• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa Polisi y’uRwanda, IGP Dan MUNYUZA, muri Malawi rwahahamuye Interahamwe n’ibigarasha biba muri icyo gihugu.

Editorial 27 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 26 Nyakanga 2021, IGP Dan Munyuza yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Malawi, IGP George Kainja.

Nyuma y’ibyo biganiro, Abakuru ba Polisi z’ibihugu byombi batangaje ko biyemeje gushyira mu bikorwa amasezerano Malawi n’uRwanda bifitanye kuva mu mwaka wa 2019, akubiyemo ubufatanye mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka, kimwe n’abagizi ba nabi bihishahisha muri ibyo bihugu ndetse no mu turere biherereyemo.

Mu ruzinduko aherutsemo mu Rwanda mu kwezi gushize, IGP Kainja nawe yatangaje ko Malawi n’uRwanda byahagurukiye guhashya imitwe y’iterabwoba n’abandi bahungabanya umutekano, bibwiraga ko bari kure y’ukuboko k’ubutabera.

Malawi ni kimwe mu bihugu byo muri Afrika y’Amajyepfo bibarizwamo abajenosideri n’ibigarasha byinshi. Abo bagizi ba nabi rero bakimara kumva ko IGP Dan Munyuza ari muri Malawi ubwoba bwabatashye, kuko bumva ikizakurikiraho ari ugutabwa muri yombi, bakaryozwa ibyaha bakoze.

Amakuru yizewe dukesha abatuye muri Malawi, arahamya ko impunzi z’Abanyarwanda ziri muri icyo gihugu zatangiye kwibaza aho zerekeza, ndetse zimwe zikaba ziteganya gusuziza akarago ku mutwe, zigahungira mu bihugu bituranye na Malawi.

Ni ukwibeshya ariko, kuko ibihuju byinshi ubu byamaze kumenya ububi bwo gucumbikira aba bantu.
Uretse abasize bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, muri Malawi, Zambiya, Angola, Mozambike na Afrika y’Epfo hanatuye abayoboke benshi ba wa mutwe w’iterabwoba wa RNC, abicanyi bashyigikiye FDLR n’utundi dutsiko tw’abagizi ba nabi.

Abenshi banakorerayo ubucuruzi bukomeye, ari naho bakomora umutungo wo gukomeza ibikorwa by’iterabwoba. Abo rero nibo bahiye ubwoba, kandi impungenge zabo zifite ishingiro kuko Malawi ivuga ko itakihanganiye kuba indiri y’abagome.

Umuvumo wa Gahini wabuze amajyo amaze kwica mwene se Abeli, ni nawo ugikurikirana abahekuye uRwanda n’abarugambanira. Mu minsi ishize, ubwo uRwanda rwoherezaga ingabo n’abapolisi muri Mozambike, abajenosideri n’ibigarasha byaradagazwe, ndetse amakuru akavuga ko hari abatarasohoka mu nzu kuva umunsi abashinzwe umutekano bo mu Rwanda bahagera.

Turakomeza gukurikirikirana iby’izo nzererezi, kandi imyobo zizapfundamo imitwe hose ubutabera buzahazitahura.

2021-07-27
Editorial

IZINDI NKURU

APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

Editorial 29 Oct 2023
Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Editorial 26 Apr 2019
Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Editorial 23 Aug 2022
Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Editorial 14 Mar 2016
APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

Editorial 29 Oct 2023
Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Editorial 26 Apr 2019
Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Amafoto – Tuyisenge Arsène wa Rayon Sports yongerewe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina na Ethiopia mu gushaka itike yo gukina CHAN2023

Editorial 23 Aug 2022
Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Editorial 14 Mar 2016
APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

APR FC na Rayon Sports zaguye miswi ya 0-0 mu mukino w’umunsi wa 9 – Uko imikino yose yarangiye

Editorial 29 Oct 2023
Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Icyo Perezida Kagame avuga ku gutuka cyangwa gusebya Umukuru w’Igihugu

Editorial 26 Apr 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru