• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubwanditsi 16 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa kabiri tariki 16 Ugushyingo 2021, mu murwa mukuru wa Uganda, Kampala, hongeye guturikira ibisasu, bihitana abapolisi 2, abandi baturage benshi barakomereka.

Ibi bije nyuma y’ibindi bisasu byaturikiye ahantu hanyuranye mu mpera z’ukwezi gushize, nabyo byahitanye abantu, abatari bake birabakomeretsa.

Kuri izi nshuro zose ubutegetsi bwa Uganda bushinja umutwe wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, kuba ariwo utega ibyo bisasu, wifashishije abo ubwo butegetsi bwita”ingurube”, bushaka kuvuga abatavuga rumwe nabwo.

Nyamara abasesenguzi bamaze gutahura ko iyi ari ikinamico. Bagaragaza ko Leta ya Uganda ariyo itega ibyo bisasu, hagamijwe gushaka urwitwazo kugirango ishobore kwinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, ibeshya ko ikurikiranyeyo uwo mutwe w’iterabwoba. Iperereza ry’imiryango itari iya Leta ryagaragaje ko iyo ADF ikorana ubucuruzi n’ibyegera bya Perezida Yoweri K. Museveni, birimo murumuna we Salim Saleh.

Amafaranga akoreshwa muri ubwo bucuruzi anyuzwa mu mabanki y’i Kampala inkoramutima za Perezida Museveni zifitemo imigabane. Kereka rero niba ADF itega ibyo bisasu ibisabwe n’ubutegetsi bw’i Kampala, nk’umufatanyabikorwa wabwo mu mahano yose.

Ikindi kivugwa n’abazi neza amayeri ya Museveni n’ibyegera bye , ni uko ibi bisasu byaba bitegwa n’ubutegetsi, kugirango bwikize abatavuga rumwe nabwo, dore ko n’ubu hari abayoboke ba Bobi Wine bafunze, bakurikiranyweho ibikorwa byo guhungabanya umutekano.

Umwe mu badacana uwaka na Perezida Museveni, Dr Kyiiza K. Besigye, nawe aherutse gutangaza ko hari urujijo mu itegwa ry’ibi bisasu muri Kampala n’ahandi, anagaragaza ko bitakumvikana ukuntu ADF ifitanye ubushuti n’agatsiko kari ku butegetsi, yava mu birindiro byayo biri mu bilometero amagana, ikaza gutega ibisasu muri Kampala, ntihagire n’umuntu wayo n’umwe ufatwa.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka, Perezida Museveni yahuye na mugenzi we wa Kongo, Félix Tshisekedi, amusaba ko yakohereza ingabo muri Kongo, ndetse anabeshya Perezida Tshisekedi ko azubaka imihanda muri Kongo. Perezida Tshisekedi yimye agaciro ayo mareshyamugeni, ahakanira Museveni.

Tariki 02 Nzeri uyu mwaka, Perezida Museveni yahamagaje abahagarariye ibihugu byabo muri Uganda, abasaba kumufasha gushyira igitutu kuri Perezida Tshisekedi akemera ko ingabo za Uganda zijya mu gihugu cye, ariko kugeza ubu byarananiranye, ari nayo mpamvu ashakisha uburyo bwose bwatuma ajyayo ku ngufu.

Guhatanira kohereza ingabo muri Kongo, Museveni abishakira ibintu nka bibiri. Kimwe ni ukujya gusahura umutungo kamere w’icyo gihugu afatanyije n’imitwe abeshya ko azaba agiye kurwanya. Ikindi ni ugukoresha ubutaka bw’icyo gihugu ngo ahungabanye umutekano w’u Rwanda, dore ko mu burasirazuba bwa Kongo hasanzweyo imitwe y’iterabwoba ihora irota gutera u Rwanda.

Imwe muri yo ni FDLR, abarwanyi ba RNC ya Kayumba Nyamwasa, n’indi isanzwe ifashwa na Uganda. Imyaka ibaye myinshi Perezida Museveni acura imigambi mibisha yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda, kandi ntiyabigezeho. N’ubu rero amayeri arimo yaratahuwe. Nakomeze ibisasu byica abaturage ashinzwe kurinda, kandi umunsi uzagera babimuryoze.

2021-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nsabimana Callixte yabivuze byose, ubufatanye na MRCD na PDR Ihumure ya Rusesabagina wemeye miliyoni y’amadorali yo gutangiza urugamba

Nsabimana Callixte yabivuze byose, ubufatanye na MRCD na PDR Ihumure ya Rusesabagina wemeye miliyoni y’amadorali yo gutangiza urugamba

Ubwanditsi 29 Jan 2020
Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022
Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Ubwanditsi 22 Oct 2018
Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Perezida w’ishyirahamwe nyarwanda ry’umukino wa Karate, Uwayo Théogène niwe mukandida rukumbi wemejwe ku mwanya wo kuyobora komite Olempike y’u Rwanda.

Ubwanditsi 01 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko iterambere ry’ubuhinzi muri Afurika rizazanwa n’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Kirumira uheruka gusezera mu gipolisi yarashwe arapfa

Ubwanditsi 09 Sep 2018
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru