• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga muri Mozambike

Ubwanditsi 09 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’aho icyambu cya Mocimboa Da Paraia kigaruriwe n’ingabo za Mozambike zifatanyije n’iz’u Rwanda, amahanga akomeje kuvuga imyato RDF kubera umurava n’ubuzobere bukomeje kuyiranga.

Amakuru akomeje kuvugwa ku isi yose kuva muri izi mpera z’icyumweru, ni ajyanye n’ubutwari ndetse n’ubunyamwuga bwaranze ingabo z’u Rwanda (RDF) zafatanyije n’iza Mozambike, maze mu gihe gito zikigarurira icyambu cya Mocimboa Da Praia, cyari kimaze imyaka isaga 4 kiri mu maboko y’umutwe urwanya ubutegetsi bwa Mozambike.

Iki cyambu cya Mocimboa Da Praia giherereye mu majyaruguru ya Mozambike ni nacyo cyarasiwemo isasu rya mbere ry’uyu mutwe w’inyeshyamba, hari mu mwaka wa 2017, ndetse kuva umwaka ushize kikaba ari cyo cyari icyicaro gikuru cy’uwo mutwe.

Ifatwa rya Mocimboa Da Praia ryashimangiwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Col Ronald Rwivanga, wabwiye itangazamakuru ko Mocimboa da Praia byari ibirindiro bya mbere bikomeye by’umutwe urwanya ubutegetsi muri Mozambike, bikaba byigaruriwe bivuye ku murava, ubuhanga n’ubunyamwuga mu by’intambara byararanze Ingabo z’uRwanda zifatanyije n’iza Leta ya Mozambike.

Col Rwivanga kandi yavuze ko nta bindi birindiro bikomeye umwanzi asigaranye, akazi RDF n’ingabo za Mozambike bakurikijeho kakaba ari ako guhumbahumba inyeshyamba zaba zikihishashishahirya no hino, mbere yo gushishikariza abaturage gusubira mu byabo. Ikindi kizakurikiraho nk’uko Umuvugizi w’Ingabo z’uRwanda abisobanura, ni ukubaka ubushobozi bw’inzego z’umutekano za Mozambike, kugirango umwanzi atazongera guhungabaya umutekano muri Cabo Delgado ukundi.

Nyuma y’aya makuru isi yose iravuga imyato ingabo za RDF, dore ko kwigarurira Mocimboa Da Praia ndetse n’utundi duce two mu ntara ya Cabo Delgado bibaye mu gihe kitageze ku kwezi, uRwanda rwoherejeyo abasirikari n’abapolisi 1000 gusa.

Uretse iki gikorwa cyo kwirukana izi nyeshyamba zari zarigize “akarahakajyahe” mu duce twinshi two mu ntara ya Cabo Delgado , u Rwanda rwanashimiwe ubushake bwo gutabara aho rukomeye, hagamijwe kugarura amahoro n’umutekano mu bihugu byugarijwe n’intambara.

Urugero ni aha muri Mozambike, aho ibihugu byo mu muryango wa SADC, na Mozambike irimo, byakomeje kuzarira mu gutabara abaturage b’iki gihugu bicwaga buri munsi, abandi bakava mu byabo.

Byabaye ngombwa ko Perezida Filipe Nyusi yiyambaza Ingabo z’u Rwanda, nazo zimwumva bwangu, kikaba kibaye ikimenyetso ko ubufatanye bw’Abanyafurika ubwabo bushobora kurangiza ibibazo by’ingutu.

2021-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakuru y’ingenzi ya Polisi y’u Rwanda yaranze icyumweru gishize

Amakuru y’ingenzi ya Polisi y’u Rwanda yaranze icyumweru gishize

Ubwanditsi 06 Feb 2017
Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Aug 2022
Ababyeyi b’abasore  bivugwako  bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Ababyeyi b’abasore bivugwako bajyanywe i Wawa barakeka ko abana babo baba batakiriho

Ubwanditsi 25 Aug 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Natnael Tesfatsion yegukanye Tour du Rwanda 2020
IMIKINO

Natnael Tesfatsion yegukanye Tour du Rwanda 2020

Ubwanditsi 01 Mar 2020
Iyi foto ya Bihozagara bivugwa ko yafashwe isaha 1 n’igice mbere y’uko apfa!
Mu Rwanda

Iyi foto ya Bihozagara bivugwa ko yafashwe isaha 1 n’igice mbere y’uko apfa!

Ubwanditsi 07 Apr 2016
Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.
Amakuru

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru