• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Nyuma yo gutwara igikombe cya CAF Confederations Cup kuri Raja Cassablanca, buri mukinnyi wayo yemerewe ibihumbi 12 by’amadorali nk’agahimbazamusyi

Editorial 12 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Ikipe ya Raja Cassablanca yo mu gihugu cya Maroc yaraye yegukanye igikombe cya CAF Confederations Cup ya 2021, ni nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya JS Kalbie yo mu gihugu cya Algeria ibitego 2 kuri 1 mu mukino wabereye mu mujyi wa Cotonou mu gihugu cya Benin.

Ni umukino wa nyuma watangiye ikipe ya Raja itangira neza ubwo hari ku munota wa gatanu w’umukino nibwo rutahizamu w’umunya Maroc Soufiane Rahimi yafunguye amazamu y’ikipe ya Kablie, ntibyaje gutinda ko haboneka ikindi gitego cya kabiri cyatsinzwe na rutahizamu ukomoka muri Kongo Kinshasa Ben Malango ubwo hari ku munota wa 14 w’umukino.

Iminota 45 y’igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye Raja iyoboye ku bitego bibiri ku busa.

Bavuye ku ruhuka ku munota wa 46 w’umukino, ikipe ya JS Kablie yabonye igitego kimwe cy’impozamarira cyatsinzwe na Mohammed Zakaria, nyuma y’iminota 15 ubwo hari kuwa 63 ikipe ya Raja yabonye ikarita itukura kuri Omar Arjoune ukina mu kibuga hagati, gusigara ari abakinnyi 10 mu kibuga ntacyo byafashije Kablie kuba yakwegukana itsinzi kuko umukino warangiye kuri bya bitego 2 bya Raja kuri 1 cya Kablie bityo ikipe yari ihagarariye igihugu cya Maroc yegukana igikombe ityo.

Raja Casssablanca yegukanye igikombe cyayo cya kabiri cya CAF Confederations Cup nyuma yaho yaherukaga kwegukana iki gikomebmu mwaka w’imikino wa 2019 ubwo yatwaye iki gikombe itsinze ikipe ya As Vita Club ku giteranyo cy’ibitego 4–3 mu mikino yombi.

CAF Confederations Cup ya 2020-2021 yatangiye gukinwa guhera ku itariki ya 27 Ugushyingo 2020 riza gusubikwa ku ya 19 Gashyantare 2021 kubera koronavirusi yari yibasiye isi, iri rushanwa ryaje komgera gukina ku ya 10 Werurwe 2021 risozwa kuya 10 Nyakanga 2021.

Iri rushanwa ryakinwemo imikino 61 hatsindwamo ibitego 11, kugeza ubu risojwe rutahizamu wa Raja Cassablanca Ben Malango ariwe watsinze ibitego byinshi aho kugeza ubu ayoboye abandi n’ibitego bitandatu.
Nyuma yo kwegukana iri rushanwa, ubuyobozi bwa Raja Cassablanca bwemereye buri mukinnyi agahimbazamusyi kangana n’ibihumbi 12 by’amadorali y’Amerika.

Iyi kipe kandi ikaba itegereje kuzakina umukino uruta iyindi ku mugabane wa Afurika uzwi nka CAF Super Cup izakina n’ikipe izatwara irushwanwa rya CAF Champions League, ni umukino uteganyijwe ku itariki ya 17 Nyakanga 2021 ukazahuza ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri na Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo.

2021-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Editorial 16 May 2024
Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Iradukunda Elsa ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2017

Editorial 26 Feb 2017

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 21 Sep 2021
Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Menya impamvu Perezida Museveni yanze kujya mu nama y’ I Goma, aratinya ideni ry’amamiliyari afitiye RDC, anatinya kubazwa iby’ubushotoranyi akomeje gukorera u Rwanda

Editorial 24 Sep 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi  bw’amabuye y’agaciro butemewe
Mu Mahanga

Polisi iragira inama abaturage kwirinda ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe

Editorial 04 Feb 2016
Ese wemera ko urukundo nyarwo rukibaho? ubuhamya bw’urukundo rwa Manzi
SHOWBIZ

Ese wemera ko urukundo nyarwo rukibaho? ubuhamya bw’urukundo rwa Manzi

Editorial 06 May 2018
Perezida wa Koreya ya Ruguru yarapfuye Imana ikinga akaboko
ITOHOZA

Perezida wa Koreya ya Ruguru yarapfuye Imana ikinga akaboko

Editorial 13 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru