• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 21 May 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nk’uko tubikesha urubuga “médiapart”  rwo mu Bufaransa, abo bajenosideri batatu ni Hyacinthe Bicamumpaka wakoraga kuri Radio-Rwanda akaza kuba umuhezanguni wanga Abatutsi urunuka, Joseph Mushyandi wari umunyamategeko akaza guhinduka umutemyi w’amajosi, na Anasthase Rwabisambuga wari umucuruzi, ari nabyo yakomeje mu Bufara, aho acuruza ibyuma by’imodoka.

Mu nyandiko ifite umutwe ugira uti:”Hutu-pawa iravuza ubuhuha mu Bufaransa”, umunyamakuru Théo Anglebert wa Médiapart avuga ko byamutwaye igihe kini yegeranya ibimenyetso, haba mu nyandiko zisaga 400 yasesenguye, ubuhamya bunyuranye burimo n’ubwatanzwe mu Nkiko Gacaca ndetse no mu zindi manza zirebana na Jenoside yakorewe Abatutsi, ibyegeranyo by’imiryango mpuzamahanga itari iya leta, maze aza gusanga abo bagabo uko ari 3 bagombye gukurikiranwaho uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikibabaje nk’uko umunyamakuru akomeza abivuga, ni uko aho mu Bufaransa hari amagana y’ abicanyi nkaba bidegembya nk’aho ntaho bahuriye n’ubwicanyi bwabaye mu Rwanda, ahubwo ugasanga bari mu mashyirahamwe ahakana akanapfobya Jenoside bagizemo uruhare. Ibi ngo babikora Leta y’uBufaransa ibizi neza ko bagombye kuba barashyikirijwe ubutabera, kuko nk’aba 3 basanzwe ku rutonde rurerure Leta y’u Rwanda yatanze rw’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hyacinthe Bicamumpaka ubu ufite imyaka 65 y’amavuko, amaze kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yahungiye muri Zayire y’icyo gihe, afatanya n’abandi bajenosideri gushinga RDR yaje kuvamo imitwe y’iterabwoba ya ALIR, FDLR, FDU-Inkingi, n’iyindi.

Nyuma yaje guhabwa ubuhungiro mu Bufaransa, ubu akaba atuye mu Mujyi wa Lille, mu majyaruguru y’icyo gihugu. Mu mwaka w’1994, ubwo Letra y’abajenosideri yari ikubiswe inshuro, Bicamumpaka yatangarije ikinyamakuru Jeune Afrique ati: “Dutsinzwe urugamba ariko ntidutsinzwe intambara”. Tuzagaruka.” Aha yashakaga kuvuga ko bazagaruka gusoza umugambi wabo wa Jenoside.

Joseph Mushyandi akomoka mu yahoze ari Komini Masango(ubu ni akarere ka Ruhango), ari naho ibyaha akurikiranyweho yabikoreye kimwe no Mujyi wa Kigali. Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yakomeje kuyihakana,yemeza “ko ubwicanyi bwabaye mu Rwanda bwakozwe na FPR-Inkotanyi”. Ubu ni umurwanashyaka ukomeye wa FDU-Inkingi ya Victoire Ingabire.

Anasthase Rwabizambuga yahinduye amazina ngo ajijishe ubucamanza, ubu akaba asigaye yitwa Rambier Anasthase. Asanzwe ku rutonde rw’abatorotse ubutabera Leta y’u Rwanda yashyizwe ahagaraga kuva mu w’1996. Médiapart yavumbuye inyandiko igaragaza Rwabizambuga ari umwe mu bigeze kuyobora wa mutwe w’abagome wa RDR. Ubu atuye mu gace ka Essonne, aho acuruza ibyuma by’imodoka.

Ngabo rero abajenosideri 3 biyongereye ku bandi benshi bari mu Bufaransa. Amakuru ava muri icyo gihugu ariko aravuga ko kuva aho u Rwanda n’u Bufaransa bigaragarije ubushake bwo kuvugurura umubano, izo nterahamwe-Mpuzamugambi zahiye ubwoba, ndetse zimwe zikaba zatangiye gukwira imishwaro zerekeza mu bindi bihugu birimo u Bubiligi.

Ziribeshya ariko, amaraso arasama, kandi icyaha cya Jenoside ntigisaza. Amaherezo “ubutungane buzabakubita intahe mu gahanga”!

2021-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Ubwanditsi 04 Feb 2025
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

RUSHYASHYA 24 Nov 2025
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zéphanie yasabye Amavubi gukomeza guhesha ishema Igihugu

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zéphanie yasabye Amavubi gukomeza guhesha ishema Igihugu

Ubwanditsi 31 May 2024
Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Umuvugabutumwa Eliane Niyonagira yaburiye urubyiruko rugaragara ku mbuga nkoranyambaga uburyo ibigarasha bikoresha mu kubiyegereza 

Ubwanditsi 13 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia
Mu Rwanda

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Abafaransa niboneye n’amaso yange hariya iwacu iyo batahaba Inkotanyi ziba zarafashe igihugu mbere:Rucagu Boniface
Mu Rwanda

Abafaransa niboneye n’amaso yange hariya iwacu iyo batahaba Inkotanyi ziba zarafashe igihugu mbere:Rucagu Boniface

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo
Mu Rwanda

Nyuma y’ iminsi ine afunzwe Umuhanzikazi Vanessa Mdee yarekuwe byagateganyo

Ubwanditsi 14 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru