• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Umunsi wa mbere wa shampiyona y’u Rwanda umwaka wa 2021-2022 wabonetsemo ibitego 16, umukino umwe niwo wabuzeho igitego, Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 01 Nov 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu mupira w’amaguru yatangiye mu mpera z’iki cyumweru dusoje mu mwaka w’imikino 2021-2022, ni umunsi warangiye amakipe 16 yakinnyemo imikino 8 abonye ibitego 16 yose hamwe.

Uko imikino yagenze muri rusange:

Ikipe ya Rayon Sports izwiho kugira abafana benshi

Kuwa gatandatu 30 Ukwakira 2021:
Espoir FC 0-2 AS Kigali (Kamarampaka )
Marine FC 0-1 Gasogi United (Umuganda)
Rayon Sports FC 1-0 Mukura VS&L (Nyamirambo)
Kiyovu SC 1-0 Gorilla FC (Nyamirambo)

Ku cyumweru 31 Ukwakira 2021
APR FC 3-1 Gicumbi FC (Nyamirambo)
Etoile de l’Est 0-3 Police FC (Ngoma)
Etincelles FC 0-0 Rutsiro FC (Umuganda)
Musanze FC 3-1 Bugesera FC (Ubworoherane )

Ku munsi wa mbere wa shampiyona ni uko umunya-Maroc Youssef Rharb ukinira ikipe ya Rayon Sports ariwe watsinze igitego cya mbere muri uyu mwaka aho yagitsinze mu mukino bakinaga n’ikipe ya Mukura VS&L, ni igitego cyabonetse ku munota wa kane.

Umukinnyi mukuru muri iyi shampiyona y’uyu mwaka ni Munyakazi Youssuf ukinira ikipe ya Rutsiro FC, kugeza ubu uyu afite imyaka 41 y’amavuko, ni mu gihe kandi umukinnyi muto ari umukinnyi w’ikipe ya Bugesera FC ari Hoziana Kennedy w’imyaka 16 naho umunyezamu wa Gorilla FC, Ndoli Jean Claude we arimo gukina umwaka w’imikino wa 18 mu kiciro cya mbere mu Rwanda.

Amakipe yazamutse mu kiciro cya mbere ni Etoile de l’Est yo mu karere ka Ngoma mu ntara y’i Burasizuba na Gicumbi FC yo mu karere ka Gicumbi mu ntara y’amajyaruguru y’u Rwanda.

Mu makipe 16 y’ikiciro cya mbere arimo gutozwa n’abatoza b’abanyarwanda ni Marines FC, Etincelles FC, Rutsiro FC, Gicumbi FC, Etoile de l’Est, AS Kigali, Mukura VS &L, Bugesera FC na Espoir FC.

Bugesera FC ikipe yo mu Karere ka Bugesera
Musanze FC nayo ni ikipe ibarizwa I Musanze

Umukino umwe wagaragayemo ibitego byinshi ni uwahuje APR FC yatsinze Gicumbi ibitego bitatu kuri kimwe ndetse na Musanze FC yatsinze ibitego nkibyo Bugesera FC, uwabonetsemo ibitego bike ni uwahuje Etincelles FC yanganyije na Rutsiro ubusa ku busa.

Etoile de l’Est FC, Gicumbi FC na Bugesera FC niyo makipe yatsinzwe ibitego byinshi mu izamu ryayo aho hinjiyemo ibitego 3, ikipe itinjije igitego ni Etincelles FC, Rutsiro FC, Etoile de l’Est FC, Mukura VS&L , Marines FC, Espoir FC na Gorilla FC.

Ikipe ya Police FC niyo kipe yatsinze ibitego byinshi mu izamu ry’ikipe ndetse yo ntiyinjizwa igitego na kimwe, hari mu mukino yatsinzemo Etoile de l’Est ibitego bitatu ku busa aha kandi niyo kipe yatsinze ibitego byinshi mu minota 45 aho yatsinzemo bibiri.

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza kuri uyu wa kabiri ndetse no ku wa gatatu hakinwa umunsi wa kabiri mu kiciro cya mbere.

Iyi mikino kandi yose ikaba yarakinwe abafana bemerewe kuyireba, ni nyuma yaho baherukaga ku bibuga muri Werurwe 2020 kubera icyorezo cya Koronavirusi, kugirango bemererwe gukurikirana shampiyona nuko babanzaga kwerekana ko bipimishije Koronavirusi ndetse bakagaragaza ko nta bwandu bafite ndetse no kuba barakingiwe inkingo zombi zayo.

Imikino y’ikiciro cya kabiri nayo mu bagabo mu mwaka w’imikino wa 2021-2022 batangiye gukina mu mpera z’iki cyumweru gisojwe.

Uko imikino yagenze:
Group A
Rwamagana City 2-1 Amagaju FC
Esperance SK 2-2 Impessa FC
Nyanza FC 0-1 Alpha FC
Nyagatare FC 7-1 AkageraFC
Rugende FC 1-2 Sunrise FC

Group B:
Aspor FC 3-1 Interforce FC
University of Rwanda 2-3 Giticyinyoni
Heroes FC 1-1 La Jeunesse
Gasabo United 2-1 United stars
As Muhanga 3-2 Intare FC

2021-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
Rayon Sports isezereye Police FC igera muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro aho izahura na Mukura VS

Rayon Sports isezereye Police FC igera muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro aho izahura na Mukura VS

Ubwanditsi 03 May 2023
Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 11 barimo intumwa ya Papa Francis

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi 11 barimo intumwa ya Papa Francis

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside
ITOHOZA

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)
INKURU NYAMUKURU

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka
Mu Rwanda

Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda bwamurikiwe ibyagezweho mu mikino uyu mwaka

Ubwanditsi 12 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru