• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bari muri  gahunda yiswe”u Rwanda rwagutwaye iki?” igamije kuvana urwikekwe hagati y’Abanyekongo n’ Abanyarwanda

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bari muri  gahunda yiswe”u Rwanda rwagutwaye iki?” igamije kuvana urwikekwe hagati y’Abanyekongo n’ Abanyarwanda

Ubwanditsi 19 Mar 2021 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubu bukangurambaga bwiswe ”u Rwanda rwagutwaye iki?”( qu’est-ce que le Rwanda t’a fait?) bwatangijwe na“Programme Multisectoriel de Vulgarisation et de Sensibilisation, PMVS”, Ishyirahamwe Mberabyombi rikora Ubukangurambaga mu Nzego Zinyuranye. PMVS igizwe ahanini n’urubyiruko ruharanira kubaka Kongo ivuguruye, igendera ku miyoborere myiza, kandi ibanye neza n’ibindi bihugu byo mu karere.

Ubwo  mu mpera z’icyumweru gishize intumwa zayo zakirwaga na Ambasaderi w’u Rwanda I Kinshasa, Vincent Karega  Umuyobozi wa PMVS, Ludovic KALENGAYI , yatangaje ko mu gutangiza iyi gahunda yo kubaka ubusabane hagati y’Abanyekongo n’Abanyarwanda,ngo bari bamaze kubona ko intambara zibasiye aka karere k’ibiyaga Bigari, cyane cyane Kongo, zakuruye urwikekwe,maze ubuvandimwe hagati y’abaturanyi burahazaharira. Intego rero ngo ni ukumvisha Abanyekongo ko nta kintu na kimwe bakwiye gupfa n’Abanyarwanda, ko ahubwo basangiye byinshi byabateza imbere.

Ubu hirya no hino mu mijyi minini ya RDC harakorwa ibiganiro, haba mu bitangazamakuru, mu matorero n’amadini no mu nama zihuza abantu benshi, byose bigamije kwerekana icyo abanyekongo bapfana kurusha icyo bapfa, Iki gitekerezo cyanashimwe kandi gishyigikirwa n’ubutegetsi bwa Kongo, busanga hageze ngo  ibyo kurebana ay’ingwe hagati y’Abanyekongo n’Abanyarwanda birangire, bagasabwa kwima amatwi abanyapolitiki babi babateranya.

Kuva Interahamwe zatangira guhungira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo muw’1994 na nyuma yaho, ndetse muri icyo gihugu hakagenda harushaho kuba indiri y’imitwe y’iterabwoba igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda, umubaho hagati y’ibi bihugu wabaye mubi cyane, kugeza n’ubwo mu myaka yashize u Rwanda rufata icyemezo cyo kohereza muri Kongo ingabo zo abo bagizi ba nabi, byagaragaraga ko bakingirwa ikibaba na  Perezida Laurent Désiré Kabila, kimwe n’umuhungu we wamusimbuye, Joseph Kabila Kabange.

Ibirego by’ibinyoma byabaye byinshi, bishinja u Rwanda kugirira nabi abaturage ba Kongo. Icyiza ariko ni uko ibyegeranyo byinshi byabaye imfabusa, kuko byagaragaraga ko ari umugambi mubisha wo kwangiza isura y’u Rwanda, bikozwe n’abasanzwe banga u Rwanda n’abayobozi barwo, wagenzura neza ugasanga bafite aho bahuriye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Guteranya u Rwanda na Kongo kandi  ba rusaruriramunduru babifitemo inyungu, ari nabo bakomeje kwenyegeza urwango hagati y’ibihugu by’abavandimwe. Uko ibihe byagiye bisimburana ariko, ukuri kwagiye kwigaragaza, kugeza aho zihinduriye imirishyo muri Kongo, ubutegetsi bukajya mu biganza by’abafite ubushake bwo kubana neza n’abaturanyi. Kuva  aho Perezida Félix Tshisekedi atsindiye amatora y’ Umukuru w’Igihugu, umubano hagati ya Kongo n’uRwanda ukomeje kuba mwiza, ndetse bitera ishyari rikomeye ba bandi bakunda “byacitse”, inzira banyuramo basahura icyo gihugu gikungahaye ku mutungo kamere. Ubu ibihugu byombi birajya inama uko byahashya burundu FDLR/FOCA, FLN n’indi mitwe y’iterabwoba, kandi imaze gushegeshwa bifatika.

Abasesenguzi barasanga ntako bisa kuba hari gahunda zinyuranye zo kubanisha neza u Rwanda na Kongo, bikarushaho gutanga icyizere kuba abaturage babigiramo uruhare. Uretse PMVS ubu iri mu bukangurambaga bwashimwe na benshi, hari haherutse no kuvuka ishyirahamwe ryitiriwe Perezida w’u Rwanda,Paul Kagame, ”Génération Paul Kagame”, rikaba riharanira gushyira mu bikorwa indangagaciro nzima bigiye kuri Perezida Kagame, zirimo ubworoherane, gukorera mu mucyo, kureba kure no kugira intumbero ifatika. Iyi nayo ni gahunda nzima, yerekeza umubano w’ibihugu byombi ahababaza abanzi!

2021-03-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Ubwanditsi 06 Aug 2022
Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Umukino wa Rutsiro na Rayon Sports wasubitswe ndetse n’imikino yose ya shampiyona y’amakipe ahatanira kutajya mu kiciro cya kabiri irasubikwa.

Ubwanditsi 19 Jun 2021
Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwanditsi 09 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Karongi: Abantu 112 bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Karongi: Abantu 112 bahawe ubumenyi ku kwirinda inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 25 Apr 2016
Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege
IMIKINO

Byemejwe ko Umuherwe wa Leicester City yaguye mu mpanuka y’indege

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza
Amakuru

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Ubwanditsi 14 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru