• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Ubwanditsi 29 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abdu Nour Nsanzamahoro

Nyuma y’uko muri Nzeri 2019 Kayumba Nyamwasa ashinjwe kwicisha Ben Rutabana babanaga mu mutwe w’iterabwoba wa RNC, uyu mugabo yararuciye ararumira, n’ubwo byakomeje gushimangirwa n’abantu benshi, barimo mushiki wa Rutabana ariwe Adeline Mukamugemanyi, n’ubu wemeza ko musaza we yarigishijwe ku kagambane ka Kayumba Nyamwasa.

Muri iyi minsi bwo haravugwa iyicwa rya Abdu Nour Nsanzamahoro, wari uhagarariye RNC muri Noth Western Cape, muri Afrika y’ Epfo, ariko mbere yo gupfa akaba yari yaritandukanyije na Kayumba Nyamwasa.

Charlotte Mukankusi nyamara uzwiho kuba inkoramutima ya Kayumba Nyamwasa, ndetse amakuru yizewe agahamwa ko ari inshoreke ye, niwe wamuvuyemo, anavuga ko yashenguwe n’urupfu rwa Abdu Nour Nzanzamahoro wishwe arashwe muri Kanama uyu mwaka.

Abdul Seif Bamporiki

Mbere ya Nsanzamahoro kandi hari hishwe uwitwa Abdul Seif Bamporiki wahoze ari umuyoboke wa RNC, akaba yarasiwe Cape Town muri Gashyantare uyu mwaka. Kayumba Nyamwasa yashyizwe mu majwi cyane, ashinjwa kwicisha Seif Bamporiki, dore ko bari batagicana uwaka.

Kayumba Nyamwasa ntagoheka iyo hari umugaragarije ko batakivuga rumwe. Muri Gicurasi 2019 yivuganye uwitwa Casimir Nkurunziza wari uherutse kuva muri RNC ajyanye na Nsabimana Callixte”Sankara”, bakajya gushinga undi mutwe. Yamuteje abambaye imyeda ya polisi y’Afrika y’Epfo, kugirango urupfu rwa Casimir Nkurunziza ruzitirirwe abapolisi bo muri icyo gihugu.

Mu bandi Kayumba Nyamwasa yambuye ubuzima, harimo Gabriel Heritis Kanyangoga babeshye ko yishwe na Covid-19 kandi yarahawe uburozi, hakaba na Mukarugwiza Petronille bakundaga kwita”Mama Bonheur”.

Aba tuvuze ni bake ku rutonde rurerure rw’abo icyihebe Kayumba Nyamwasa amaze kwirenza. Abo bose abaziza kuvumbura no kwamagana ubujura bwe, aho akusanya imfashanyo abeshya ngo mu gihe cya vuba arakuraho ubutegetsi bw’uRwanda, yamara kurigwiza akayashora mu bikorwa by’ubushabitsi bwe.

Mu rubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo baregwana barimo na Nsabimana “Sankara”, yasobanuye uburyo Kayumba Nyamwasa yakusanyije imfashanyo isaga miliyoni n’igice y’amadolari, yarangiza akiguriramo rukururana 8 zo mu bwoko bwa”Actros”, ubu zikaba zikora ubucuruzi mu bihugu byo mu majyepfo y’Afrika.

Uko iminsi ishira ariko abayoboke ba RNC baragenda bayipakurura nyuma yo gutahura ubuhemu bukabije bwa Kayumba Nyamwasa, kuko bamaze kumenya ko ashaka kwiyubakira paradizo abikesha inkunga avana hirya no hino mu mpunzi, ubyamaganye akahasiga ubuzima.

Abakimuri inyuma rero namwe murarye muri menge, kuko umunsi muzavuga amabi ye ntimuzarara. Kayumba Nyamwasa si ikirura cy’inda nini gusa, ahubwo ni n’umwicanyi kabuhariwe.

2021-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi

Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Ubwanditsi 17 Feb 2022
Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi yageze muri Senegal aho yitegura gukina umunsi wa kabiri wa AFCON2023, REG VC na APR WVC zegukanye GMT 2022 – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo
Amakuru

Amavubi yageze muri Senegal aho yitegura gukina umunsi wa kabiri wa AFCON2023, REG VC na APR WVC zegukanye GMT 2022 – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 06 Jun 2022
Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi
INKURU NYAMUKURU

Ruhango: Umukozi w’akarere yatawe muri yombi ashinjwa ruswa mu itangwa ry’akazi

Ubwanditsi 14 Apr 2018
U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano
IMIKINO

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru