• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Basabose Filipo uyoboye igikorwa cyo gucamo ibice abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’u Rwanda ni muntu ki?

Ubwanditsi 01 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Basabose Filipo avuka mu yahoze ari komini Nshili ku Gikongoro ubu ni mu Karere ka Nyaruguru hafi y’ishuri rya Groupe Scolaire y’i Runyombyi aho bakunda kwita I Santos. Yize amashuri yisumbuye mu Iseminari nto ya Karubanda. Arangije amashuri yakoze iwabo muri Komini Nshili ari uwungirije bourgmestre wa Nshili witwaga Murasandonyi Filipo wayoboye iyo Komini kuva 1962.

Nyuma yakomereje Kaminuza I Nyakinama. Jenoside yakorewe abatutsi iba muri 1994 niho yigaga. Inkotanyi nizo zamurokoye zimuha amahirwe yo guhita akomeza Kaminuza I Butare muri 1995 aninjira mu ngabo z’u Rwanda. Arangije Kaminuza yakoze muri Air Forces i Kanombe aza no guhabwa amahirwe yo kujya gukomeza icyiciro cya 3 cya Kaminuza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yishyurirwa na Leta y’u Rwanda. Nyuma yagarutse mu Rwanda aza gutoroka igihugu acika igisilikare agiye gushaka ubuhunzi muri Canada. Nubwo yagiye muri ubwo buryo ntabwo u Rwanda rwigeze rumukurikirana.

Ikimenyimenyi muri 2011 yagarutse mu Rwanda nta nkomyi anatanga ikiganiro muri colloque yabereye muri Hotel SERENA yabanjirije kwibuka ku nshuro ya 17 jenoside yakorewe Abatutsi. Filipo Basabose yahisemo kuba ku isonga ry’abasebya ubuyobozi bw’u Rwanda afatanyije n’abandi bahisemo iyo nzira barimo ikigarasha Charlotte Mukankusi ufitanye isano n’umugore wa Basabose Filipo kuko Mukankusi ari nyina wabo w’umugore wa Basabose. Umuhungu w’imfura wa Basabose ubu ni umusilikare mu ngabo za Canada.

Filipo Basabose yagiye yirukanwa mu mashyirahamwe y’abacitse ku icumu kubera imiterere ye yo kubangamira ibikorwa bya Leta byo guteza imbere abacitse ku icumu no gusebya ubuyobozi bw’igihugu bwahagaritse jenoside yakorewe abatutsi.

Ni muri urwi rwego muri 2018 yirukanywe mu ishyirahamwe rya IBUKA Actions URUGEMWE rihuje bamwe mu bacitse ku icumu rya jenoside bari ku migabane yose yo ku isi. Kuva muri 2019 Filipo Basabose yayoboye ibikorwa bibi byo kubangamira kwibuka jenoside yakorewe abatutsi no kwandika inyandiko zisebya ubuyobozi bw’igihugu.

Ikigaragara nuko Basabose icyo ashaka ari ugukomeza gahunda y’ibigarasha, gusebya ubuyobozi bw’igihugu no gucamo ibice abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi. Abacitse ku icumu nibashishoze bitandukanye n’iyo migambi mibi ya Filipo Basabose n’agatsiko bafatanyije.

Abenshi mu bagize agatsiko gafatanya na Filipo Basabose baba muri Canada kagizwe n’aba bakurikira: Etienne Masozera, Gallican Gasana, Tabitha Gwiza, Philbert Muzima, Dada Gasirabo, Clarisse Kayisire Mukundente, Hosea Niyibizi, Jacqueline Cyamuzima, Simeon Ndwaniye, Abijuru Abel, Emerence Kayijuka, Nkubana Louis, Ntagara Jean Paul, Utamuliza Eugénie.

Hakiyongeraho ababa muri Amerika bakuriwe na Albert Gasake hakabamo Innocent Sendashonga, Richard Niwenshuti, Samuel Masabo, Israel Ntaganzwa, Musabyimana Jean de Dieu na Jovin Bayingana n’abo mu Bubiligi barimo: Angélique Rutayisire, Donata Uwanyiligira, John Nkaka, Emelyne Munanayire, Gaspard Gahondogo, Benjamin Rutabana, Mukarugagi Matiboli Alvera, Mukeshimana Seraphine, Murebwayire Agnès, Uwibambe Léontine, mbena rimwe hakajyamo na Miheto Ndorimana Tatien.

Bunganirwa n’abari mu Buholandi bagizwe na Louis Rugambage, Espérance Mukashema n’umugabo we Sisi Evariste baherutse gupfa, Teddy Umurerwa na Rugambwa Teddy bo mu Bwongereza, Prosper Bamara wo muri Sénégal.

Muri Espagne hari Bizumuremyi Bonaventure na Murwanashyaka Théogène musaza wa Espérance Mukashema bakaba abana ba Mukulira ku Muhima. N’abandi.

2021-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

RUSHYASHYA 25 Mar 2026
“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila

“Ubwanwa bwanjye ni ukwivumbagatanya k’umutwe w’inyeshyamba”- Kabila

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Ubwanditsi 08 Feb 2021
Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Australia iranze ibaye indiri y’abajenosideri n’abambari babo.

Ubwanditsi 05 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko isomwa ry’urubanza rwa  Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi  ikizava mu isomerwa
Amakuru

Uko isomwa ry’urubanza rwa Paul Rusesabagina rigenda ryegereza, niko ubwoba burushaho gutaha abamushyigikiye, Barashinja ubutabera bw’u Rwanda kubogama, nk’aho bazi ikizava mu isomerwa

Ubwanditsi 01 Sep 2021
Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.
Amakuru

Nyuma yaho umuhanzikazi Queen Cha asezereye muri The Mane, Marina nawe yanditse ibaruwa isezera muri iyo nzu ifasha abahanzi iyoborwa na Bad Rama.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Irimbuka rya CNRD/FLN ya Calixte Sankara, Rusesabagina na Twagiramungu
INKURU NYAMUKURU

Irimbuka rya CNRD/FLN ya Calixte Sankara, Rusesabagina na Twagiramungu

Ubwanditsi 17 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru