• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

“Ndaburira abemera gushukwa n’ibisambo nka Kayumba Nyamwasa, bakajya mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo ibagezaho”.-Umucuruzi Ndagijimana Benjamin

Ubwanditsi 11 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu kiganiro kirekire yagiranye na Rushyashya, i Kigali kuri uyu wa kabiri tariki 11 Mutarama 2022, umusaza Ndagijimana Benjamin uzwi cyane ku izina rya ”Ndagije” yibanze ku Banyarwanda bari mu buyobe, bashorwamo n’abamamyi nka Kayumba Nyamwasa, bashaka kubambura utwabo, maze izo “ndangare” zikisanga mu mitwe y’iterabwoba itazagira icyo igeraho.

Bwana Ndagije ukorera ubucuruzi muri Mozambike, yahishuye uburyo asanga umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwigomeka ku butegetsi yarawutangiye akiri no mu Ngabo z’u Rwanda, kuko yashakishaga abacuruzi bafite amafaranga, akabateranya n’Igihugu, agamije kuzabakoresha muri uwo mugambi we, igihe kigeze.

Ndagije yasobanuye uko ajya kuva mu Rwanda mu mwaka w’1994, Jenoside yakorewe Abatutsi ikimara guhagarikwa, Kayumba Nyamwasa ariwe wamushishikarije kujyana ubucuruzi bwe muri Kenya, ngo kuko mu Rwanda atashoboraga gukorera mu bwisanzure n’umutekano. Ibi ngo byeretse Ndagije ko Kayumba Nyamwasa ari umugambanyi udakunda Igihugu, akaba umuntu uhorana irari ry’ibintu.

Ndagije yumviye Kayumba Nyamwasa ajya muri Kenya, ariko imishinga ye ntiyagenda nk’uko yabiteganyaga. Yaje kwimurira imirimo ye muri Mozambike, bihurirana n’uko mukuru we Safari Stanley (wabaye umudepite n’umusenateri muri Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yaje gutoroka inkiko gacaca) ahungiye muri Afrika y’Epfo.

Aho muri Afrika y’Epfo niho Safari Stanley yahuriye n’ibigarasha birimo Kayumba Nyamwasa, maze Safari yongera guhuza murumuna we Ndagijimana Benjamin na Kayumba Nyamwasa, baherukanaga amuyobya akajya gukorera muri Kenya. Bombi bamushishikarije kujya muri RNC ndetse banamusaba amafaranga, kuko bari bayamuziho. Ndagijimana Benjamin ”Ndagije” avuga ko yanahuye na Ben Rutabana wari woherejwe i Maputo gushaka imfashanyo ya RNC, amwemerera inkunga y’ ibihumbi (3.000) by’amadolari, ariko byo kubikiza kuko ngo atigeze ayabaha.

Ku kibazo cyo kumenya impamvu yamuteye kudatanga umusanzu yari yemereye RNC no kuyibera umuyoboke, Ndagijimana Benjamin avuga ko umutimanama wari wamaze kumwereka ko Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke, karimo muramu we Frank Ntwari, ari abamamyi bagenda basaruza amafaranga mu Banyarwanda baba mu mahanga, babeshya ko bagiye gufata ubutegetsi mu Rwanda, nyamara ngo wareba umurongo wabo wa politiki ugasanga utagira epfo na ruguru.

Yaduhaye urugero rwa mukuru we Safari Stanley ngo uhubuka mu byemezo bye byose, ku buryo kujya mu mutwe wa politiki arimo ari ukuyoba cyane.
Twifuje kandi kumenya impamvu hari abemera ibinyoma bya Nyamwasa n’ubwo ari mbarwa, maze Ndagijimana Benjamin adusubiza ko biterwa n’amakuru make baba bafite ku Rwanda, hakiyongeraho ko abenshi banafite ibyaha basize bakoze mu Rwanda, kujya mu mitwe ya politiki bikababera nk’agakingirizo kabarinda ubutabera.

Bwana “Ndagije” waherukaga mu Rwanda muw’1998, avuga ko yatangajwe kandi yishimira intambwe u Rwanda rwateye mu nzego zose, zirimo umutekano, ubumwe bw’Abanyarwanda, ibikorwaremezo n’imibereho myiza, dore ko yanasuye uduce tunyuranye agamije kwishirira amazeze.

Yiyemeje gukangurira Abanyarwanda baba mu mahanga kwima amatwi ababashuka, ahubwo bakavugurura isano n’igihango bafitanye n’Igihugu cyabo.

Ndagijimana Benjamin ni umucuruzi ufite izina kuva kera haba mu Rwanda, Kenya, Mozambike n’ahandi yagiye agira ibikorwa. Mu byo yicuza harimo kuba amaze iyi myaka yose akorera mu mahanga, nyirabayazana ari Kayumba Nyamwasa wamugiye mu matwi muw’1994, akamwoshya kuva mu Gihugu,kandi mu by’ukuri ntacyo yikangaga.

Mu gusoza ikiganiro na Rushyashya Ndagijimana Benjamin ”Ndagije” yavuze ko agiye kongera ibikorwa bye mu Rwanda, kandi agashishikariza n’abandi gushora imari yabo mu Rwanda, aho kuyitagaguza mu bifu bya ba Kayumba Nyamwasa, babeshya ngo barakora politiki kandi ari uburyo bwo kwibonera amaramuko.

2022-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Uganda yanze ko intumwa za LONI zivugana na Minisitiri Philemon Mateke ku kibazo cyo gushyigikira imitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda, akanavugwa mu bitero byo mu Kinigi

Ubwanditsi 14 Dec 2019
Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Abapolisi 25 bashoje amahugurwa yo kwigisha kurinda abayobozi n’abandi banyacyubahiro

Ubwanditsi 02 Jul 2017
Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Patmos izakugeza hose no mu ijuru rya Yesu -Prophet Bosco

Ubwanditsi 15 May 2018
Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ese inzego z’iperereza za Uganda zaba zigendera ku byifuzo bya RNC mu guta Abanyarwanda muri yombi?

Ubwanditsi 21 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi
ITOHOZA

Kayumba Nyamwasa arashinja Rudasingwa amarozi

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe
ITOHOZA

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Ubwanditsi 23 May 2017
Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi
Mu Rwanda

Muri EAC Tanzania na Uganda nibyo bihugu bitigeze bipfusha umuperezida akiri ku butegetsi

Ubwanditsi 28 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru