyetso simusiga byagaragarijwe isi yose.

Tugarutse ku kibazo cy’impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, twabibutsa ko benshi bahisemo gutaka ku bushake, abakiri muRwanda bakavuga ko bagikurikiranira hafi ibibera mu gihugu cyabo, bakazafata umwanzuro wo gutaha igihe umutimanama wabo uzaba ubibemerera. Si mu Rwanda hari impunzi z’Abarundi gusa, kuko izibarirwa mu bihumbi byinshi zikiri muri n’Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Tanzaniya n’ahandi, ukaba wakwibaza impamvu uRwanda arirwo rushyirwaho igitutu gusa, mu gihe ahubwo hari n’iziri ahandi bivugwa ko zihohoterwa n’abashinzwe umutekano mu bihugu zahungiyemo. Keretse niba rero uRwanda ruzira kuba rudashwiragiza abarusabye indaro.

2020-12-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya

Umwuka ni mwiza, Amavubi agiye gutangira urugendo rwo gusha itike y’igikombe ya Afcon 2025 akina na Libya

Ubwanditsi 03 Sep 2024
Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Umujyanama wa Perezida Museveni bamusanze mu nzu yapfuye

Ubwanditsi 08 Jan 2018
M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth

M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 19 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki  Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Museveni yahishe Gen Mugisha Muntu umugambi wa FPR wo kubohoza U Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yasabye abayituyemo gufatanya kurwanya ibyaha
Mu Mahanga

Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yasabye abayituyemo gufatanya kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 16 Jul 2016
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Ubwanditsi 01 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru